Ku wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022, saa tatu z’ijoro, nibwo habye umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu, wahuje Cameroon na Burkina Faso mu gikombe cya Afurika 2021, aho uwo mwanya wegukanywe na Cameroon ariko biyigoye, nyuma yo gutsinda penaliti 5-3, kuko umukino wari warangiye amakipe yombi anganya ibitego 3-3.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022, saa tatu z’ijoro, hategerejwe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu urahuza Cameroon na Burkina Faso mu gikombe cya Afurika 2021 kiri kubera muri Cameroon, izo kipe zombi zikaba ari na zo zafunguye iryo rushanwa.
Ikipe ya AS Muhanga yasinye amasezerano y’ubufatanye na Hotel Saint André&Lumina Kabgayi, aho bazakorana mu gihe kingana n’imyaka ibiri
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje imyanzuro mishya nyuma y’ubujurire bwari bwatanzwe na KNC, Etincelles ndetse na Kiyovu Sports
José Maria Bakero wabaye umukinnyi w’icyamamare wa Real Sociedad na FC Barcelona, ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 05 Gashyantare 2022, mu ruzinduko rw’iminsi icyenda (9).
Mu mukino w’ikirarane wasozaga imikino ibanza ya shampiyona, APR FC itsindiye Rutsiro i Rubavu ibitego 2-0, isoza imikino ibanza ihaye intera amakipe ayikurikiye
Nyuma y’uko myugariro wo hagati wa APR FC, Karera Hassan, mu kwezi k’Ukuboza 2021 yerekeje mu gihugu cya Finland kubera impamvu z’umuryango, ubuyobozi bwa APR FC buvuga ko kugeza ubu iminsi yahawe itari yarangira.
Ku wa Kane tariki ya 3 Gashyantare 2022, nibwo habaga umukino wa kabiri wa 1/2 cy’irangiza w’igikombe cya Afurika 2022, aho wasize Misiri isanze Senegal ku mukino wa nyuma uzaba ku ya 6 Gashyantare 2022.
Guhera kuri uyu wa Kane tariki 3 kugeza tariki 12 Gashyantare 2022, i Abu Dhabi muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, haratangira gukinwa imikino y’igikombe cy’Isi cy’Amakipe yatwaye ibikombe iwabo (FIFA Club World Cup), aho bwa mbere robo ari zo zisifura imikino.
Ikipe ya Rayon Sports yerekanye abatoza babiri bakomoka muri Portugal, bakaba basinye amasezerano y’amezi atandatu baniha intego yo guhesha Rayon Sports igikombe cya shampiyona
Nyuma y’imyaka ibiri (2) Igikombe cy’Amahoro mu Rwanda kitaba kubera icyorezo cya Covid-19, kigiye kongera gukinwa.
Mu rwego rwo gukomeza kongera imbaraga mu ikipe, ku wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, nibwo Rayon Sports yongeye gusinyisha umukinnyi wo hagati mu kibuga, Kwizera Pierrot uyigarutsemo nyuma y’imyaka itatu ayivuyemo.
Ikipe ya Mukura itsinze APR FC igitego 1-0 mu mukino wakinwe iminsi ibiri, ikuraho agahigo kari kamaze igihe kuri APR FC ko kudatsindwa
Abakinnyi Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bigeze gukinira bakayivamo bongeye gutangazwa nk’abakinnyi bayo bashya, biyongeraho n’umunya-Cameroun Mael DINDJEKE
Myugariro Manzi Thierry wakiniraga FC Dila Gori yo mu cyiciro cya mbere muri Georgia, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri AS FAR Rabat yo muri Maroc
Umukino w’ikirarane wahuzaga APR Fc na Mukura VS kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo wasubitswe nyuma y’iminota 45 kubera imvura yaguye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Umusifuzi mpuzamahanga w’Umunyarwandakazi, Mukansanga Salima Rhadia, yaraye ageze i Kigali, akubutse muri Cameroun aho yakoze amateka yo kuba umugore wa mbere usifuye umukino w’Igikombe cya Afurika cy’Abagabo (CAN 2021).
Ikipe y’Akarere ka Nyagatare ya Sunrise FC yasinyishije umunyezamu Turatsinze Dieudonné ku wa Gatanu tariki ya 28 Mutarama 2022.
Ikipe ya Kiyovu iri mu zikomeje kwiyubaka cyane. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, ikipe ya Kiyovu Sports yasinyishije Fred Muhozi ukina asatira wakiniraga ikipe ya Espoir FC yo mu Karere ka Rusizi.
Mu mukino wari utegerejwe ma benshi wahuje APR FC na Police Fc, urangiye APR FC iwutsinze ku bitego 2-1, ihita isubira ku mwanya wa mbere wari uriho Kiyovu Sports.
Umukinnyi Kwizera Pierrot wakiniraga AS Kigali, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina hagati, Nizeyimana Mirafa, wakiniraga ikipe ya Zanaco FC yo muri Zambia, yamaze gutandukana na yo yerekeza muri Kabwe Warriors yo muri icyo gihugu nanone.
Ikipe ya Sunrise imaze kuzuza imikino 11 ya shampiyona y’icyiciro cya kabiri idatsindwa nyuma y’uko igice cya mbere cy’imikino ibanza kirangiye.
Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona kubera ibyo yise umwanda biyigaragaramo
Minisiteri ya Siporo imaze gutangaza amabwiriza mashya ajyanye n’imikino ndetse n’abafana ku kibuga, aho hatagaragaramo kwipimisha kuri buri mukino
Ikipe ya Kiyovu Sports mu rwego rwo kongera imbaraga yitegura imikino ya shampiyona yo kwishyura, yatangiranye impinduka yinjiza rutahizamu ariko itandukana na myugariro.
Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, yemeje imyanzuro irimo ko abafana bemererwa kongera kureba imikino ku bibuga bitandukanye
Nyuma yo kwirukanwa muri Mukura VS, umutoza Ruremesha Emmanuel wavugwaga mu ikipe ya Etoile de l’Est idafite umutoza mukuru kugeza ubu, ariko impande zombi zanyomoje aya makuru.
Binyuze muri Tombola umunyamahirwe umwe ni we watsindite itike yo kuzajya kureba umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika kiri kubera muri Cameroun
Rutahizamu Musa Esenu yasinyiye ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri, ahita anahabwa numero 7 zirindwi zambarwaga n’umunya-Maroc Rharb Youssef uheruka kuva muri iyi kipe