Mu mpera z’iki cyumweru shampiona y’umukino w’intoki wa Basketball iraba igana ku musozo aho guhera kuri uyu wa gatanu kugeza ku cyumweru taliki ya 28 Kamena 2015 haza gukina imikino isigaye nyuma hakarebwa amakipe ane ya mbere agakina imikino ya Playoffs.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru abakinnyi 54 baturutse mu makipe yose agize ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda araba ahatana muri Shampiyona y’igihugu y’umukino w’amagare .
Nyuma y’aho mu kwezi kwa cumi 2014 abasifuzi bo mu Rwanda bishyuriwe ibirarane bari bafitiwe, kugeza kuri uyu munsi abasifuzi bo mu Rwanda bagiye kumara amezi arenga atandatu batarongera guhembwa amafaranga baba bagomba guhabwa kuri buri mukino
Umukinnyi w’umunyarwanda usanzwe ukina nk’uwabigize umwuga mu ikipe ya MTN Qhubeka aratangaza ko yiteguye kwegukana Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare izaba mu mpera z’iki cyumweru
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu MINALOC, n’Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere RGB baragaya abayobozi b’inzego z’ibanze bashyigikira amanyanga mu marushanwa Umurenge Kagame Cup.
Hategekimana Aphrodis wari umaze igihe kinini akinira ikipe ya Rayon Sports, kuri uyu wa kabiri ku isaha ya Saa saba n’iminota 20 (13h20),nibwo yerekeje muri Kenya gusinya amasezerano y’imyaka 2 aho yatangaje ko yifuza kugaruka ari umutoza wa Rayon Sports
Umukinnyi ukina hagati mu ikipe ya Rayon Sports ndetse no mu ikipe y’igihugu Amavubi aratangaza ko umwaka utaha w’imikino ashobora kuzaba akiri umukinnyi wa Rayon Sports n’ubwo ikipe ya Police Fc nayo imushaka.
Abakinnyi b’ikipe y’abakuze ya Victory FC ikina umupira w’amaguru ikaba yitoreza ku kibuga cyo ku Ruyenzi mu murenge wa Runda, kuri iki cyumweru tariki 21 kamena 2015, bazindukiye mu gikorwa cyo gusana inzu y’umubyeyi Nyiranshuti Donatilla wacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.
Ibitego bibiri by’umukinnyi Ndayisenga Fuadi bihesheje ikipe ya Rayon Sports itike yo kwerekeza muri 1/2 cy’irangiza cy’imikino y’igikombe cy’amahoro aho izahura n’Isonga yasezereye Espoir kuri Penaliti
Ikipe ya INATEK VC yahagaritse umuvuduko w’ikipe ya Rayon Sports VC yari imaze gukina imikino 18 kuva uyu mwaka wa 2015 itaratsindwa,aho yayitsindaga amaseti 3-1 mu mukino w’ikirarane wabereye mu karere ka Ngoma kuri uyu wa Gatandatu
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports biteganijwe ko baza gusubukura imyitozo kuri uyu wa gatanu nyuma y’aho bari bavuze ko batazakina umukino wa 1/4 w’igikombe cy’amahoro batarahabwa ibirarane
Shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda irakomeza mu mpera z’iki cyumweru,nyuma y’akaruhuko katewe n’irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 by’umwihariko muri Basketball rizwi ku izina rya Memorial Gisembe
Guhera taliki ya 15 Ugushyingo kugeza taliki ya 22 Ugushingo 2015, mu Rwanda harabera isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi ku izna rya “Tour du Rwanda “
Ndayisaba Fabrice Foundation yatangije ibkorwa by’imikino n’imyidagaduro bigamije kwibuka abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ibikorwa biri kubera kuri Stade ya Kicukiro kuva taliki ya 16 Kamena 2015
Ikipe ya Gicumbi irangije urugendo rwa Mukura Vs muri uyu mwaka w’imikino, mu gihe ikipe y’Isonga yamanutse mu cyiciro cya kabiri isezereye AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro cyakomezaga kuri uyu wa gatatu mu mikino ya 1/8 cy’irangiza
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’Ubwongereza izwi ku izina rya Barclays Premier League izatangira taliki ya 08 Kanama 2015, nk’uko byemejwe ubwo hatangazwaga ingengabihe y’uko amakipe azahura mu mwaka w’imikino wa 2015/2016
Ikipe ya Espoir yo mu Rwanda nyuma yo gutsinda PJB y’i Goma 78-49 mu bahungu, na Berco Stars y’i Burundi igatsinda PJB y’i Goma kuri 66-50 mu bakobwa,zaje kwisubiza ibikombe zari zaratwaye umwaka ushize
Kuri Uyu wa Gatatu, imikino y’igikombe cy’Amahoro iraba igeze muri kimwe cy;umunani,aho haza gukinwa imikino itanu mu gihe indi itatu izakinwa ku wa kane
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru yatangiye neza urugendo rwo gushaka itike yerekeza mu gikombe cy’Afrika kizabera muri Gabon mu mwaka wa 2017,aho yatsinze ikipe ya Mozambique iwayo igitego kimwe ku busa
Ku munsi wa mbere w’irushanwa rizwi nka Memorial Gisembe ikipe ya Espoir yo mu Rwanda yihereranye ikipe ya Muzinga y’i Burundi iyitsinda 63 kuri 51 mu gihe no mu bakobwa ikipe ya APR BBC yatangiye itsinda The Hoops nayo yo mu Rwanda
Shampiona y’umukino w’intoki wa Volleyball irakomeza kuri uyu wa Gatandatu, aho imikino ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo yamaze gushyirwa mu cyumweru gitaha.
Bamwe mu bakinnyi badasanzwe babona umwanya ubanzamo mu makipe yabo barimo Eric Rutanga na Rugwiro Hervé batoranijwe mu bakinnyi 18 berekeje muri Mozambique mu gihe Kapiteni w’ikipe ya APR Fc yasigaye kubera ikibazo cy’imvune
Amarushanwa y’umupira w’amaguru yo guhatanira igikombe cyitiriwe Umukuru w’Igihugu ku rwego rw’umurenge “Umurenge Kagame Cup”, mu rwego rw’Intara y’Iburasirazuba, yasojwe ikipe y’Umurenge wa Zaza wo mu Karere ka Ngoma mu bahungu ndetse n’iy’Umurenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana mu bakobwa, ari zo zegukanye intsinzi (…)
Kuri uyu wa gatanu haratangira igice cya kabiri cy’irushanwa rya Basketball rizwi ku izina rya Memorial Gisembe,irushanwa rizarangira kuri iki cyumweru tariki 14/6/2015,rikazatabirwa n’amakipe aturutse mu bihugu bine aribyo u Rwanda,Uganda,Burundi na Republika iharanira Demokarasi ya Congo
Nyuma y’aho umwe mu bakinnyi b’Isonga atangarije ko kujya mu ikipe ya APR Fc ari nko kujya muri Gereza,umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR Fc yatangaje mu kiganiro n’abanyamakuru ko nta gahunda yo kugura abo bakinnyi kuko atari bo iyi kipe yifuza
Mu gihe ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje imyitozo yo kwitegura umukino uzayihuza na Mozambique kuri iki cyumweru,hakomeje kuvugwa ko agahimbazamusyi bagenerwaga kaba kagabanutse ndetse byaje no gutuma iyi kipe igirana inama y’amasaha agera kuri abiri na Minisitiri w’Umuco na Siporo.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Kenya,Victor Wanyama usanzwe anakinira Southampton asanga amashyirahamwe y’umupira w’Amaguru mu karere k’Afrika y’Iburasiravuba atuzuza inshingano zawo ndetse bigatuma n’umupira w’Amaguru muri aka karere ukiri ku rwego rwo hasi.
Kuri icyi cyumweru tariki ya 07 Kamena 2015 nibwo irushanwa ry’imiyoborere myiza “Kagame Cup” mu mupira w’amaguru mu bakobwa no mu bahungu ryasojwe mu ntara y’iburengerazuba,ikipe y’akarere ka Rutsiro ikaba ariyo izasohoka mu gihe amakipe y’abakobwa yanenzwe gukora amanyanga ku buryo hashobora kuba nta kipe y’abakobwa (…)
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gutsinda APR Volleyball Club ku mukino wa nyuma w’irushanwa ryo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994,nyuma yo kuyitsinda Amaseti 3-2 mu mukino wabereye kuri Petit Stade Amahoro kuri iki cyumweru.
Ikipe ya APR Handball Club yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, nyuma yo gutsinda ikipe ya Gisirikare yo muri Tanzania ibitego 26-22