Ikipe y’Ububiligi niyo yabaye iya nyuma mu kubona itike a ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’isi, ubwo yasezereraga Reta zunze ubumwe za Amerika mu mukino 1/8 wamaze iminota 120 ku wa kabiri tariki ya 1/7/2014.
Amakipe ya Nigeria na Algeria yasezerewe n’Ubufaransa n’Ubudage muri 1/8 cy’irangiza kuri uyu wa mbere tariki ya 30/6/2014, niyo yasoje urugendo rw’amakipe ya Afurika mu gikombe cy’isi cy’uyu mwaka kuko ariyo yonyine yari asigayemo.
Ndayisenga Valens na Girubuntu Jeanne d’Arc basanzwe bakinira ikipe ya Amis Sportifs y’i Rwamagana, nibo begukanye umwanya wa mbere mu bagabo no mu bagore mu mikino ya shampiyona y’umukino w’amagare yarangiye ku cyumweru tariki 29/6/2014.
Ku cyumweru tariki ya 29/6/2014, Ubuyobozi bwa Rayon Sport bwemeje ku mugaragaro umutoza wayo mushya, Jean Francois Losciuto, ukomoka mu Bubiligi, akaba aje gusimbura undi mubiligi Luc Eymael wasezeye muri iyo kipe muri Gicurasi uyu mwaka.
Penaliti yatewe ku munota wa 90 na Klaas-Jan Huntelaar, niyo yahesheje intsinzi ikipe y’Ubuholandi tariki 29/06/2014 ubwo yasezereraga Mexique iyitsinze ibitego 2-1, ikazahura na Costa Rica yasezereye Ubugereki kuri penaliti 5-3, nyuma yo gukina iminota 120 amakipe akanganya igitego 1-1.
Ikipe y’igihugu ya Brazil, yatsindiye kujya muri ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’isi biyigoye cyane ubwo yasezereraga Chili hitabajwe za penaliti nyuma yo gukina iminota 120 ari igitego 1-1, maze ikaza gutsinda penaliti 3-2 zatumye yerekeza muri ¼ cy’irangiza.
APR FC yasezereye Kiyovu Sport muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro na Police FC yasezereye SEC Academy kuri uyu wa gatandatu, nizo zizakina umukino wa nyuma uzaba tariki ya 4/7/2014.
Ubuyobozi bwa komite y’Igihugu y’imikino y’abafite ubumuga (Nationa Paralympic Comity) buravuga ko kuva hatangizwa imikino y’abana bafite ubumuga mu karere ka Ngororero, byatinyuye ababyeyi bagiraga ipfunwe ryo gusohora abana babo bafite ubumuga ubu Imibare yabo ikaba ikomeje kwiyongera.
Tariki 28-29/06/2014, mu mugi wa Kigali ndetse no mu muhanda Kigali-Huye hazabera isiganwa ry’amagare rizitabirwa n’amakipe yose icyenda igize Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda mu rwego rwa shampiyona y’uwo mukino ikinwa inshuro imwe mu mwaka.
Irushanwa ngarukamwaka rihuza amakipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA Kagame Cup) rizabera mu Rwanda kuva tariki 09-23/08/2014 rizitabirwa n’amakipe 16, bikazaba ari ubwa mbere mu mateka yaryo rizaba ryitabiriwe n’amakipe menshi.
Rutahizamu wa Uruguay na Liverpool, Luis Suarez, nyuma yo kuruma myugariro w’Ubutaliyani Giorgio Chiellini mu mukino wabahuzaga mu gikombe cy’isi, yafatiwe ibihano ko azamara amazi ane adakina ruhago, ndetse abuzwa kuzakina mikino icyenda y’ikipe y’igihugu ya Uruguay, n’ihazabu y’ibihumbi 65 by’ama pounds.
Ikipe y’igihugu ya Algeria yakoze amateka yo kugera bwa mbere muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’isi nyuma yo kwegukana umwanya wa kabiri mu itsinda rya munani, ubwo yanganyaga n’Uburusiya igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa kane tariki 26/6/2014.
Ikipe ya Nigeria, imwe mu makipe atanu yahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi, n’ubwo yatsinzwe na Argentine ibitego 3-2 mu mukino wa nyuma mu itsinda rya gatandatu, tariki 25/06/2014, yakomezanyije nayo muri 1/8 cy’irangiza ikazahura n’Ubufaransa mu gihe Argentine izakina n’Ubusuwisi.
Ikipe ya Police Handball Club yagaragaje umuvuduko w’uko ishobora kongera kwegukana igikombe cya shampiyona ubwo yarangizaga imikino ibanza (Phase aller) iri ku mwanya wa mbere ikaba irusha Ecole Secondaire Kigoma ya kabiri amanota ane.
Nyuma yo gutsindwa n’Ubugereki ibitego 2-1, ikipe ya Cote d’ivoire yahise isezererwa mu gikombe cy’isi ndetse n’umutoza wayo Sabri Lamouchi afata icyemezo cyo kwegura ku mirimo ye, akaba yajyanye na Cesare Prandelli nawe wasezeye ku kazi ke ubwo ikipe y’Ubutaliyani yatozaga yari imaze gutsindwa na Uruguay igitego 1-0 nayo (…)
Ishyirahamwe ry’umupira w’amagauru ku isi (FIFA) ryatangiye iperereza n’ubushakashatsi bwimbitse kuri rutahizamu wa Uruguay, Luis Suarez, warumye Giorgio Chiellini mu mu mukino wahuzaga Uruguay n’Ubutaliyani bwanahise busezerewa mu gikombe cy’isi butsinzwe igitego 1-0.
Umunyarwanda Muvunyi Hermas Cliff w’imyaka 26 ufite umudari w’isi mu mukino wo kwiruka metro 800 mu bafite ubumuga, ubwo yari mu karere ka Ngoma kuri uyu wa 24/06/2014 yahamagariye abafite ubumuga kutigunga no gukunda sport.
Urwunge rw’Amashuri rwa Camp Kanombe ryo mu karere ka Kicukiro (mu bahungu) ndetse n’Ishuri Ryisumbuye rya Rukara mu karere ka Kayonza (mu bakobwa) ni yo mashuri yegukanye ibikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’umupira w’amaguru yo mu mashuri yisumbuye yitiriwe Umukuru w’igihugu “Schools Kagame Cup”.
Ikipe ya Brazil yagukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya mbere mu gikombe cy’isi, muri 1/8 cy’irangiza izakina na Chili yabaye iya kabiri mu itsinda rya kabiri, naho Ubuholandi bwegukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri bukazakina na Mexique yabaye iya kabiri mu itsinda rya mbere.
Igikombe cy’imiyoborere myiza cyari kimaze igihe gihatanirwa n’amakipe y’abagore ahagarariye uturere twose tw’igihugu cyegukanywe n’akarere ka Rutsiro nyuma yo gutsinda akarere ka Musanze ibitego bine ku busa.
Mu gitondo cyo ku wa 22 Kamena 2014, ku cyicaro cy’akarere ka Muhanga, niho hatangirijwe igikorwa cyo gukora Sport kuri bose mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri Asosiyasiyo y’u Rwanda rwo hagati.
Mu mikino ihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona ya Volleyball, ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club niyo yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda APR VC imikino ibiri kuri umwe ku cyumweru tariki 22/6/2014 kuri Stade ntoya i Remera.
Algeria yatsinze Koreya y’Epfo 4-2 na Portugal yanganyije na Reta zunze ubumwe za Amerika bigoranye, ziyongereye amahirwe yo gukomeza guhatanira gukomeza mu irushanwa ry’igikombe cy’isi, mu gihe Ububiligi bwo bwamaze kwizera gukomeza muri 1/8 cy’irangiza ubwo bwatsindaga Uburusiya igitego 1-0.
Ikipe ya Police FC, mu rwego rwo kwiyubaka yitegura shampiyona izatangira muri Nzeri uyu mwaka, imaze kugura abakinnyi bane bakina ku myanya itandukanye, muri bo batatu bakaba bavuye mu ikipe ya AS Kigali.
Bamwe mu baturage biganjemo urubyiruko bo mu murenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo, baravuga ko bamaze igihe bari mu bwigunge batewe n’ikibuga cy’imikino bakiniragamo ubu kikaba cyarasibamye bitewe n’ibitaka n’indi myanda bagishyizemo, bigatuma kitagikoreshwa.
Ikipe y’ u Bufaransa irimo kwitwara neza mu gikombe cy’isi, ifite amahirwe menshi yo kujya muri 1/8 cy’irangiza nyuma yo kunyagira u Busuwisi ibitego 5-2 mu mukino wayo wa kabiri mu itsinda rya gatanu wabaye ku wa gatanu tariki ya 20/6/2013, naho u Bwongereza burasezererwa nyuma y’aho u Butaliyani bwananirwaga kuyitsindira (…)
Ikipe y’igihugu ya Cote d’Ivoire izategereza umukino wayo wa nyuma mu itsinda izakina n’Ubugereki kugirango yizere gukomeza muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’isi, nyuma yo gutsindwa na Colombia mu mukino wayo wa kabiri ku wa kane tariki 19/6/2014.
Ikipe y’igihugu y’Ubwongereza ifite ibyago byinshi byo gusezererwa mu gikombe cy’isi hakiri kare, nyuma yo gutsindwa na Uruguay ibitego 2-1 mu mukino wo mu itsinda rya kane wabaye ku wa kane tariki 19/6/2014 i Sao Paulo muri Brazil.
Mushambakazi Zura, umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka makumyabiri ukina umukino wa Taekwondo akaba ageze ku rwego rwo gukina mu marushanwa ku rwego rw’isi avuga ko kuba umukino wa Taekwondo ari umukino wo kurwana kandi ukaba usaba ingufu nyinshi bidatuma ataba umukobwa w’umutima nk’abandi.
Umukinnyi w’ikipe y’u Rwanda Nathan Byukusenga yagukanye umwanya wa kane mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka Congo-Kinshasa (Tour de la RDC 2014), ubwo ryatangiraga ku wa gatatu tariki ya 18/6/2014 mu gace ka Kolwezi ho mu ntara ya Katanga.