• CECAFA: ku ikubitiro U Rwanda ruzakina na Tanzania

    Ubuyobozi bwa CECEFA bwashyize ahagaragara uko amakipe azahura mu matsinda y’imikino y’uyu mwaka izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuva tariki ya 25 ugushyingo kugeza 10 ukuboza. Ku ikubitiro u Rwanda ruzabanza gukina na Tanzania tariki 26.



  • U Rwanda rwasezereye Eritrea

    Ibitego 3 kuri 1 u Rwanda rwatsinze Eritrea kuri uyu wa kabiri kuri stade Amahoro nibyo byahesheje Amavubi gukomeza urugamba rwo gushakisha itike yo kuzakina imikino y’igikombe cy’isi cya 2014 muri Brazil. Eritrea yo yahise isezererwa.



  • Amavubi 3-1 Eritireya (Inkuru mu mafoto)

    Umukino urangiye Amavubi atsinze 3-1 cya Eritireya



  • Amavubi yizeye gusezerera Eritrea

    Umutoza w’Amavubi, Milutin Micho n’abamwungirije bafite icyizere cyinshi cyo gusezerera Eritrea mu mukino uhuza amakipe yombi uyu munsi kuri sitade Amahoro i Remera saa cyenda n’igice, mu rwego rwo guhatanira kujya mu matsinda yo gushaka itike yo kuzakinira igikombe cy’isi cya 2014.



  • Eritireya yitoreje kuri stade amahoro uyu mugoroba (inkuru mu mafoto)

    Ejo kuwa kabiri tariki ya 15 Ugushyingo 2011 saa cyenda n’igice hazaba umukino w’umupira w’amaguru kuri stade amahoro wo guhatanira itike yo kujya mu gikombe cy’Isi kizaba mu mwaka wa 2014, uyu mukino uzahuza ikipe y’igihugu Amavubi na Red sea stars ya Eritireya. Ikipe ya Eritireya yageze i Kigali kuwa mbere tariki ya 14 (...)



  • Nyuma yo kunganya na Eritireya Micho yongereye abakinnyi batanu mu Amavubi

    Mu rwego rwo kwitegura umukino wo kwishyura uzahuza u Rwanda na Eritrea i Kigali kuri uyu wa kabiri, umutoza w’Amavubi Milutin Micho yongereye imbaraga mu ikipe ye ashiramo abandi bakinnyi batanu batari bagaragaye mu mukino ubanza wabereye Asmara ku wa gatanu aho amakipe yombi yanganyije igitego kimwe kuri kimwe.



  • Abasifuzi babiri b’abanyarwanda bazasifura CECAFA

    Hudu Munyemana na Gervais Munyanziza nibo basifuzi b’abanyarwanda batoranyjijwe kuzasifura imikono ya CECAFA y’ibihugu izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuva tariki 25 Ugushyingo kugeza 10 Ukuboza.



  • Ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi ya Mukura VS

    Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS bamaze igihe babaho mu buryo budasanzwe dore ko kuva shampiyona yatangira aba bakinnyi bagera kuri 21 basigaye baba hamwe, bakarya kimwe ndetse bakagendera no ku mategeko aho bacumbitse ku i Taba mu mujyi wa Huye.



  • Amavubi yahagurutse i Kigali yerekeza Eritrea

    Nyuma y’uko umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, ashyize ahagaragara abakinnyi 18 bazakina umukino uzabahuza na Eritrea, ku isaha ya saa mbiri n’igice z’iki gitondo nibwo Amavubi yahagurutse I Kigali yerekeza muri Eritereya.



  • CECAFA : u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rimwe na Tanzania

    Muri tombola yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa gatatu, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rimwe na Tanzania mu mikino yo guhatanira igikombe cya CECAFA izatangira tariki 25 ugushyingo kugeza 10 ukuboza uyu mwaka.



  • Amavubi: Daddy Birori akomeje kutitabira imyotozo

    Mu gihe Amavubi yitegura kwerekeza muri Eritrea kuri uyu wa kane, umwe mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bari bategerejwe Daddy Birori ntaragaragara mu myitozo



  • Ntagwabira yongeye kwifuzwa na Simba

    Umutoza mukuru wa Rayon Sport akaba n’uwungirije mu ikipe y’igihugu, Jean Marie Ntagwabira, arifuzwa n’ikipe ya Simba yo mu gihugu cya Tanzania kuko Moses Basena urimo kuyitoza ubu ashobora kwirukanwa.



  • Gasingwa Michel yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA

    Komite nyobozi y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yateranye kuri uyu wa kane tariki ya 3 ugushyingo 20011 yemeje ko Gasingwa Michel ariwe munyamabanga mukuru w’iri shyirahamwe.



  • Sredojevic Milutin ‘Micho’ niwe watorewe kuba umutoza w’Amavubi

    Kuri uyu wa mbere nibwo Minisiriri wa Siporo Protais Mitali yatangaje kumugaragaro ko umunyaserbia Sredojevic Milutin ‘Micho’ ari we uzahabwa akazi ko gutoza Amavubi.



  • CAN 2013: U Rwanda ruzahura na Nigeria mu majonjora

    U Rwanda rwatomboye kuzakina na Nigera mu majonjora y’icyiciro cya kabiri agamije gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika kizabera muri Afurika y’epfo muri 2013.



  • Nshimiyimana yahamagaye abakinnyi 27 bagomba kwitegura Eritrea

    N’ubwo atari ku rutonde rw’abatoza batanu bagomba gutoranywamo umwe uzatoza Amavubi nk’umutoza mukuru, Eric Nshimiyimana yahawe inshingano zo gutoza akanatsinda imikino ibiri u Rwanda rufitanye na Eritrea bityo u Rwanda rukabona gutangira imikino yo mu matsinda yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi.



  • Rayon sport ifite amahirwe menshi yo gukinisha Bokota kuri uyu wa gatandatu

    Ubwo rayon Sport izaba ikina na Nyanza FC mu mukino wa shampiyona uzabera kuri StadeAmahoro i remera kuri uyu wa gatandatu, Bokota Labama umaze iminsi akora imyitozao muri Rayon Sport, ashobora kuzagaragara muri uwo mukino kuko Darling Club Motema Pembe (DCMP) yakiniraga na Rayon Sport zamaze kumvikana.



  • Espoir FC: Pascal Rukundo yahanwe kubera imyitwarire mibi

    Ubuyobozi bw’ishyirahanmwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa kane bwahanishije Pascal Rukundo igihano cyo kudakina imikino ibiri ya Shampiyona kubera imyitwarire mibi yagaragaje ubwo yatezaga imvururu zanumvikanyemo urusaku rw’amasasu ubwo Espoir FC akinira yari yakiriye Kiyovu Sport i Rusizi.



  • Amavubi : Abatoza batanu batoranyijwe bakoze ikizamini cyo kuvuga (Interview)

    Abatoza batanu bagomba kuzavamo umwe uzatoza Amavubi, kuri uyu wa kane ku cyicaro cya Minisiteri ya Siporo, bakoze ikizamini cyo kwisobanura mu mvugo, bagaragaza umumenyi bwabo ndetse n’icyo bazakorera umupira w’amaguru w’u Rwanda.



  • Stade Huye : Icyiciro cyo gutunganya ikibuga kizarangira mu mezi atatu ari imbere

    Hashize igihe gisaga amezi atandatu ikipe ya Mukura idakinira kuri sitade isanzwe imenyereweho ariyo sitade ya Huye ,bamwe bita Imbehe Ya Mukura. Iyi Sitade imaze igihe irimo kuvugururwa aho biteganywa ko niyuzura izaba ari sitade iruta iyari isanzwe, haba mu bunini ndetse no mu bwiza.



  • Amavubi: Abatoza batanu bazatoranywamo umwe bamaze kumenyekana

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa kabiri ryashyize ahagaragara abatoza batanu bazatoranywamo umwe uzahabwa akazi ko gutoza ikipe y’igihugu akazatangazwa ku mugaragaro nyuma y’itariki 15 Ugushyingo.



  • Rayon Sport FC na APR FC zagabanye amanota

    Umukino wahuje Rayon Sport FC na APR FC kuri Stade Amahoro i Remera kuri icyi cyumweru, mu mahane no kutavuga rumwe ku misifurire, warangiye aya makipe anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.



  • Rayons Sport FC 2-2 APR FC (Inkuru mu mafoto)

    Umukino wahuje aya makipe yombi warangiye amakipe anganya ibitego 2-2



  • Rayons Sport FC vs APR FC mu gihe gito rurambikana

    Mu masaha make ari imbere saa kumi n’imwe (17h00) ruraba rwambikanye hagati ya Rayons Sports na APR mu mukino wa shampiyona ugomba kubahuza uyu munsi. imyiteguro kuri stade ni yose ku bafana b’impande zombi.



  • Ntagungira Célestin « Abega » yegukanye kuyobora FERWAFA

    Nyuma yo guhundagazwaho amajwi angana na 83 ku ijana n’abanyamuryango b’ishyirahammwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Ukwakira 2011 ku cyicaro cy’iri shyirahamwe i Remera, Celestin Ntagungira ‘Abega’ ni we watorewe kuba umuyobozi mushya w’iri shyirahamwe.



  • Rayon vs APR: Umukino w’imbonekarimwe kuri iki cyumweru

    Kuri iki cyumweru tariki ya 23 Ukwakira saa kumi n’igice, nibwo ruzaba rwambikanye hagati y’amakipe abiri afite abafana benshi kurusha ayandi mu Rwanda, aho Rayon Sport izaba yakira APR FC kuri Stade Amahoro i Remera.



  • U Rwanda rugiye kubaka Stade nshya iruta Stade Amahoro

    Mu gihe u Rwanda rukomejeke kugirirwa icyizere cyo kwakira imikino mpuzamahanga itandukanye harimo n’iy’umupira w’amaguru, u Rwanda rugiye kubaka stade nini izajya ibasha kwakira abazajya bitabira iyo mikono.



  • Uzatoza Amavubi azashyirwaho nyuma y’umukino wa Eritrea

    Minisitiri wa Sport Protais Mitali aratangaza ko uzatoza Amavubi agomba gushyirwaho nyuma y’itariki 15 Ugushyingo ubwo u Rwanda ruzaba rumaze gukina na Eritrea umukino w’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi.



  • Munyankindi yasezerewe na Espoir FC

    Nyuma y’imikino ine gusa ya shampiyona ikipe ya Espoir FC ibarizwa mu ntara y’uburengerazuba mu karere ka Rusizi yirukanye uwayitozaga Jean Paul Munyankindi kubera umusaruro mubi n’imyitwarire itarashimwaga n’ubuyobozi.



  • Amavubi azatangira kwitegura Erithrea tariki 30

    Tariki ya 30 Ukwakira nibwo ikipe y’igihungu y’umupira w’amaguru Amavubi izatangira kwitegura umukino uzayihuza na Eritrea mu majonjora yo gushaka itike yo kuzakina igokombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.



Izindi nkuru: