Umuyobozi wa Rayon Sport FC yaraye atangaje ko gushaka umutoza mukuru w’ikipe w’umunyamahanga bigiye kwitonderwa, kuko uwo bari bamaze iminsi mu biganiro batarumvikana, ndetse umutoza wungirije ufite iyi kipe akaba arimo kwitwara neza mu mikino ibanza ya shampiyona.
Nyuma y’umunsi wa 8 wa Shampiyona y’igihugu cy’Ubwongereza, ikipe ya Chelsea ikomeje kwesa umuhigo wo kudatsindwa aho kugeza ubu mu mikino imaze gukina yanganyije umwe gusa indi yose irayitsinda. Ni nyuma yo gutsinda Crystal Palace 2-1 mu mpera z’icyumweru gishize.
Nyuma y’umunsi wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, Kiyovu Sport niyo iza ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda FC Marine ibitego 2-0.
Rayon Sport yandikiye Police FC iyisaba gukemura ikibazo cy’umukinnyi Sina Jerome akaza muri Rayon ku buryo bwemewe n’amategeko cyangwa igasubiza Rayon Sport amafaranga yose yatanze kuri Sina Gerome iyaha Police FC.
Umuyobozi wa Rayon Sport, Ntampaka Theogene, yemereye abanyamakuru ko iyi kipe iri mu biganiro n’umutoza Richard Tardy wahoze mu mavubi ariko ntiyatanga igihe azaba yagereye mu ikipe.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, atangaza ko gukora siporo bituma akazi ke agakora neza kandi bikanamufasha gusabana n’abaturage bakamwiyumvamo.
Urwego rw’Umuvunyi kuri uyu wa gatandatu tariki 11/10/2014 rwatangaje amarushanwa y’urubyiruko mu Ntara y’Amajyaruguru agamije gukangurira urubyiruko kwirinda no gukumira ruswa.
Ikipe ya Manchester United yabashije kugaruka mu makipe ane ya mbere muri shampiyona yo mu bwongereza (Big Four) nyuma yo gutsinda ikipe ya Everton ibitego 2-0 kuri iki cyumweru tariki 05/10/2014.
Umukinnyi wa Real Madrid Cristiano Ronaldo akomeje kwigaragaza nk’umukinnyi ukomeye cyane ku isi, nyuma y’uko akomeje gufasha ikipe ye ubu imaze gukina imikino 6 yikurikiranya idatsindwa, haba muri Shampiyona ya Espagne cyangwa mu marushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’I Burayi (champion’s league).
Ubwo ikipe ya FC Barcelone yatsindaga ikipe ya Granada ibitego 6-0, umukinnyi Lionel Messi yibajijweho byinshi n’abafana ba Barcelone n’abakunda kureba umupira w’amaguru.
Minisitiri wa siporo n’umuco Ambasaderi Habineza yatangije siporo ya benshi (sport de masse) mu karere ka Rutsiro akaba yabwiye abanyarutsiro gukora siporo kuko ari nziza ndetse anabasaba kubyaza umusaruro imisozi miremire bityo bakaba bazana n’imidali itandukanye.
Nyuma y’umwaka umwe gusa mu karere ka Ngororero havutse ikipe y’umupira w’intoki Ngororero Volley Ball Club, ndetse ikanakina shampiyona y’icyiciro cya mbere, iyi kipe ubu yikuye mu marushanwa ndetse ntigikora ahanini bitewe no kutagira amikoro.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sport uyumazemo amezi ataragera kuri abiri Jean Francois Losciuto aranyomoza amakuru yavugaga ko ngo yaba yarasinyiye indi kipe yo muri Burukinafaso amasezerano y’imyaka ine, mu gihe agifite amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sport.
Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne yatangiye shampiyona ibabaza abakunzi bayo itsindwa na Real Sociedad 4-2 ndetse na Atletico Madrid 2-1 ariko aho igeze ubu haratanga icyizere nk’uko byemezwa n’abafana bayo.
Nubwo ikipe ya Manchester United ifatwa na benshi nk’ikipe ikomeye, yubahwa kandi ifite amateka ku mugabane w’Uburayi, kuri ubu ibihe irimo uhereye mu mwaka ushize bikomeje gushobera benshi mu bafana bayo.
Umutoza wa Arsenal, Arsène Charles Ernest Wenger, yavuze ko mu gihe amaranye n’iyi kipe, yicuza kuba atarasinyishije umukinnyi Christiano Ronaldo wo muri Portugal kuko ngo yari amufite neza mu biganiro bagiranaga, ariko akaza gutinda maze akigira ahandi.
Muri shampiyona yo mu gihugu cya Espagne, ikipe ya FC Barcelone ikomeje kuba mu bihe byayo byiza itsinda imikino yose imaze gukina, mu gihe ikipe ya Real Madrid ikomeje guhura n’ibibazo byo gutsindwa muri iyi minsi.
Shampiyona ya 2014/2015 mu mupira w’amaguru izatangira kuri uyu wa 20 Nzeri 2014 aho APR FC nk’iyatwaye igikombe giheruka cya Shampiyona izakira Musanze FC kuri Stade Regional i Nyamirambo, mu gihe Rayon Sport yatwaye umwanya wa kabiri izakina n’Amagaju FC ku munsi ukurikiraho nabyo bikazakinira kuri Stade Regional.
Ikipe ya Manchester United yari imaze imikino itatu yose idatsindamo n’umwe, yabashije gutsindira ku kibuga cyayo cya Old Trafford, ikipe ya Queen Spark Rangers ibitego 4-0 kuwa 14 Nzeri 2014.
Kuri icyi cyumweru tariki 14/09/2014, Minisitiri wa siporo n’umuco Habineza Joseph yafunguye sitade nshya ya Mukebera iri mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, asaba abayituriye kutayipfusha ubusa.
Jorge Mendes ushinzwe umukinnyi w’umunya Portugal akaba na kizigenza mu ikipe ya Real Madrid, Christiano Ronaldo, avuga ko atishimiye uburyo iyi kipe yagiye itanga abakinnyi bakomeye nka Angel Di Maria ikananga no kugura umukinnyi Falcao ngo aze gukina muri Real Madrid.
Ikipe ya AS Muhanga yahoze mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru yamanuwe mu cyiciro cya kabiri inagabanyirizwa ingengo y’imari iva kuri miliyoni 75 igera kuri miliyoni 50.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, umukinnyi w’umunya Côte d’Ivoire, Salomon Kalou w’imyaka 29, wakiniye Chelsea akitwara neza akayivamo ajya muri Lille mu Bufaransa wanayitsindiye ibitego 30 mu mikino 67 yayikiniye, yavuye muri iyi kipe yerekeza muri Hertha Berlin yo mu Budage azakinira imyaka 3.
Ikipe ya Real Madrid, nyuma yo gutsindwa igitego 1-0 na Atletico Madrid ikanayitwara igikombe bahataniraga cya Super coupe ya Espagne, ubu yongeye gutsindwa muri Shampiyona n’ikipe ya Real Sociedad I Anoeta stadium ku kibuga cya Real Sociedad ibitego 4-2.
Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan niyo yegukanye igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup 2014’ nyuma yo gutsinda APR FC igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki 24/8/2014.
Itsinda ry’abakinnyi 10 b’u Rwanda batarengeje imyaka 20 bitabiriye imikino ‘Olympique’ y’urubyiruko irimo kubera Nanjing mu Bushinwa barimo gutsindwa, ugereranyije umubare w’imikino bakina ndetse n’umusaruro barimo kuvanamo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryajuririye icyemezo ryafatiwe na CAF ryo gusezerera ikipe y’u Rwanda Amavubi mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ishinjwa gukinisha Daddy Birori kandi ngo akinira ku bimuranga bifite amazina n’igihe yavukiye bitandukanye n’ibyo akoresha muri Congo akinira (…)
APR FC yatsindiye kuzakina ½ cy’irangiza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup nyuma yo gusezerera Rayon Sport hitabajwe za penaliti, ikazahura na Police FC nayo yasezereye Atletico yo mu Burundi nabwo hitabajwe za penaliti.
Ikipe ya Ubumwe Basketball Club yegukanye ku nshuro yayo ya mbere igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (playoff 2014), nyuma yo gutsinda RAPP BBC imikino itatu ku busa, naho mu bagabo ho Espoir BBC na CSK zikazategereza gukina umukino wa kane nyuma y’aho CSK itsinze Espoir mu mukino wa gatatu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro ndetse n’intara y’iburengerazuba bwashyikirijwe igikombe cyitiriwe amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” ikipe y’abakobwa y’umupira w’amaguru iherutse gutwara ku rwego rw’igihugu.