Mu mukino w’igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yanyagiye Intare FC ibitego 4-0
Mu mikino yabimburiye indi yo guhatanira igikombe cy’Amahoro 2020, ikipe ya APR FC itsinze Etoile de l’Est igitego 1-0 ku munota wa nyuma, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ku mugoroba wo ku itariki 02 Gashyantare 2020, ikipe y’abacuruzi, yatsinze igitego 1-0 ikipe igizwe n’aba ofisiye biga mu ishuri rikuru rya gisirikare, Guverineri Gatabazi atorwa nk’umukinnyi wagaragaje ubuhanga muri uwo mukino.
Ikipe ya APR FC cyahariwe kuzirikana intwari z’u Rwanda nyuma yo kurangiza imikino itatu iri ku mwanya wa mbere
Imikino y’umunsi wa gatatu w’igikombe cy’Ubutwari iteganyijwe tariki ya 01 Gashyantare 2020 ari na yo mikino ya nyuma, yimuriwe kuri Stade nkuru y’igihugu Stade Amahoro i Remera.
Ba rutahizamu babiri ba Rayon Sports bari bamaze iminsi bari mu igeragezwa mu bushinwa bagiye kugaruka gukinira Rayon Sports.
Ikipe ya APR FC yatsinze Police FC igitego kimwe cyatsinzwe na Nshuti Innocent cyongera amahirwe yo gutwara igikombe cy’Intwari. Mukura VS yo ikomeje kuba insina ngufi muri iyi mikino yatsinzwe na Kiyovu Sports ibitego 4 kuri 2.
Umukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’igihugu amavubi Iranzi Jean Claude yatijwe mu ikipe ya Aswan Sporting Club mu cyiciciro cya mbere mu Misiri.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinzwe na Police FC ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa mbere mu gikombe cy’Ubutwari.
Ikipe ya APR FC itangiye igikombe cy’Ubutwari itsinda Mukura mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa”, habereye Tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’Amahoro, aho Kiyovu na AS Kigali zakinnye umukino wa nyuma zahise zicakirana
Myugariro Kayumba Soter uheruka gusinyira rayon Sports yamaze kubona ibyangombwa bimwemerera gukina shampiyona muri uyu mwaka w’imikino
Kuri uyu wa Kabiri i Cairo mu Misiri habereye Tombola y’amatsinda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu witwa Bannen Philippe Arthur ukomoka muri Cameroun
Mu nama yateranye kuri iki Cyumweru kuri Muhazi, abanyamuryango ba Rayon Sports bafashe imyanzuro irimo kuvugurura amategeko, gutangira sosiyete y’ubucuruzi n’ibindi.
Minani Hemed, umuyobozi w’abafana ba Kiyovu Sports, avuga ko izina Gorigota rikwiye kuvaho rigahinduka Yeruzalemu kuko uwakahabambiye ariwe usigaye uhambambirwa.
Ikipe ya Etincelles yari yahize ko izatsindira ikipe ya APR FC kuri Sitade Umuganda ntiyashoboye kubigeraho cyakora amakipe yombi yaje kunganya.
Umutoza mushya w’ikipe ya Heroes FC, Jaanus REITEL, ukomoka muri Estonia yahigiye ko agomba kugumisha Heroes mu cyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino 2019/2020.
Nyuma yo gusoza amasezerano mu kwa 12/2019, umutoza Mashami Vincent araza kongererwa amasezerano nk’umutoza mukuru w’Amavubi
Rutahizamu Bizimana Yannick ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi muri Rayon Sports cyatanzwe kuri uyu wa Gatatu
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 Mutarama 2019 ku cyicaro cy’uruganda rwa Azam habereye umuhango wo gusinya amasezerano y’imikoranire hagati ya APR FC n’uruganda Rwa Azam (Bakhresa Grain Milling Rwanda Ltd).
Umukinnyi wo mu kibuga hagati Ally Niyonzima amaze gusinyira ikipe ya Rayon Sports, akaba agomba gutangira kuyikira muri iyi mikino yo kwishyura
Mu mpera z’iki Cyumweru ubwo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda iza kuba ikomeza, hategerejwe bamwe mu bakinnyi batari baremerewe gukina imikino ibiri iheruka.
Umukinnyi wa Rayon Sports Iranzi Jean Claude yerekeje mu Misiri aho agiye gukora igeragezwa mu ikipe yo mu cyiciro cya mbere
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama 2020 ku isaha ya saa mbiri za mu gitondo, ni bwo umutoza Samyr Sanchez ukomoka muri Venezuela na Rutahizamu Roby Norales ukomoka muri Honduras bageze mu Rwanda baje mu kipe ya Mukura VS.
Rutahizamu wa Bugesera Shabban Hussein Tchabalala, agiye kwerekeza mu Bushinwa gukora igerageza muri imwe mu makipe yaho
Ikipe ya APR FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita irusha Rayon Sports iyikurikiye amanota atandatu
Mu mikino y’umunsi wa 17 wa shampiyona yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yanganyije na AS Kigali, Gasogi itsindwa na Marines.
Umunya-Senegal Sadio Mané yatowe nk’umukinnyi w’umwaka muri Afurika, mu birori byabereye mu Misiri.
Ku wa mbere tariki ya 06 Mutarama 2020, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryafatiye ibihano abanyamuryango b’amwe mu makipe bitwaye nabi mu gice kibanza cya shampiyona, nubwo mu mikino ibanza ya shampiyona amakipe menshi yavuze ko imisifurire itagenze neza.