Muri Tombola ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports yatomboye Mukura, APR FC icakirana na Kiyovu
Mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona, Rayon Sports yatsindiwe i Nyamirambo na Sunrise ibitego 2-0, bituma APR yatsinze Muhanga iyirusha amanota arindwi.
Nyuma y’uko ikipe ya Rayon sports ijuririye Komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA, nyuma yo kutemera ibihano yahawe n’iryo shyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ubwo ititabiraga amarushanwa yo guhatanira igikombe cy’intwari, ibihano byagabanyijwe mu buryo bukurikira:
Umutoza Mashami Vincent amaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi bagomba gutangira imyitozo yo gutegura imikino ibiri ya gicuti iri muri uku kwezi
Ikipe ya Gicumbi imaze iminsi myinshi yakirira imikino yayo kuri Stade Mumena i Kigali, irasaba Ferwafa ko yayikomerera ikongera kwakirira imikino yayo mu rugo
Mu mikino isoza indi y’ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itinze Intare Fc ibitego 2-0, naho Kiyovu izamuka mu makipe yatsinzwe
Mu mikino yo kwsihyura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya AS Kigali yakatishije itike ya 1/8, mu gihe Kiyovu igitegereje uko indi mikino izagenda
Ikipe ya ESPOIR yo mu karere ka Rusizi yamaze gusezera mu gikombe cy’Amahoro cya 2020, aho yari imaze gukina umukino umwe ubanza.
Mu mikino y’umunsi wa 19 wa Shampiyona yakinwe kuri iki Cyumweru, Rayon Sports yatsinze Bugesera 1-0, APR nayo yihererana Marines
Umuyobozi wa Rayon Sports Munyakazi Sadate aragira Ferwafa inama yo kwegura kuko abona itagifitiwe icyizere n’abo iyobora
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gufatirwa ibihano, aho yamenyeshejwe ko nta mukino wa gicuti n’umwe yemerewe kwitabira mu Rwanda no hanze, kubera kutitabira irushanwa ry’Ubutwari
Mu gihe haza gukinwa umunsi wa 19 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, abakinnyi barindwi ntibemrewe gukina kubera amakarita
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi igiye gukina imikino ibiri ya gicuti mu mpera z’uku kwezi, mu rwego rwo kwitegura imikino ya CHAN
Mu mukino w’igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yanyagiye Intare FC ibitego 4-0
Mu mikino yabimburiye indi yo guhatanira igikombe cy’Amahoro 2020, ikipe ya APR FC itsinze Etoile de l’Est igitego 1-0 ku munota wa nyuma, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ku mugoroba wo ku itariki 02 Gashyantare 2020, ikipe y’abacuruzi, yatsinze igitego 1-0 ikipe igizwe n’aba ofisiye biga mu ishuri rikuru rya gisirikare, Guverineri Gatabazi atorwa nk’umukinnyi wagaragaje ubuhanga muri uwo mukino.
Ikipe ya APR FC cyahariwe kuzirikana intwari z’u Rwanda nyuma yo kurangiza imikino itatu iri ku mwanya wa mbere
Imikino y’umunsi wa gatatu w’igikombe cy’Ubutwari iteganyijwe tariki ya 01 Gashyantare 2020 ari na yo mikino ya nyuma, yimuriwe kuri Stade nkuru y’igihugu Stade Amahoro i Remera.
Ba rutahizamu babiri ba Rayon Sports bari bamaze iminsi bari mu igeragezwa mu bushinwa bagiye kugaruka gukinira Rayon Sports.
Ikipe ya APR FC yatsinze Police FC igitego kimwe cyatsinzwe na Nshuti Innocent cyongera amahirwe yo gutwara igikombe cy’Intwari. Mukura VS yo ikomeje kuba insina ngufi muri iyi mikino yatsinzwe na Kiyovu Sports ibitego 4 kuri 2.
Umukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’igihugu amavubi Iranzi Jean Claude yatijwe mu ikipe ya Aswan Sporting Club mu cyiciciro cya mbere mu Misiri.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinzwe na Police FC ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa mbere mu gikombe cy’Ubutwari.
Ikipe ya APR FC itangiye igikombe cy’Ubutwari itsinda Mukura mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa”, habereye Tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’Amahoro, aho Kiyovu na AS Kigali zakinnye umukino wa nyuma zahise zicakirana
Myugariro Kayumba Soter uheruka gusinyira rayon Sports yamaze kubona ibyangombwa bimwemerera gukina shampiyona muri uyu mwaka w’imikino
Kuri uyu wa Kabiri i Cairo mu Misiri habereye Tombola y’amatsinda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu witwa Bannen Philippe Arthur ukomoka muri Cameroun
Mu nama yateranye kuri iki Cyumweru kuri Muhazi, abanyamuryango ba Rayon Sports bafashe imyanzuro irimo kuvugurura amategeko, gutangira sosiyete y’ubucuruzi n’ibindi.
Minani Hemed, umuyobozi w’abafana ba Kiyovu Sports, avuga ko izina Gorigota rikwiye kuvaho rigahinduka Yeruzalemu kuko uwakahabambiye ariwe usigaye uhambambirwa.
Ikipe ya Etincelles yari yahize ko izatsindira ikipe ya APR FC kuri Sitade Umuganda ntiyashoboye kubigeraho cyakora amakipe yombi yaje kunganya.