Ikipe ya AS Kigali igeze ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-1 kuri iki cyumweru.
Umutoza w’ikipe y’igihugu (Amavubi), Stephen Constantine yarangije gushyira hanze lisiti y’abakinnyi 25 bagomba guhurizwa hamwe hitegurwa umukino wa gicuti iyi kipe ifitanye n’u Burundi i Kigali tariki ya 20/12/2014.
Ibitego bya Mugiraneza Jean Baptiste Migi na Sekamana Maxime byatumye ikipe y’Amagaju itakaza umukino wayo wa mbere mu rugo muri shampiyona y’uyu mwaka maze biha ikipe ya APR FC gukomeza kuba iya mbere ku rutonde rw’agateganyo.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports butangaza ko nta kintu izi ku makuru amaze iminsi avugwa ko abakinnyi bayo babiri Nizigiyimana Karim Makenzi na Sibomana Abuba bashobora kwerekeza mu ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya.
Imikino yo ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 10/12/2014 yasize hamenyekanye amakipe 16 azakina 1/8 cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’u Burayi (UEFA Champions League).
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 11/12/2014 bari bwitabe ku cyicaro cy’ikigo cy’igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka aho bitari byamenyekana impamvu ya nyayo yo gutumizwa.
Inzobere iturutse ku mugabane wa Afurika izasura sitade ya Muhanga kuwa gatanu tariki 12/12/2014 mu rwego rwo kureba ko yujuje ibisabwa kugira ngo yakire imikino nyafurika y’umwaka utaha.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ryemeje ko umunyarwanda Théogene Ndagijimana azasifura imikino yanyuma y’Igikombe cy’Afurika izabera mu gihugu cya Guinée Equatorial kuva tariki 17/01/2015 kugeza tariki ya 08/02/2015.
Imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi isoza amatsinda isize ikipe ya Liverpool isezerewe rugikubita, mu gihe Cristiano Ronaldo adashoboye gukuraho umuhigo wa Messi.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda Milutin Sredojevic Micho atangaza ko agifite byinshi byo gukorera iyo kipe yitwa Imisambi atoza, nubwo benshi bari batangiye gutangaza ko ashobora gusezererwa.
Abakinnyi babiri ba Rayon Sports Nizigiyimana Karim Makenzi na Fuade Ndayisenga ntabwo batoranyijwe mu ikipe y’igihugu y’u Burundi iri bwerekeze muri Tanzania kuri uyu wa mbere mu mukino wa gicuti na Taifa Stars.
Umutoza w’ikipe ya Police FC, Cassa Mbungo André yababajwe cyane no kubona ikipe ya As Kigali ari yo izamuye igikombe cyitiriwe kurwanya ruswa cyateguwe n’urwego rw’igihugu rw’Umuvunyi.
Amakipe ya As Kigali na Police ni yo agiye guhurira ku mukino wanyuma w’igikombe cyateguwe n’umuvunyi nyuma yo gusezerera APR FC na Rayon Sports zahabwaga amahirwe.
Ikipe ya Gicumbi FC yiteguye guhura na Espoir kuwa gatandatu tariki 06/12/2014 ya nyuma yo gutangaza mbere ko itazakina uyu mukino FERWAFA itayemereye ibyo yari yayisabye.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Algeria Christian Gourcuff yatangaje ko nta gihugu na kimwe cyakwizera kuzazamuka mu makipe ane ari mu itsinda C ryo mu gikombe cya Afurika kizabera muri Guinee Equatorial umwaka utaha.
Umukinnyi w’ikipe ya APR FC Tibingana Charles Mwesigye ari ku rutonde rw’abakinnyi bifuzwa cyane n’ikipe ya Gor Mahia na AFC Leopards zo mu gihugu cya Kenya.
Ikipe y’Amagaju yandikiye ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ngo bugire icyemezo bufata ku byagaragaye ku mukino iyi kipe yatsinzwemo na Mukura 3-2 ku cyumweru tariki 30/11/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko bwatangiye imirimo yo gutegura ahazubakwa sitade y’imikino itandukanye mu mujyi wa Ngororero.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riratangaza ko ikipe izahiga izindi mu irushanwa ry’Umuvunyi izegukana miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Ikipe y’abanyamakuru b’imikino bo mu Rwanda yatangiye imyitozo ikomeye ku kibuga cya Ferwafa mu rwego rwo kwitegura umukino wo kwishyura bafitanye n’ikipe y’Abarundi kuri uyu wa gatandatu tariki 06/12/2014.
Cristiano Ronaldo, Lionel Messi na Manuel Neuer ni bo bakinnyi ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ryemeje ko bazatoranywamo uzaba umukinnyi w’umwaka wa 2014 uzamenyekana tariki 12/1/2015.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rimaze gutangaza ko umukino wagombaga guhuza u Rwanda na Tanzaniya utakibaye kubera irushanwa ry’Umuvunyi.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda n’iya Tanzaniya zirateganya guhurira mu mukino wa gicuti kuwa kabiri tariki 9/12/2014, umukino uzaba ku munsi w’ubwigenge bw’igihugu cya Tanzaniya.
Ikipe ya Sunrise iratangaza ko yiteguye kugeza ikirego muri FERWAFA kubera umukinnyi wa Rayon Sports Sina Jerome kuri yo isanga atari akwiye kuba akinira iyi kipe muri iyi minsi.
Igitego cya Sunrise ku munota wa 79 cyatumye iyi kipe inganya na Rayon Sports igitego 1-1 bituma Rayons Sports itungukira ku gutsindwa kwa APR FC ngo ibe yarangiza umunsi wa cyenda ari yo iyoboye shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Igitego kimwe APR FC yatsinzwe na Gicumbi FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 29/11/2014 gishobora gutuma iyi kipe itakaza umwanya wa mbere.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko umukino wagombaga guhuza ikipe ya Espoir na Gicumbi mu cyumweru gishize ugomba gusubirwamo nubwo byari byatangajwe mbere ko ikipe ya Espoir yatewe mpaga.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda “Amavubi”, ikomeje kuzamuka ku rutonde ngarukakwezi rukorwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), aho urwasohotse kuri uyu wa kane tariki ya 27/11/2014 ruyisize ku mwanya wa 90 ku isi.
Umukino wahuzaga amakipe abiri yo muri Mombasa mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa kabiri, wahagaritswe utarangiye nyuma yaho abafana bashinjije bagenzi babo gukoresha amarozi ngo batsinde.
Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi, Olivier Karekezi yaraye abonye impamyabumenyi mu butoza yo ku rwego rwa mbere “Licence A” muri UEFA nyuma yo kumara umwaka abyigira.