Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF) ryarangije kwemeza ko igihugu cya Guinée Équatoriale ari cyo kizakira igikombe cya Afurika cya 2015.
Ikipe ya AS Muhanga yo mu cyiciro cya kabiri ikomeje imyiteguro ya shampiyona y’iki cyiciro aho intego ari ukwifashisha abakinnyi bakomoka muri karere ka Muhanga yizera ko bazayifasha guhita izamuka.
Ikipe ya Meubles Decarte yo mu gihugu cy’u Busuwisi ni yo yabaye iya mbere yo ku mugabane w’u Burayi mu kugera mu Rwanda ije kwitabira irushanwa rya Tour du Rwanda rigomba gutangira kuri iki cyumweru.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC butangaza ko butazigera bwima amahirwe yo kujya mu kibuga rutahizamu wabo Jimmy Mbaraga, uherutse kugaruka mu Rwanda nyuma yo kuva muri iyi kipe atayibwiye.
Irushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare “Tour du Rwanda 2014” rifite umwihariko ko uyu mwaka uzaryegukana ashobora guhita anafata umwanya wa mbere ku mugabane wa Afurika, cyane ko batatu ba mbere kuri uyu mugabane bazarigaragaramo.
Ikipe ya Musanze FC itangaza ko yarangije kwemeza ko uwari umutoza wungirije Nyandwi Idrissa ari we ugiye kuba atoza iyi kipe nk’umutoza mukuru nyuma y’igenda ry’uwari umutoza wayo Okoko Godfroid werekeje muri Mukura FC.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Stephen Constantine yarangije gushyira hanze abakinnyi 21 ari buhagurukane na bo kuri uyu wa gatatu berekeza muri Maroc gukina umukino wa gicuti n’iki gihugu kuri uyu wa gatanu.
Rutahizamu w’ikipe ya Real Madrid Cristiano Ronaldo yakoresheje urubuga rwe rwa Facebook mu guhakana amakuru yavugaga ko akoresha igitutsi gikomeye iyo ashaka kuvuga umukinnyi bahora bahanganye Lionel Messi.
Inzozi z’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 zo kwerekeza mu gikombe cy’isi zaraye zirangiye ubwo iyi yatsindwaga na Algeria amaseti 3-0, mu mukino ubanziriza uwa nyuma w’iri rushanwa rikomeje kubera mu Misiri.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) butangaza ko nta kindi bwafasha ikipe ya Rayon Sports ku kibazo yagiranye na Police FC kubera umukinnyi Sina Jérôme, kirenze kubahuriza mu kanama gashinzwe imyitwarire kakabagira inama kuko impande zombi zakoze amakosa.
Amakipe 15 ni yo yarangije kwemezwa burundu ko azitabira isiganwa rizenguruka u Rwanda n’amagare “Tour du Rwanda” rizatangira mu mpera z’iki cyumweru, aho amakipe atatu yanze kwitabira iri rushanwa kubera Ebola yarangije gusimbuzwa.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Stephen Constantine yatangaje ko imyiteguro y’irushanwa nyafurika rikinwa n’abakinnyi b’imbere mu gihugu (CHAN) itari kugenda nk’uko yabyifuje kubera ubuke bw’imikino ya gicuti ari gukina.
Visi perezida wa kabiri w’ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, Bizimana Festus yaraye atorewe kujya mu buyobozi bw’ ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu bihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (Union Cycliste des Pays Francophones).
Ishyirahamwe ry’umukino wa Rugby mu Rwanda ryaraye ryemeje ko Alex Araire ari we perezida mushya waryo nyuma y’amatora yabereye kuri sitade Amahoro kuri iki cyumweru tariki ya 09/11/2014.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC butangaza ko ibibazo by’ibyangombwa ari byo bitumye abakinnyi bayo bane batari bagaragara ku mukino uwo ari wo wose wa shampiyona y’uyu mwaka wa 2014.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 ntacyo yabashije gukora ku bihugu byari byarayitsinze mu irushanwa riheruka ry’abatarengeje imyaka 21, dore ko impera z’icyumweru zisize itsinzwe imikino yombi yakinnye na Tuniziya na Misiri.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze FC buratangaza ko butiteguye guhita burekura umutoza wayo Okoko Godefroid ngo ajye mu ikipe ya Mukura kuko amasezerano bafitanye avuga ko byibura agomba kubateguza mbere y’ukwezi ngo agende.
Umunsi wa karindwi wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda usize ikipe ya APR FC na Rayon Sports zirushanwa inota rimwe nyuma yaho zombi zashoboye kwegukana intsinzi ya 2-0 kuri uyu wa gatandatu.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF) yarangije gushyira hanze abakinnyi bazatoranywamo uwahize abandi ku mugabane wa Afurika muri uyu mwaka wa 2014.
Imikino ihuza amakipe y’ibihugu yo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba n’iyo hagati (CECAFA) ntigikinwe muri uyu mwaka, nyuma yaho habuze igihugu cyiyakira.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi umwongeleza Stephen Constantine, yarangije gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 26 azifashisha ku mukino wa gicuti iyi kipe ifitanye na Marooc tariki 14/11/2014, ariko ntihagaragaraho abakinnyi nka Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike basanzwe bamenyerewe cyane muri iyi kipe.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 kuri uyu wa gatanu iratangira imikino y’igikombe cya Afurika kiri kubera muri Misiri. Iyi mikino kandi niyo izamenyekaniramo amakipe y’Afurika abiri azitabira igikombe cy’isi kizabera muri Brazil.
Ubuyobozi bwa Fan Club y’ikipe y’igihugu Amavubi buratangaza ko kugeza n’ubu butari bwamenya irengero ry’amafaranga ibihumbi 200 bivugwa ko yanyerejwe na bamwe mu bayobozi mu gihe ibihano bwari bwasabiye bamwe mu bafana bayo bitubahirijwe.
Ubuyobozi bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu karere ka Afurika yo hagati n’iyiburasirazuba (CECAFA) burifuza ko igihugu cya Sudani cyaba ari cyo cyakira amarushanwa ya CECAFA y’ibihugu ateganyijwe mu mpera z’uku kwezi.
Ikipe ya Mukura VS yatanganje ko yasezereye uwari umutoza wayo Kayiranga Baptiste kandi ko uzamusimbura agomba kugeza iyi kipe ku ntego yatangiranye shampiyona.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/06/2014 ku bibuga bya Kimisagara hazakinwa imikino ya Carre d’As isoza shampiyona ya Handball, igahuza amakipe yarangije ku myanya ine ya mbere.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 mu mukino wa Volleyball ubu iri kubarizwa mu mujyi wa Sharm El Sherk mu Misiri aho igomba kwitabira irushanwa nyafurika ry’abatarengeje imyaka 23 rizahabera kuri uyu wa gatanu tariki ya 07/11/2014.
Igitego cya kapiteni Fuade Ndayisenga cyatumye Rayon Sports ikura intsinzi ya 1-0 ku ikipe ya Espoir maze ikomeza kongera igitutu kuri APR FC yo yanganyirije na Police 0-0ku Kicukiro.
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yatunguwe no kwishyurwa ibitego bitatu yari yatsindiye ku kibuga cyayo cya Emirate Stadium ku mugoroba wa tariki 04/11/2014 mu mukino wayihuje na Anderlect yo mu Bubiligi mu marusha ya UEFA Champions League.
Ikipe ya Mukura Victor Sport yo mu karere ka Huye kuri uyu wa 04/11/2014 yaraye ku mwanya wa nyuma n’amanota abiri nyuma yo gutsindwa na Marines igitego 1- 0.