Urwego rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Ruhango rwatangaje ko buri mucuruzi agomba nibura kwishyura amafaranga 2000 yo kongerera ubushobozi abakorerabushake bafasha abantu mu kurwanya Covid-19.
Abantu 19 barimo abagabo barindwi bafatiwe mu rwuri rw’umworozi mu Murenge wa Karangazi aho bamaze umwaka n’igice basenga.
Ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye haracicikana ibaruwa y’Umupadiri witwa Fidèle de Charles Ntiyamira yandikiye Nyiricyubahiro Musenyeri Servilien Nzakamwita, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba, asezera ku muhamagaro w’Ubupadiri, kuko yifuza gushinga urugo.
Bamwe mu batuye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’imyitwarire ya bamwe mu banyerondo bitwaza inshingano bafite bakabahohotera, ku buryo harimo abakubitwa bagakomeretswa, ubuyobozi bukavuga ko ibyo bidakwiye.
Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yifuje intsinzi abakinnyi b’u Rwanda bitabiriye imikino Olempike ya 2021 ibera i Tokyo mu Buyapani.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Nyakanga 2021, mu ishuri rya Polisi riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari), hasojwe amahugurwa y’abapolisi 30 bahugurwaga ku bijyanye no gucunga umutekano bifashishije za moto zabugenewe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko amabwiriza ya Minisiteri y’Ubucuruzi yo kwirinda Covid-19 ntaho yemerera abaranguza z’inzoga (dépôts) gukingura ngo bacuruze, mu gihe ako karere kari muri Guma mu Rugo.
Umugore witwa Nyiramvukiyehe Marie Josée, arashakishwa n’abaturage bo mu Kagari ka Kabeza, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, nyuma yo gutorokana amafaranga yabo angana na miliyoni enye n’ibihumbi magana inani (4,800,000Frw), bajyaga batanga mu kibina nk’imigabane, bakaba bari biteguye kugabana.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, by’umwihariko abo mu Murenge wa Gacaca, bavuga ko ikibazo cy’abatekamutwe bakomeje kubatwara amafaranga n’amaterefone biyitirira inzego runaka kibahangayikishije.
Mu Kagari ka Tetero Umurenge wa Muhima mu mudugudu wa Tetero hafi y’ahahoze isoko rya Nyabugogo, habereye impanuka y’inkongi y’umuriro yangije ibintu birimo inzi zo guturamo, ibikoresho by’ubudozi bwa made in Rwanda n’idepo y’amakara, byose hamwe bifite agaciro kari hejuru ya miliyoni zirenga eshanu z’Amafaranga y’u Rwanda.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Col Ronald Rwivanga, yemereye Kigali Today ko umutwe w’Ingabo z’u Rwanda zatangiye kurwanya umutwe w’iterabwoba ugendera ku mahame ya kiyisilamu muri Mozambique.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko inyubako za Leta zose zirimo kubarurwa no kwandikwa mu izina rya Minisiteri y’Ibikorwaremezo(MININFRA), nyuma yaho izidakoreshwa zikazajya zihabwa abavuye hanze batagiraga aho bakorera.
Bamwe mu bahinzi mu Karere ka Nyagatare bahinga mu mirenge badatuyemo bavuga ko n’ubwo ibikorwa by’uhinzi byemewe no mu gihe cya Guma mu Rugo, ariko babuze uko bajya gusarura kubera ko amabwiriza ajyanye n’iyo gahunda atemerera ibinyabiziga bakoresha kujya mu muhanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ubuzima bwose bw’igihugu n’uburezi budasigaye ku bana bose, ariko by’umwihariko ku bana b’abakobwa.
Nyuma y’uko urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Huye rwiyemeje gushyiraho abahwitura abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, ubu rwabashyizeho no mu isoko rya Huye, icyakora hari abavuga ko batari ngombwa, kuko baje basanga hari abandi bashyizweho n’ubuyobozi bw’isoko.
Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byayo bya buri munsi byo kurwanya no gufata abakora bakanacuruza inzoga zitemewe ndetse n’ibiyobyabwenge, ku wa Gatatu tariki ya 21 Nyakanga 2021 yafashe litiro 1,350 z’inzoga zitemewe n’ibiro 2 by’urumogi, byose bikaba byafatiwe mu Karere ka Huye, Nyamasheke na Rubavu.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali barasaba ko gahunda yo gutwika imurambo hagashyingurwa ivu yakwihutiswa kuko basanga hari byinshi izabafasha, nko kurengera ubutaka bwashyingurwagaho bugakoreshwa ibindi ndetse n’amafaranga yabigendagaho agafasha umuryango wagize ibyago.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangarije Inteko ko Guverinoma igiye kwikubita agashyi, ikamenya aho urubyiruko rufite impano zo gukora udushya ruherereye, kugira ngo rufashwe kunoza iyo mishinga no kuyigeza ku isoko.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko kurwanya COVID-19 bitareba umuyobozi gusa ahubwo ari uruhare rwa buri muturage guha agaciro ubuzima bwe kuko kurangaraho gato ari uguha icyuho urupfu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze burizeza abaturage ko inyubako nshya y’ibiro by’Umurenge wabo wa Kinigi imaze igihe kinini yaradindiye, ibikorwa byo kuyubaka bizasubukurwa muri Kanama 2021.
Akarere ka Rubavu gakomeje igikorwa cyo kugeza ibiribwa ku baturage batishoboye muri iki gihe cya Guma mu Rugo, gusa ngo hari abo byatinze kugeraho ndetse hakaba hari abari batangiye kuvuga ko babayeho nabi badashobora kubahiriza Guma mu Rugo, ariko aho bibagereyeho barabyishimiye.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruratangaza ko mu rwego rwo kurushaho kurwanya Covid-19 muri za gereza, imfungwa n’abagororwa bakurikiranwa cyane kandi bagasabwa kubahiriza ingamba zashyizweho zo kwirinda icyo cyorezo.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Eduard Ngirente watangije Inama ya 41 y’Abayobozi b’Imijyi bibumbiye mu Ishyirahamwe ry’Abayobozi b’Imijyi ikoresha ururimi rw’Igifaransa (AIMF), yagaragaje uburyo ikoranabuhanga ryoroheje gutanga serivisi no kwihutisha iterambere n’imibereho y’umuturage.
Muri iki gihe uturere turimo n’aka Burera turi muri gahunda ya Guma mu Rugo, nyuma yo kuzamuka gukabije kw’imibare y’abandura Covid-19, mu Karere ka Burera iyo gahunda iradindizwa na bimwe mu birori abaturage bakora birimo n’umuhango wiswe Ubuteka.
Ku wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021 ahagana saa mbiri z’ijoro, abapolisi bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 bafashe abantu 12 banywera inzoga muri butiki yahindutse akabari.
Abaturage b’Akagari ka Kabare, Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko batishimiye uburyo ibiribwa byagenewe abagizweho ingaruka na Covid-19 byahawe abishoboye aho guhabwa abakene.
Bamwe mu batuye Akarere ka Musanze barasaba inzego z’ubuzima gusobanurirwa neza imikorere y’igipimo cyo mu zuru cyifashihwa mu gusuzuma Covid-19, kuko bimaze kugaragara ko hari abatinya kwisuzumisha bagendeye ku makuru make bafite.
Umubyeyi utwite witwa Mujawamariya Olive, atanga ubuhamya bw’uko byamugendekeye akimenya ko arwaye Covid-19, ngo bigitangira yumvise afite intege nke, ariko abyitirira kuba ari ibijyanye n’inda, bisanzwe ku bagore batwite.
Mu gikorwa cy’ubukangurambaga n’ubuvugizi cyateguwe n’umuryango Save Generations Organization, ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ku bagore n’abagabo ku kigero kingana, bigamije kugabanya icyuho kiri hagati y’abagore n’abagabo mu gukoresha ikoranabuhanga no kuvanaho imbogamizi zituma badakoresha ikoranabuhanga; bamwe mu bagore (…)
Umuyobozi w’Umujyi wa Paris (Umurwa Mukuru w’u Bufaransa), Anne Hidalgo witabiriye Inama mpuzamahanga y’abayobozi b’imijyi ivuga Igifaransa, hamwe na mugenzi we uyubora Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, bashyize umukono ku masezerano y’ubutwererane, agamije guhindura Kigali igicumbi cy’umuco n’ikoranabuhanga.