Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aratangaza ko umushinga wo gukura mu bukene abaturage basaga ibihumbi 250 bari munsi y’umurongo w’ubukene wiswe umuhora wa Kaduha- Gitwe Corridor mu Ntara y’Amajyepfo, ugenda gahoro ugereranyije n’ibimaze gukorwa mu mezi atatu utangiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwatangiye gahunda idasanzwe yo kwita ku bana bari munsi y’imyaka itanu bagapimwa ibiro, uburebure n’ikizigira cy’umwana, kugira ngo harebwe imiterere y’imikurire yabo.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyonirima mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, barasaba Leta kubemerera gukorera ibikorwa binyuranye ku butaka bwabo, nyuma y’uko muri ako gace kegereye ibirunga bahagarikiwe kubaka no gusana inzu, abafite izishaje zikaba zatangiye gusenyuka.
Imibare iheruka gushyirwa ahagaragara n’Ikigo cy’Ubwiteganirize mu Rwanda (RSSB), igaragaza ko abamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza (Mituweri) bw’umwaka wa 2020-2021 bangana na 84.9%.
Abaturage b’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga baratangaza ko ikiraro cyo mu kirere gihuza utugari twa Kanyinya na Nyamirama kije kurokora abagwaga mu masangano ya Nyagako ahahurira imigezi ibiri yuzuraga igaheza bamwe hakurya, abagerageje kwambuka bakagwamo.
Mu mwaka wa 2007 abarimu n’abandi bakozi bagera kuri 200 ba Kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisiti (INILAK), bishyize hamwe basaba ubuyobozi bw’iyo kaminuza kujya bubakata amafaranga make make ku mishahara, kugira ngo buri munyamuryango w’icyo kimina ajye afatamo inguzanyo yamuteza imbere uko abishaka.
Umunyamategeko Urujeni Martine akaba n’umukozi wa Minisiteri y’Ubutabera, avuga ko imibare y’abagaragarwaho ingengabitekerezo ya Jenoside igenda yiyongera, nyamara hari ibihano ku bahamijwe n’urukiko icyo cyaha.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) bacumbikirwa hanze yacyo, mu masaha y’ijoro batunguwe n’inkongi y’umuriro yafashe amacumbi bararamo, by’amahirwe ntawe wagize icyo aba.
Ubuyobozi bwa ‘Gasmeth’, sosiyete izacukura gaze méthane ikayibyazamo iyo gutekesha, buratangaza ko hari ikizere ko umwaka wa 2022 uzasiga Abanyarwanda batangiye kuyitekesha, uwo mushinga ngo wagombye kuba waratangiye ariko udindizwa n’icyorezo cya Covid-19.
Mbere y’uko tuvuga ku buryo bukwiye bwo guhana umwana, tubanze twibaze niba abantu bumva neza guhana umwana icyo aricyo. Hari abitirinanya guhana umwana no guhohotera umwana.
Mu ijoro ryo ku wa 22 Gashyantare 2021, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Gashora, yafatiye mu cyuho Tuyizere Emmanuel w’imyaka 21, Nteziryayo Damascène w’imyaka 26 na Nsabimana Boniface w’imyaka 34. Bafashwe barimo gucukura utwuma turinda inkuba kwangiza amatara yo ku mihanda.
Nyuma y’uko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye bagaragaje ikibazo cy’inyamaswa zituruka mu ishyama ry’Ibisi bya Huye zikabarira amatungo, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gashyantare 2021, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwabashumbushije andi matungo.
Uruganda rw’amazi rwa Kanzenze rumaze igihe rwubakwa mu Karere ka Bugesera, rwitezweho gukemura ikibazo cy’amazi mu bice byayaburaga cyane mu Mujyi wa Kigali no mu Karere ka Bugesera.
Umukozi wa Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ushinzwe ubucuruzi bw’imbere mu gihugu, Karangwa Cassien, avuga ko kubura isoko kwa bimwe mu bihingwa byatewe no kuba hari abaguzi banini bamaze igihe kinini badakora kubera kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Itsinda ryoherejwe n’Umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ ritangaza ko ryatunguwe n’uburyo u Rwanda rwiteguye kwakira inama z’uwo muryango zitezwe mu kwezi kwa Kamena 2021.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Kabaya, ku Cyumweru tariki ya 21 Gashyantare 2021 yafashe abantu babiri bafite amajerikani 9 arimo lisansi bigakekwa ko bayibye, bafashwe barimo kuyicuruza mu buryo butemewe.
Nyuma y’imyaka ine batangiye ubuhinzi bw’ibigori, abahinzi bibumbiye muri Koperative ‘Abajyana n’igihe’ ikorera mu Murenge wa Muko, bageze ku rwego rwo kwiyuzuriza uruganda rwongerera agaciro umusaruro w’ibigori.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke barishimira ko mu gihe cya vuba bazaba batakivunwa n’ingendo no kubura uko bageza umusaruro wabo ku masoko, babikesha imihanda mishya imaze igihe gito itangiye gutunganywa.
Abaturiye ikiyaga cya Burera, basaba ubuyobozi gushyiraho ingamba zihamye, zituma icyo kiyaga kirushaho kubungabungwa no kubyazwa umusaruro, kugira ngo kirusheho kuba mu biyaga bikurura ba mukerarugendo.
Mu gihe urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Gakenke bakomeje kwesa imihigo, aho bubakira abatishoboye n’ibindi bikorwa remezo, raporo y’ako karere igaragaza ko mu kwezi kumwe urwo rubyiruko rwatanze imbaraga z’agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda asaga 8,000,000.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Muhanga yangije byinshi birimo ikiraro cyo ku muhanda Cyakabiri- Ndusu-Nyabikenke, ibigori bya Koperative Tuzamurane n’amazu ane y’abaturage bo mu murenge wa Cyeza.
Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo abategura irushanwa rya Miss Rwanda 2021 batangazaga abakobwa 37 bahagarariye Intara n’Umujyi wa Kigali bazakomeza mu irushanwa, hagaragaye uduseke twubitse twari twateguwe mu rwego rwo kurimbisha ahaberaga uyu muhango. Icyakora utwo duseke ntitwavuzweho rumwe n’abarebaga aya marushanwa (…)
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye, baratangaza ko babangamiwe n’inyamaswa zitaramenyekana zibarira amatungo, amwe zikayica burundu andi zikayakomeretsa.
Umubyeyi witwa Amani wo mu Karere ka Muhanga arasaba ababyeyi kujya bibuka kugenzura abana babo bakiri bato kuko bashobora guhura n’impanuka zanabageza ku rupfu, kuko uwe byamubayeho agapfa azize kwizingira mu byo bari bamworoshe.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gashyantare 2021, Dosiye ya Idamange Iryamugwiza Yvonne, irara ishyikirijwe Ubushinjacyaha kugira ngo akurikiranwe ku byaha akekwaho.
Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yafunze uwitwa Habanabashaka Emmanuel ukekwaho kwiyita umwe muri ’Youth Volunteers’ (Urubyiruko rw’abakorerabushake), watijwe umwenda warugenewe n’uwitwa Ayubu, ashaka gafungisha amaduka n’amaresitora ku Cyivugiza mu Murenge wa Gitega mu karere ka Nyarugenge.
Mutesi Aurore wabaye Miss Rwanda 2012 akaba kuri ubu aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yamaze kwemeza ko urugendo rwo kubana nk’umugore n’umugabo hagati ye na Egide Mbabazi, barushyizeho iherezo.
Urwego rw‘abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga rwabujije abacuruza ibyo kurya muri resitora kugurisha inzoga abafata amafunguro, kuko ngo bigera aho hagahinduka akabare.
Urugaga rw’abagore n’urw’urubyiruko zishamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi bakomeje kubakira abatishiboye badafite amacumbi, aho bujuje inzu 20 zifite agaciro k’asaga miliyoni 60 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ingingo ya gatatu y’Iteka rya Perezida wa Repubulika N° 54/01 ryo ku wa 24/02/2017 rishyiraho iminsi y’Ikiruhuko rusange, igaragaza iminsi itarenga 15 mu mwaka abantu bafatiraho akaruhuko utabariyemo impera za buri cyumweru.