Ikipe y’abafite ubumuga yo mu Karere ka Gicumbi ya “Gicumbi Stars” irasaba ko yakwitabwaho kugirango ibashe kuzamuka mu makipe akomeye yo mugihugu na yo ikajya ijyenerwa ingengo y’imari.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Gashyantare 2015, abakinnyi batatu bagize Ikipe y’Igihugu ya Karate, berekeje mu Misiri kwitabira amarushannwa yo ku rwego mpuzamahanga azwi nka Karate open Champion’s League.
Kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015 ubwo Ikipe ya Panthere du Ndé yo muri Cameroon yageraga mu Rwanda isaa kumi n’imwe, umutoza wayo yatangaje ko biteguye gusezerera Rayon Sport i Kigali kuko ngo bazi ko ari ikipe itsindira hanze gusa.
Nyuma yo kugirira imvune mu mukino ikipe ya APR FC yatsinzemo Rayon Sports ibitego bine ku busa, Umukinnyi Mwiseneza Djamar ntazagaragara mu mukino wo kwishyura n’ikipe ya Liga Muculmana de Maputo ku wa gatandatu tariki ya 28/02/2015.
Ku wa gatatu tariki 25/02/2015, Anaclet Bagirishya yakoresheje imyitozo ye ya mbere nk’umutoza mukuru w’ikipe y’APR handball Club asimbuye Munyangondo Jean Marie Vianney.
Abatoza 36 nibo basabye gutoza ikipe nkuru y’igihugu Amavubi nyuma y’aho umutoza Stephen Constantine asezereye kuri uyu mwanya akajya gutoza ikipe y’igihugu y’ubuhinde.
Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare y’u Rwanda bakiranywe icyubahiro ubwo bageraga mu Rwanda baturutse mu gihugu cya Gabon mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana yegukanye umwanya wa mbere mu basiganwa ku magare batarengeje imyaka 23, mu gihe ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare yegukanye umwanya wa mbere mu makipe yo muri Afurika mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Ku munsi wa 18 wa Shampiona, mu mukino wari utegerejwe na benshi warangiye APR FC inyagiye ikipe ya Rayon Sports ibitego BINE ku busa (4-0).
Mu gihe habura igihe kitagera ku mwaka ngo igikombe cy’Afrika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu (CHAN) gikinirwe mu Rwanda, Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Amb. Joseph Habineza, kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015 yasuye imirimo yo gusana ibibuga bizakinirwaho icyo gikombe yatangiye.
Kuri Iki cyumweru taliki ya 22/02/2015, ikipe ya Rayon Sports iraza kwakira ikipe y’APR Fc mu mukino wa Shampiona wo kwishyura
Nyuma y’imyaka itanu idakina Shampiyona ya Volleball maze ikaza kugaruka mu mwaka wa 2014, ikipe y’Umubano Blue Tigers yamaze gutangaza abakinnyi izifashisha mu mwaka wa 2015.
Ku wa gatandatu tariki ya 21/02/2015, Shampiyona y’umukino w’Intoki wa Volleyball iraza gutangira mu bahungu ndetse n’abakobwa.
Umukinnyi Jimmy Mulisa wahoze akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gusinyana amasezerano n’ikipe ya Sunrise yo kuba umuyobozi wa Tekinike kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.
Abakinnyi b’umukino wa Handball bagera kuri 20 nibo bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu utangira kuri iki cyumweru taliki ya 22/02/2015.
Ikipe ya Kiyovu Sports yihimuye kuri Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wabaye ku wa gatatu tariki 18/02/2014.
Ikipe y’abafite ubumuga ya Sitting Volleyball mu Karere ka Ruhango iri mu myiteguro yo kuzitabira amarushanwa yateguwe na NPC ku rwego rw’igihugu.
Umusore w’umunyarwanda Hadi janvier yatwaye igihembo cy’uwagaragaje imbaraga mu guhatana mu isiganwa ku magare rya la Tropicale Amissa Bongo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze kwemeza ko irushanwa rya CHAN rizaba kuva tariki ya 16/01/2016 kugeza tariki ya 07/02/2016 mu gihugu cy’u Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza amatariki ndetse n’ikibuga imikino nyafurika yo kwishyura izaberaho.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana w’imyaka 22 yabaye uwa mbere mu gace ka mbere k’irushanwa rizenguruka Gabon ryitwa La Tropicale Amissa Bongo ririmo abakinnyi batarengeje imyaka 25.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gushyira ahagaragara gahunda nshya y’igihe imikino y’ibirarane izakinirwa.
Umutoza w’ikipe ya APR FC, Mashami Vincent afite icyizere cyo kuba yasezerera ikipe ya Liga Muçulmana mu mukino wo kwishyura, nyuma y’uko banganyije mu mukino ubanza.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rifatanije na Minisiteri ya Siporo n’umuco batangije amarushanwa y’abatarengeje imyaka 15 (Ferwafa Youth League U15) mu rwego rwo gutegura ikipe y’igihugu Amavubi y’ejo hazaza haba mu bagabo no mu bagore, ndetse no kuzamura impano z’umupira w’amaguru mu gihugu cyose.
Nyuma y’ubuhanga yagaragaje mu mikino nyafurika iri kubera muri Afurika y’epfo, umunyarwandakazi Girubuntu Jeanne d’Arc yasabiwe kujya kwitoreza mu busuwisi.
Nyuma y’imyaka igera kuri itanu umutoza Ally Bizimungu avuye muri Mukura Victory Sports, aratangaza ko yiteguye kujyana ikirego cye mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) nyuma y’aho amaze kubona ko ikipe ya Mukura ikomeje guseta ibirenge mu kibazo cye kandi kimaze igihe.
Umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports Ndayishimiye Eric Bakame yaraye akoranye imyitozo n’ikipe y’Isonga kuri uyu wa kane tariki 12 Gashyantare 2015 mbere yo gufata indege ku wa gatanu asanga abandi mu gihugu cya Cameroon gukina umukino wa Confederation Cup.
Amakipe ahagarariye u Rwanda yamaze gusesekara mu bihugu azaba akiniramo mu mpera z’iki cyumweru aho APR FC yageze i Maputo muri Mozambique naho Rayon Sports ikaba iri kubarizwa muri Cameroun.
Ikipe y’igihugu cy’u Rwanda “Amavubi” yasubiye inyuma ho imyanya ine ku rutonde rwa FIFA (FIFA Coca-Cola ranking) rwasohotse kuwa 12/02/2015.
Nyuma yo kwegukana umudari wa Silver mu mikino Nyafurika ibera muri Afurika y’epfo, umutoza Jonathan Boyer asanga umukinnyi Valens Ndayisenga afite Impano idasanzwe mu mukino w’Amagare.