Umutoza Ruremesha Emmanuel utoza Kiyovu Sports arasaba abasifuzi kureka hagatsinda uwabikoreye, anatangaza ko APR Fc itamutse imutsinze yaba isatiriye igikombe
Mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wakinwaga kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports itsinze Musanze 2-1, naho APR FC inyagirira Mukura i Huye
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF ryamaze gutangaza ibihugu byanditse bisaba kwakira imikino ya nyuma ihuza amakipe muri Afurika
Ikipe ya Police Fc yamaze kwandikira Ferwafa ibasaba kurenganurwa ku mukino wabahuje na APR FC, aho bavuga ko basifuriwe nabi
Igitego cya Sugira Ernest cyo ku munota wa 81 cyaje gisanga icyatsinzwe na Sekamana Maxime cyo ku munota wa 72 cyafashije Rayon Sports gutahana amanota 3 ihita ijya ku mwanya wa kabiri. Ku rundi ruhande, Danny Usengimana yatsindiye APR FC igitego cyatumye ishimangira umwanya wa mbere muri shampiyona.
Nyuma y’amasezerano agamije guteza imbere ubukerarugendo yasinywe hagati y’u Rwanda n’ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bufaransa, Paris Saint-Germain (PSG), Belise Kariza ushinzwe ubukerarugendo mu rwego rw’igihugu rushinzwe kwihutisha iterambere (RDB) yavuze ko bategereje umwe mu bakinnyi ba PSG ukina mu ikipe ya (…)
Mu mikino y’umunsi wa 21 wa shampiyona yari yarasubitswe, Kiyovu itunguwe na Gasogi United iyitsinda igitego 1-0 cyo ku munota wa nyuma
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 02 Werurwe 2020, ikipe ya Etincelles FC ikinira kuri stade Umuganda mu Karere ka Rubavu yasinyishije umutoza Calum Haun Selby igihe kingana n’amezi ane.
Umunsi wa 21 wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda uzakinwa kuwa kabiri tariki ya 03 n’iya 04 Werurwe 2020.
Umukino wa gicuti wahuje ikipe y’igihugu Amavubi n’iya Congo Brazzaville mu rwego rwo kwitegura imikino ya CHAN, urangiye amakipe yombi anganyije 0-0.
Ikipe ya Rayon Sports itangaje ko Casa Mbungo André ari we mutoza mushya wayo. Ni nyuma y’igihe iyo kipe yari imaze idafite umutoza, dore ko iherutse gutandukana na Javier Martinez Espinoza wo muri Mexique watandukanye na Rayon Sports mu kwa 12 umwaka ushize yirukanywe.
Komite yaguye ya Rayon Sports yamaganye amagambo asebya umuryango wa Rayon Sports yavuzwe na Ivan WULFFAERT, Umuyobozi mukuru wa Skol, isaba uwo muyobozi gutanga ibisobanuro byimbitse ku magambo yavugiye mu itangazamakuru ku itariki 19 Gashyantare 2020.
Kuir uyu wa Gatandatu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoreye imyitzo i yaounde, ku kibuga azakiniraho na Cameroun kuri uyu wa Mbere.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yerekeje muri Cameroun aho igiye gukina umukino wa gicuti na Cameroun wo gutegura CHAN, ikaba ijyanye abakinnyi 26.
Ikipe ya Gicumbi yamaze guhabwa uburenganzira na Ferwafa bwo kwakiririra imikino y’amarushanwa ku kibuga cyayo
Mu mikino ibanza ya 1/8 ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi, amakipe ya Liverpool na Paris Saint-Germain ntiyahiriwe kuko yatsinzwe iyo mikino.
Muri Tombola y’amatsinda ya CHAN yabereye muri Cameroun kuri uyu wa Mbere, u Rwanda na Uganda bisanze mu itsinda rimwe
Muri Tombola ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports yatomboye Mukura, APR FC icakirana na Kiyovu
Mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona, Rayon Sports yatsindiwe i Nyamirambo na Sunrise ibitego 2-0, bituma APR yatsinze Muhanga iyirusha amanota arindwi.
Nyuma y’uko ikipe ya Rayon sports ijuririye Komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA, nyuma yo kutemera ibihano yahawe n’iryo shyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ubwo ititabiraga amarushanwa yo guhatanira igikombe cy’intwari, ibihano byagabanyijwe mu buryo bukurikira:
Umutoza Mashami Vincent amaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi bagomba gutangira imyitozo yo gutegura imikino ibiri ya gicuti iri muri uku kwezi
Ikipe ya Gicumbi imaze iminsi myinshi yakirira imikino yayo kuri Stade Mumena i Kigali, irasaba Ferwafa ko yayikomerera ikongera kwakirira imikino yayo mu rugo
Mu mikino isoza indi y’ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itinze Intare Fc ibitego 2-0, naho Kiyovu izamuka mu makipe yatsinzwe
Mu mikino yo kwsihyura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya AS Kigali yakatishije itike ya 1/8, mu gihe Kiyovu igitegereje uko indi mikino izagenda
Ikipe ya ESPOIR yo mu karere ka Rusizi yamaze gusezera mu gikombe cy’Amahoro cya 2020, aho yari imaze gukina umukino umwe ubanza.
Mu mikino y’umunsi wa 19 wa Shampiyona yakinwe kuri iki Cyumweru, Rayon Sports yatsinze Bugesera 1-0, APR nayo yihererana Marines
Umuyobozi wa Rayon Sports Munyakazi Sadate aragira Ferwafa inama yo kwegura kuko abona itagifitiwe icyizere n’abo iyobora
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gufatirwa ibihano, aho yamenyeshejwe ko nta mukino wa gicuti n’umwe yemerewe kwitabira mu Rwanda no hanze, kubera kutitabira irushanwa ry’Ubutwari
Mu gihe haza gukinwa umunsi wa 19 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, abakinnyi barindwi ntibemrewe gukina kubera amakarita
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi igiye gukina imikino ibiri ya gicuti mu mpera z’uku kwezi, mu rwego rwo kwitegura imikino ya CHAN