• umutoza Micho nabamwungirije bakurikye umukino.

    Umutoza w’Amavubi yasabye imbabazi Abanyarwanda nyuma yo gutsindwa ibitego bitanu

    Umutoza Micho yasabye imbabazi Abanyarwanda, avuga ko nawe atashobora gusobanura icyateye kunyagirwa na Tuniziya ibitego 5-1, mu mukino wa gicuti waraye ubaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 27/05/2012.



  • Algeria yatsinze Niger mu mukino wo kwitegura u Rwanda

    Ikipe y’igihugu ya Algeria yatsinze iya Niger ibitego bitatu ku busa mu mukino wa gicuti wo kwitegura kuzakina n’u Rwanda. Uyu mukino wabereye kuri stade Tchaker iherereye mu mujyi wa Blida ku wa gatandatu tariki 26/6/2012.



  • Umutoza w’Amavubi ntavuga rumwe na Uzamukunda Elias

    Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, yagaye imyitwarire ya Uzamukunda Elias ‘Baby’ kugeza ubu utari wagera mu myitozo y’ikipe y’igihugu aho iri muri Tuniziya, mu gihe Uzamukunda we avuga ko yamusobanuriye impamvu ataraza kandi ngo akaba yumva zifite ishingiro.



  • Ngo ntakunda umuntu utuma ibikorwa bye bitagaragarira buri wese.

    Messi ngo yaba adakunda ko hagira umujya mu zuba

    Ubushakashatsi bwakozwe kuri Lionnel Messi umukinnyi ufatwa nka nimero ya mbere ku isi mu mupira w’amaguru, bwagagaje byinshi birimo ko adakunda ko hagira umukingiriza mu byo akora byose.



  • Amavubi mu myitozo muri Tuniziya.

    Umukino wa Tuniziya ni uwo gutanga icyerekezo ku Mavubi-Micho

    Umutoza w’igipe y’igihugu, Micho, aratangaza ko umukino wo kuri iki cyumweru uzamuhuza na Tuniziya uzamufasha kuzamura icyizere kandi ngo icyo kizere kiraboneka uko bagenda bakina imikino mpuzamahanga.



  • Gutera penaliti nyuma y’umukino bishobora kuvaho

    Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira ku isi (FIFA), Sepp Blatter yatangaje ko umupira w’amaguru uta umwimerere iyo umukino urangiye bagaterae penaliti. Yabitangaje kuri uyu wa gatanu tariki 25/5/2012 mu nama ihuje abanyamuryango ba FIFA iri kubera muri Roumania.



  • “Gutsindwa na Libya byahaye Amavubi isomo” - umutoza wungirije

    Umutoza w’Amavubi wungirije, Eric Nshimiyimana, avuga ko kuba Amavubi yaratsinzwe na Libya mu mikino wa gicuti bakiniye muri Tuniziya, byabahaye isomo ryo gukomeza kwitegura neza Algeria, kuko Libya ikina kimwe nabo.



  • Abo muri Amerika y

    Kuririmba indirimbo zubahiriza ibihugu mbere y’umukino ni ukuvanga politiki ?

    Ubwo hazaba hakinwa umukino wa nyuma w’igikombe cy’umwami muri Espagne tariki 25/05/2012, Abafana ba Atletico Bilbao na FC Barcelona batangaje ko ubwo hazaba haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu bazavuza induru mu rwego rwo kongera gusaba ubwigenge bakomeje gusaba.



  • Umukino wa Nigeria n’u Rwanda uzayoborwa n’umusifuzi wo muri Cote d’Ivoire

    Umukino wo kwishyura uzahura u Rwanda na Nigeria tariki 17/06/2012 uzasifurwa na Desire Doue Noumandiez w’imyaka 42 akaba yaratangiye kuyobora imikino mpuzamahanga muri 2004.



  • Libya yatsinze Amavubi ibitego bibiri ku busa

    U Rwanda rwatsinzwe umukino wa gicuti na Libya ibitego bibiri ku busa. Ngo uyu mukino wabaye tariki 23/05/2012 usigiye abatoza isomo rikomeye mu kwitegura umukino wa Algeria no kubona ubushobozi bwa buri mukinnyi; nk’uko byatangajwe n’umutoza wungirije w’Amavubi.



  • “Umukino wa Tunisia n’u Rwanda ni uwo gushyira abakinnyi ku murongo”- umutoza wa Tunisia

    Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Tunisia, Sami Trabelsi, yatangaje ko abakinnyi yahamagaye mu mukino wa gicuti uzabahuza n’u Rwanda bakeneye imyiteguro ikarishye no kubashyira ku murongo umwe kuko bamwe bari no mu biruhuko.



  • Imyitozo ya Rayon Sport ntiyahagaritswe n’ibirarane by’imishahara

    Imyitozo Rayon Sport yagombaga gutangira kuwa mbere tariki 21/05/2012 yahagaritswe n’ibiganiro hagati y’iyo kipe n’umuterankunga SORAS biri gutera intambwe ishimishije aho kuba ibirarane by’imyishahara; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga wa Rayon Sport, Gakwaya Olivier.



  • Imyaka yose amaze muri Chelsea, Drogba ngo yari ategereje igikombe cya Champions League.

    Drogba ashobora kuva vuba muri Chelsea

    Penaliti y’intsinzi yateye ku mukino wa nyuma wa Champions League ishobora kuba inshuro ya nyuma Didier Drogba akinnye yambaye imyenda y’ubururu ya Chelsea; nk’uko yabitangarije bagenzi be kuri iki cyumweru.



  • Amavubi arakina umukino wa gicuti na Libya kuri uyu wa gatatu

    Nyuma yo kujya gukorera imyitozo muri Tunisia, kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012, Amavubi arakina umukino wa gicuti na Libya mu rwego rwo kwitegura umukino w’amajonjora y’igikombe cy’isi uzahuza Algeria n’u Rwanda tariki 02/06/2012.



  • Didier Drogba yishimira igikombe cya Champions League.

    “Uyu mugoroba numvaga ntongera kubabara”-Didier Drogba

    Didier Drogba niwe wabaye intwari ku gikombe cya UEFA Champions League 2012 kuko yatsinze igitego cyo kunganya ndetse na penaliti y’intsinzi kandi avuga ko uwo mukino ari bimwe mu bihe bikomeye mu mupira w’amaguru yari ategereje.



  • Katauti na Bakame ntabwo bari mu bakinnyi bagiye muri Tuniziya

    Uwahoze ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Ndikumana Hamad (Katauti), n’umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame) ntabwo batoranyijwe n’umutoza Milutin Micho mu bakinnyi yajyanye nabo muri Tuniziya kwitegura umukino uzahuza u Rwanda na Algeria tariki 02/06/2012.



  • Minisitiri Mitali ahereza Olivier Karekezi ibendera ry

    Mitali yasabye Amavubi guhesha ishema u Rwanda muri Algeria

    Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, yasabye abakinnyi b’ikipe y’igihugu kuzaharanira ishema ry’u Rwanda mu mukino bafitanye na Algeria mu rwego rwo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.



  • Abakinnyi ba Bayern Munich nyuma y

    Chelsea yegukanye igikombe cya Champions League ku nshuro ya mbere

    Bwa mbere mu mateka yayo, Chelsea FC yegukanye igikombe gihatanirwa n’amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’Uburayi (Champions League) nyuma yo gutsinda Bayern Munich penaliti 4 kuri 3, mu mukino wabereye i Munich mu Budage tariki 19/5/2012.



  • Hazakenerwa ubufasha bwa FIFA kuko ibikoresho byo kureba niba ibitego byinjiye mu izamu bihenze- Gasingwa Michel

    Umunyamabanga w’ishirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Gasingwa Michel, avuga ko buryo bubiri bwo kumenya niba igitego cyinjiye mu izamu buzakoreshwa buzagabanya ibibazo biri kugaragara mu mupira.



  • Umutoza Brandts azakomeza gutoza ikipe ya APR FC

    Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC buratangaza ko bugifitiye icyizere umutoza Ernie Brandts kandi ko azakomeza gutoza iyi kipe nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona cy’uyu mwaka, n’ubwo hari bamwe mu bafana bakomeje kunenga ubushobozi bwe.



  • Imodoka Mafisango yari arimo (Photo/Nasra Nassor)

    Patrick Mafisango yitabye Imana azize impanuka

    Mafisango Patrick wakiniraga ikipe y’igihugu (Amavubi) na Simba yo muri Tanzaniya yitabye Imana Imana azize impanuka kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012 saa kumi za mu gitondo mu mujyi wa Dar Es Salaam.



  • Abakinnyi b

    Amagaju yarangije shampiyona atsinda Kiyovu

    Amagaju yarangije shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru itsinze Kiyovu Sport igitegokimwe ku busa mu mukino wabereye i Nyagisenyi tariki 15/05/2012. Igitego cyahesheje Amagaju intsinzi cyatsinzwe na Bangamwabo Karim ku munota wa 70.



  • APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya 13

    Igitego cya Sebanani Emmanuel “Crespo” wahoze ari umukinnyi wa APR FC nicyo cyahaye APR FC igikombe cya 13 ubwo Mukura yansindaga Police FC igitego kimwe ku busa tariki 15/05/2012 mu mukino wabereye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali.



  • Shampiyona y’u Rwanda itaha izitabirwa n’amakipe 14

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryamaze kwemeza ko mu mwaka w’imikino utaha amakipe azava kuri 12 nk’uko byari bisanzwe akagera kuri 14.



  • Katauti na Mafisango bongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu

    Ndikumana Hamad (Katauti) na Patrick Mutesa Mafisango bahamagawe mu ikipe y’abakinnyi 32 bazakina imikino wa Algeria na Benin mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2014 naho Kalisa Mao ntiyahamagawe kubera imyitozo mike.



  • Abafana ba Manchester City bishimira insinzi.

    Ibitego 2 byo mu minota y’inyongera byatumye Man City itwara igikombe

    Iminota 5 y’inyongera yongewe ku mukino wahuzaga Manchester City na Queens Park Rangers (QPR) tariki 13/05/2012, yatumye Manchester City ibona ibitego 2 byatumye itwara igikombe, nyuma y’aho Manchester United zarwaniraha igikombe yizeraga kugitwara kuko yo yari yatsinze Sunderland igitego kimwe ku busa.



  • U Rwanda rugiye gukina umukino wa gicuti na Irak

    Mu rwego rwo gukomeza gutegura imikino yo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014, u Rwanda rurateganya gukina umukino wa gicuti na Irak, uwo mukino ukazabera mu gihugu cya Turukiya.



  • Marines yagabanyije amahirwe ya Police yo gutwara igikombe

    Umunsi wa 24 wa shampiyona wasigiye APR FC icyizere cyo gutwara igikombe nyuma y’uko Police FC itsindiwe kuri stade Umuganda na Marines FC 1-0 nubwo iyi igifite imikino ibiri.



  • Abafana bategereje Kiyovu amaso ahera mu kirere.

    Mukura yategereje Kiyovu ku kibuga iraheba

    Umukino wa 24 wa shampiyona wagombaga guhuza Kiyovu Sport na Mukura VS tariki 12/05/2012 ntiwabaye kuko Kiyovu itabonetse ku kibuga cya Kamena kandi nta mpamvu zatumye Kiyovu itaboneka ku kibuga zamenyekanye.



  • Musanze na Muhanga zagarutse mu cyiciro cya mbere

    Musanze FC na AS Muhanga zizakina shampiyona y’icyiro cya mbere mu mwaka w’imikino utaha, nyuma yo gutsinda amakipe zari zihanganye muri ½ cy’irangiza mu mikino yo mu cyiciro cya kabiri yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 12/5/2012.



Izindi nkuru: