Umunyezamu Mumaud Mossi uri mu bafashije Amavubi gukina igikombe cya Afurika, aratangaza ko abayeho nabi ndetse yifuza ubufasha bwatuma agaruka mu Rwanda
Rutahizamu wakiniraga Sunrise Samson Babuwa yamaze kwerekeza mu ikipe ya Kiyovu Sports aho yayisinyiye amasezerano y’umwaka umwe
Nyuma yo guhagarara kwa shampiyona ya Uganda kubera icyorezo cya Coronavirus, ikipe ya VIPERS byemejwe ko ari yo igomba kwegukana igikombe cya shampiyona
Myugariro w’ikipe ya Mukura Rugirayabo Hassan, yamaze kwerekeza mu ikipe ya AS Kigali aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri.
Umutoza Abdu Mbarushimana wari umaze iminsi ari umutoza w’ikipe ya Muhanga, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Bugesera aho agomba gusinya imyaka ibiri.
Rutahizamu usanzwe akinira ikipe ya Mukura VS Iradukunda Bertrand yamaze gusinyira ikipe ya Gasogi United amasezerano y’imyaka ibiri
Ikinyamakuru Mwanaspoti cyo muri Tanzania cyanditse ko aya makipe yombi akomeye muri Tanzania yifuza uyu munya-Ghana uherutse kwirukanwa muri Rayon Sports ‘azira gutuka’ uwari umuyobozi wayo Sadate Munyakazi.
Nyuma y’uko amakuru atangajwe avuga ko Musanze FC yamaze gutandukana n’umutoza wayo, Umuyobozi wa Musanze FC Tuyishime Placide, yatangaje ko birukanye uwo mutoza nyuma y’uko akomeje kubananiza.
Shampiyona y’u Budage ni yo yabimburiye izindi mu zikomeye ku mugabane w’I Burayi, aho isubukurwa ryayo ryaranzwe n’udushya tugendanye no kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Ikipe ya Rayon Sports n’uruganda rwa Skol bari basoje ibiganiro bishobora gutuma mu cyumweru gitaha hasinywa amasezerano mashya.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze bwatangaje ko bwafashe umwanzuro wo guhemba abakinnyi bayo amezi atatu, ariko bakazahabwa 40% by’umushahara
Shampiyona yo mu gihugu cy’u Bubligi byemejwe bidasubirwaho ko ihagaritswe, Club Bruges yegukana igikombe, naho Beveren ya Djihad Bizimana iramanuka
2004 – 2020, imyaka 16 irashize bamwe muri twe tugaburiye amaso yacu ibyishimo n’ubu bigifatwa nk’ibyishimo by’iteka ryose muri ruhago y’u Rwanda. Icyo gihe nibwo twarebaga imikino y’igikombe cya Afurika muri Stade ya Rades. Ni imikino Amavubi yari yitabiriye bwa mbere ubwo yari ahanganye na Kagoma z’i Carthage za Tuniziya.
Ku wa Kane tariki ya 14 Gicurasi 2020 nibwo ubuyobozi bwa Musanze FC bwemeje ko bwatandukanye n’umutoza Adel Abdelrahman Ibrahim Adel wari umaze amezi hafi atandatu atoza iyi kipe.
Myugariro wa Kiyovu Sports Serumogo Ally bimaze bivugwa ko ashakwa na Rayon Sports yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri.
Nyuma yo kwirukanwa kwa Adel Abdelrahman muri Musanze FC, yujuje umubare w’abatoza 11 birukwanwe muri uyu mwaka w’imikino 2019-2020 n’amakipe akina icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda.
Umunyezamu wa mbere wa Rayon Sports Kimenyi Yves yahakanye amakuru avuga ko ari mu biganiro na Police FC, anavuga ku mibanire n’ikipe ya Rayon Sports muri iyi kipe.
Ikipe ya As Muhanga yahagaritse amasezerano y’abakinnyi bayo mu gihe cy’amezi atatu, ni ukuvuga ukwezi kwa Gicurasi, Kamena na Nyakanga.
Ikipe ya Etincelles FC y’I Rubavu yabaye indi kipe mu Rwanda ihagaritse amasezerano y’abakinnyi kubera ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2020, hamenyekanye amakuru ko Nizeyimana Olivier wari umaze igihe kirekire ari Perezida wa Mukura Victory Sports yeguye ku buyobozi bwayo.
Mu gupima abakinnyi bakina shampiyona ya ESPAGNE, abakinnyi batanu basanzwe baranduye icyorezo cya Coronavirus, naho mu Budage ikipe yose ishyirwa mu kato.
Umukinnyi wo mu kibuga hagati mu ikipe ya Rayon Sports Mugheni Kakule Fabrice, arahakana amakuru avuga ko yaba agiye kwerekeza muri Yanga yo muri Tanzania
Ikipe ya Rayon Sports kuri iki Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2020, yashyizeho akanama ngishwanama kagiye gufasha ubuyobozi bwa Rayon Sports muri ibi bihe bya COVID-19.
Ingingo eshatu ari zo: Gutegereza icyorezo cya Covid-19 kikarangira shampiyona igasubukurwa, gukina imikino ya kamarampaka ku makipe ane ya mbere muri buri tsinda uko akurikirana uyu munsi, no gusesa burundu shampiyona, ni zo ngingo zibanzweho mu nama yahuje ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) (…)
Perezida w’ikipe ya Rayon Sports Munyakazi Sadate yahagaritswe amezi atandatu atagaragara mu bikorwa byose bya siporo.
Ikipe ya Gasogi United yamaze kongerera amasezerano y’imyaka umunya-Liberia Herron Berrian waje muri iyi kipe avuye muri Kiyovu Sports.
Inama nyunguranabitekerezo yahuzaga amakipe y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, yemeje ko ikipe ya APR FC igomba guhabwa igikombe cya shampiyona
Shampiyona y’u Budage yari yarahagaritswe na COVID-19 igiye gusubukurwa mu cyumweru gitaha, imikino yose ikazerekanwa kuri StarTimes gusa.
Bamwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru mu Rwanda bararira ayo kwarika nyuma yo kumenya ko umwaka w’imikino 2019/2020 wahagaritswe kugera mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka wa 2020.