Mu gihe bamwe bafata Karate nk’umukino njyarugamba kandi wabafasha kwirwanaho igihe hari ubasagariye, abawukina bo bavuga ko ari umukino ushobora kuguha amahirwe yo kugera kuri byinshi mu buzima, ndetse bamwe bemeza ko uwawukinnye asazana ubuzima buzira umuze.
Ikipe ya Police HC irabura umukino umwe ngo itware shampiyona 2024-2025, nyuma yo gutsinda APR HC ibitego 36-30 mu mukino wa kabiri w’imikino ya nyuma ku wa 25 Gicurasi 2025.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Liverpool yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza 2024-2025 yegukanye ifite amanota 84 cyabaye icya 20 itwaye mu mateka, myugariro Trent Alexander-Arnold asezerwaho nyuma y’imyaka 20 ari muri iyi kipe.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Gicurasi 2025 mu Karere ka Huye mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis, hasorejwe irushanwa ngarukamwaka rya Memorial Rutsindura aho amakipe ya APR na Police ari yo yegukanye ibikombe.
Ku wa Gatandatu tariki ya 24 Gicurasi 2025, mu Karere ka Huye mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis hatangiriye irushanwa ngarukamwaka rya Memorial Rutsindura, aho amwe mu makipe yamaze gusezererwa abandi bagera ku mikino ya nyuma.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025 nyuma yo gutsindira i Ngoma Muhazi United 1-0 mu gihe Rayon Sports yanganyirije na Vision FC 0-0 kuri Kigali Pele Stadium.
Ikipe ya Police HC yatsinze APR HC ibitego 26-25 mu mukino wa mbere w’imikino ya nyuma ya kamarampaka igena uzatwara shampiyona 2024-2025, wakiniwe muri Petit Stade mu ijoro ryo ku wa 23 Gicurasi 2025.
Shampiyona ya Handball y’u Rwanda iragana ku musozo aho kuri uyu wa Gatanu hatangira gukinwa imikino ya kamarampaka muri Petit Stade Amahoro
Ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL), ikomeje kugorwa no kubona itike iyerekeza mu mikino ya nyuma (Playoffs), nyuma yo gutakaza umukino wa kabiri wikurikiranya itsinzwe na Made By Ball Basketball Club amanota 94 kuri 88.
Irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse (uri hagati wambaye umupira w’umuhondo) wahoze akina akanatoza Volleyball, riragaruka mu mpera z’iki cyumweru tariki 24 – 25 rikazabera i Huye no ku Gisagara.
Kuri uyu wa Kane , Tuyishimire Placide wari Perezida wa Musanze FC na Rwamuhizi Innocent wari Visi Perezida we beguye ku nshingano zo kuyobora iyi kipe.
Bwa mbere nyuma y’imyaka 17, Ikipe ya Tottenham Hotspur yongeye gutwara igikombe icyo aricyo cyose, nyuma yo gutsindira Manchester United ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2024-2025 wabereye i Bilbao muri Espagne igitego 1-0.
Ikipe ya Bugesera FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yuzuza amanota 34 ayiha amahirwe yo kutamanuka.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2025, kuri Stade ya Nuevo San Mamés Barria muri Espagne hategerejwe ibirori by’umukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2024-2025, aho Manchester United yisobanura na Tottenham Hotspur ufatwa nk’uwo gupfa no gukira kuri buri ruhande.
Ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL), itsinzwe na Alahli yo muri Libya itakaza umwanya wa mbere.
Ikipe ya Rayon Sports izakina imikino ibiri isigaye ya shampiyona nta bafana bari kuri Stade, kubera imvururu zabereye mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona yakiriwe na Bugesera FC ku wa 17 Gicurasi 2025.
Irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball ryo kwibuka Alphonse Rutsindura, wabaye umwarimu mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis (Memorial Rutsindura) rirarimbanyije, aho ibyiciro bimwe byamaze kugera ku mikino ya nyuma.
Umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wahuje Bugesera FC na Rayon Sports ku wa 17 Gicurasi 2025 ugasubikwa utarangiye kubera imvururu uzasubukurirwa ku munota wa 57 wari ugezeho ku wa 21 Gicurasi 2025.
Nyuma yo gutwara shampiyona ya Sitting Volleyball 2024-2025 mu bagabo, umutoza Musanze SVB Ngabonziza Mandela Steven avuga ko ubu ahanze amaso kwagura imbibi akajya gutoza no hanze y’u Rwanda.
Amakipe ya APR HC na Police HC yageze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka izagena izegukana shampiyona Handball asezereye ADEGI na Musanze HC.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri w’imikino y’itsinda rya Nile Conference ririmo kubera i Kigali mu Rwanda, ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino, yatsinze Made By Ball Basketball yo muri Afurika y’Epfo amanota 103 kuri 81 yuzuza imikino 2 idatsindwa.
Ikipe ya APR BBC yatsinze NCT yo muri Kenya amanota 92-63 mu mukino warebwe na Perezida Kagame, ku munsi wa mbere w’imikino yo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 mu gace ka Nile yatangiye mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu.
Ikipe ya APR FC yongeye kuyobora urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda nyuma yo gutsinda Gorilla FC.
Umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wahuzaga Bugesera FC na Rayon Sports wasubitswe kubera umutekano mucye watewe n’ibyemezo by’abasifuzi bitanyuze Aba-Rayons.
Banki nyafurika yitwa NCBA hamwe n’Ikigo gishinzwe imicungire y’icyanya cy’imikino ya Golf, Rwanda Ultimate Golf Course Ltd, byagiranye amasezerano afite agaciro ka Miliyoni imwe y’Amadolari ya Amerika (arenga Miliyari imwe na miliyoni 400 z’Amafaranga y’u Rwanda), hagamijwe kwinjiza abakiri bato mu mukino wa Golf no gutera (…)
Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yandikiye FERWAFA ibaruwa ndende iyisaba kwitonda mu gushyiraho abazasifura umukino uzayihuza na Bugesera FC kuri uyu wa Gatandatu, iri shyirahamwe ryayisabye gutuza kuko ibihe shampiyona igezemo ribizi.
Mu ijoro ryo ku wa Kane, abatoza Ndayishimiye Eric Bakame utoza abanyezamu na Peter Otema wongerera imbaraga abakinnyi muri Bugesera FC, babwiwe ko batazatoza umukino izakiramo Rayon Sports bari bamaze icyumweru bitegura.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore igowe n’imibereho yandikiye Ubuyobozi bw’Umuryango wa Rayon Sports yishyuza imishahara y’amezi atandatu n’uduhimbazamusyi tw’imikino 14 buyibereyemo, bitaba ibyo hakiyambazwa inzengo zisumbuye zibifite mu nshingano.
Kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Rayon Sports yandikiye FERWAFA ibaruwa ndende iyisaba kwitonda mu gushyiraho abazasifura umukino uzayihuza na Bugesera kuri uyu wa Gatandatu
Ikipe ya FC Barcelona yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Espagne ku nshuro ya 28, nyuma yo gutsindira mu rugo mukeba wayo Espagnol basangiye Umujyi ibitego 2-0 ku wa 15 Gicurasi 2025, ikuzuza amanota 85 irusha Real Madrid ya kabiri amanota arindwi.