Ikipe y’igihugu ya Espagne yagukanye igikombe cy’isi cyeherukaga kubera muri Afurika y’Epfo muri 2010 yatunguwe no gusezererwa rugikubita ubwo yatsindwaga na Chile ibitego 2-0, ikaba yajyanye na Cameroun nayo yatashye itarenze umutaru nyuma yo kunyagirwa na Croatia ibitego 4-0.
Mu Karere ka Karongi hatangirijwe icyumweru cy’imikino ya Olempike cyangwa Olympic Games mu Ntara y’Uburengerazuba maze berekana imikino mishya yinjijwe mu Mikino Olempike ari yo Tayikondo (Taekwondo), Ubwirinzi cyangwa Fencing ndetse no kumasha bita mu Cyongereza Archery.
Ikipe y’igihugu ya Algeria, imwe mu makipe atanu ahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi mu mupira w’amaguru yatsinzwe n’Ububiligi ibitego 2-1, naho Brazil mu rugo inganya na Mexique ubusa ku busa ku wa kabiri tariki 17/6/2014.
Ikipe y’Ubufaransa ibifashijwemo n’ibitego bitatu bya Karim Benzema yabonye intsinzi ya mbere mu mikino y’igikombe cy’isi kirimo kibera muri Brazil ubwo yatsindaga Honduras, cyo kimwe na Argentine yakuye intsinzi imbere ya Bosnie Herzegovina ibifashijwemo na kapiteni wayo Lionel Messi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ku cyumweru tariki 15/6/2014 ryafunguye ku mugaragaro ikigo cyigisha umukino w’amagare giherereye mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru.
Ku nshuro ya kabiri u Rwanda ruzitabira isiganwa mpuzamahana ry’amagare ryo kuzenguruka Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo bita Tour de la RDC 2014, rizatangira tariki ya 17/6/2014, aho ruzaba ruhagarariwe n’abakinnyi batatu Byukusenge Nathan, Abraham Ruhumuriza na Hadi Janvier.
Umubiligi Luc Eymael wahoze atoza ikipe ya Rayon Sport akaza kuyivamo muri Gicurasi uyu mwaka amaze kuyihesha umwanya wa kabiri muri shampiyona, yamaze kumvikana n’ikipe yitwa La Jeunesse Sportive de Kairouan yo muri Tuniziya azatangira gutoza mu minsi mike.
Ku munsi wa kabiri w’imikino y’igikombe cy’isi irimo kubera muri Brazil Ubuholandi bwanyagiye Espagne ibitego 5-1 mu mukino wazo wa mbere mu itsinda rya kabiri, mu gihe mu itsinda rya mbere Cameroun, imwe mu makipe atanu ahagarariye Afurika, yatangiye itsindwa na Mexique mu mikino yabaye kuwa gatanu tariki 13/06/2014.
Nyuma y’uko komite y’igihugu y’imikino y’ abafite ubumuga (NPC) itangiriye ubukangurambaga mu kugaragaza ko n’abafite ubumuga bafite uburenganzira bwo kwidagadura n’abandi nta kubaheza, bamwe mu bafite ubumuga bashima iki gikora.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ryatangaje ko amakipe, abakinnyi cyangwa abafana bayo bazagaragaraho ibikorwa by’ivanguraruhu mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Brazil, azahita yirukanwa mu gikombe cy’isi nta nteguza.
Ikipe y’igihugu ya Brazil yatangiye neza igikombe cy’isi yakiriye, ubwo Neymar Junior yatsindaga ibitego bibiri muri bitatu ikipe ya Brazil iya Croatia mu mukino ufungura irushanwa tariki ya 12/6/2014. Muri uwo mukino Croatia nayo yatsinze igitego kimwe.
APR FC na Police FC nizo zihabwa amahirwe menshi yo kuzakina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uzaba tariki 4/7/2014 nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½ cy’irangiza ibanza yabaye ku wa gatatu tariki 11/6/2014.
Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka u Rwanda buri mwaka (Tour du Rwanda) rizatangira tariki 16/11/2014, rizatwara akayabo ka miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda rikazamara icyumweru, aho abasiganwa bazarushanwa mu ntera ndende kurenza iyo basiganwe mbere.
Umutoza Jose Mourinho wiyise « The Special One » yongeye kuvugwa mu bitangazamakuru ubwo yavaga ku ntebe ye y’ubutoza akinjira mu kibuga agatera umutego umuririmbyi wakiniraga ikipe y’abanyamakuru Mourinho ubwe yatozaga.
APR FC yatsindiye kujya muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera Rayon Sport iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye kuri sitade ya Kigali ku cyumweru tariki ya 8/6/2014.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru yasezerewe na Nigeria iyitsinze igiteranyo cy’ibitego 12-1 mu mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Ikipe y’ababana n’ubumuga y’umukino wa Seat Ball yo mu karere ka Burera itangaza igikeneye ibikoresho by’ibanze bijyanye n’uwo mukino kugira ngo bawukine neza babe bagera ku rwego rwo hejuru, ibe yaserukira ako karere.
Rayon Sport izakina na mukeba wayo APR FC muri ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, ikaba yabigezeho ku wa kane tariki 5/6/2014 ubwo yatsindaga AS Kigali ibitego 3-2 bigoranye, mu mukino w’ikirarane wa 1/8 cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Nyuma yo gusezerera igihugu cya Libya mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika, u Rwanda rwazamutseho imyaka 15 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore yarekeje muri Nigeria gukina umukino wo kwishyura uzayihuza n’iya Nigeria ku wa gatandatu tariki 7/6/2014 mu rwego rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Myugariro w’ikipe y’u Rwanda, Salomon Nirisarike, nyuma yo kuyikinira ikanatsinda Libya ibitego 3-0 ku wa gatandatu ushize, yerekeje mu Bubiligi aho asanzwe akina, akaba yagiye kuganira n’umuhagarariye (Manager), ku bijyanye n’ikipe azakinamo mu mwaka w’imikino utaha.
Nyuma yo gutsinda 30Plus amanota 82-56, ikipe ya Espoir Basketball Club yakomeje kuza ku isonga muri shampiyona ya Basketball ndetse umutoza wayo Bahufite John avuga ko yamaze kwizera kuzegukana igikombe.
Ikipe ya APR Volleyball Club yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma wa Playoff na Rayon Sport, nyuma yo gutsinda INATEK amaseti 3-1 mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza wabereye kuri stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki 1/6/2014.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) nyuma yo gusezerera Libya iyitsinze ibitego 3-0 i Kigali ku wa gatandatu tariki ya 31/5/2014, izakina na Congo Brazzaville mu cyiciro cya kabiri (round 2) cy’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Mu mikino ihuza urubyiruko yaberaga i Gaborone muri Botswana, u Rwanda rwahavanye imidari ibiri ya Bronze ndetse amwe mu makipe n’abakinnyi ku giti cyabo bahavana itike yo kuzakina imikino Olymique izabera i Nanjing mu Bushinwa muri Kanama uyu mwaka.
Ikipe ya Rayon Sport mu gihe gito igiye gutangira kubarura abakunzi bayo bose mu Rwanda, mu rwego rwo kumenya neza umubare nyakuri w’abakunzi bayo kugirango iyo kipe ijye imenya aho baherereye ndetse n’uburyo izajya ikorana nabo neza.
Ibitego bitatu byatsinzwe na Rutahizamu Daddy Birori ku wa gatandatu tariki ya 31/5/2014 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, byatumye u Rwanda rusezerera Libya mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Irushanwa ryo kwibuka abari abakinnyi n’abakunzi b’umukino wa Volleyball bazije Jenoside yakorewe Abatutsi, rizatangira tariki 7/6/2014, rizitabirwa n’amakipe menshi aturutse mu bihugu icyenda bya Afurika.
Umutoza w’Amavubi, Stephen Constantine, afite icyizere cyo gusezerera Libya kuri uyu wa gatandatu tariki 31/5/2014 mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, kandi kuba azaba adafite rutahizamu Uzamukunda Elias ‘Baby’ ngo nta ntacyo bimutwaye kuko n’ubundi ngo muri iki gihe nta bitego atsinda.
Rutahizamu w’ikipe y’u Rwanda Uzamukunda Elias ntabwo azitabira umukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika u Rwanda ruzakina na Libya kuri uyu wa gatandatu tariki 31/5/2014, kuko ngo akirimo gushaka ikipe.