Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), irasaba abajyanama ku rwego rw’akarere, gufata umwanya wo kumva abaturage, kubera ko impamvu batorwa ngo bahagararire abandi benshi, ari uko batashobora guhurira hamwe ngo bifatire ibyemezo.
Ku wa Gatanu, tariki 12 Ugushyingo 2021, Umunyarwandakazi Mukantabana Crescence, yashyikirijwe igihembo yagenewe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO), kubera ibikorwa bye bijyanye no kurwanya itabi.
Mpayimana Phillipe wigeze kwiyamamariza kuba Perezida wa Repuburika mu matora ya 2017 yahawe umwanya muri Minisiteri y’Ubumwe n’uburere mboneragihugu (MINUBUMWE), aho yagizwe impuguke ishinzwe ubukangurambaga muri iyo Minisiteri.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’ishimwe, Nkusi Deo, asanga urubyiruko rutagize uruhare mu gusigasira umuco w’igihugu, no kuwubakiraho mu bikorwa bitandukanye rugiramo uruhare, byasa n’aho ibyo rukora ari imfabusa, bikagereranywa n’igiti kitagira imizi.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru barifuza gufashwa bakabona ubundi buryo bwo kubaho, kuko uretse kuba inkono babumba zibaha amafaranga makeya, no kubona ibumba bisigaye bibagora.
Ku wa Kane tariki ya 11 Ugushyingo 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Ngororero yafashe uwitwa Hagenimana Alexandre w’imyaka 25, Ndagijimana John w’imyaka 35 na Ngirimana Ignace Jean Claude w’imyaka 30. Bafatiwe mu Murenge wa Bwira, Akagari ka Bungwe, Umudugudu wa Kirwa, bafatanywe imbaho 1,000 babaje mu biti bya Leta biteye (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, ku wa Gatanu tariki 12 Ugushyingo 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ugushyingo 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku ngingo zitandukanye, harimo n’ibyerekeranye n’ingamba zo kugaruka mu buzima busanzwe ariko hakumirwa n’icyorezo cya COVID-19.
Ndagijimana Juvenal wari umwuzukuru wa Rukara rwa Bishingwe wamamaye cyane nk’Intahanabatatu mu 1912 (kubera kwica abazungu barimo umupadiri), yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ugushyingo 2021 azize uburwayi.
Abakoresha Gaze mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bahangayikishijwe n’izamuka rya hato na hato ry’ibiciro byayo, kuko birimo kubagiraho ingaruka zatumye harimo abasubira gukoresha amakara.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), cyahaye inkunga abacuruzi batanu bashegeshwe n’imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, bashyikirijwe inkunga ya miliyoni eshanu buri wese, yo kuzahura ubucuruzi bwabo.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), ivuga ko kuva muri Nzeri 2020, MTN isubijeho uburyo bwo guca amafaranga ku bishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga, amafaranga yakoreshwaga muri ubu buryo yagabanutseho Miliyari eshatu zirenga.
N’ubwo hari ibice bimwe na bimwe byakunze kwibasirwa n’inkuba mu bihe byashize, mu Rwanda hose byashoboka ko inkuba yakubita abantu batugamye cyangwa begereye ibyuma n’inkuta igihe imvura irimo kugwa.
Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango na Gatsibo yafashe abantu Batanu bacyekwaho kwiba batiri (Batteries) n’imirasire y’izuba (Solar Panels) by’abaturage batishoboye, muri ibyo bikoresho hakaba harimo n’ibyo Polisi irimo guha abaturage batishoboye mu kwezi kwahariwe ibikorwa byayo.
Ndagijimana Juvenal, wamenyekanye cyane mu mbyino gakondo akaba yari n’umwuzukuru wa Rukara rwa Bishingwe, yitabye Imana.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco arasaba urubyiruko gushyira Ubunyarwanda imbere y’ibindi byose kuko aribwo ruzabasha gukorera Igihugu rukagiteza imbere kandi rufatanyije.
Inyubako Nyarutarama Plaza iherereye mu Karere ka Gasabo ni yo ya mbere mu Rwanda, yahembewe kuba yubatswe mu buryo burengera ibidukikije, kuri uyu wa Kane tariki 11 Ugushyingo 2021.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye ba DASSO bashya binjiye mu mwuga kutareba inyungu zabo ahubwo bagashyira imbere umuturage.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, bavuga ko uko iminsi igenda ihita, ari nako hagaragara impinduka nshya, zishingiye ku bikorwa bitandukanye bivuka umunsi ku wundi, cyane cyane bigaragarira mu mishinga y’ibikorwa remezo, byaba ibigirwamo uruhare na Leta, abikorera ndetse n’abaturage ubwabo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 11 Ugushyingo 2021, imbogo zitaramenyekana umubare, zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, zikomeretsa abaturage.
Komiseri mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), Bizimana Ruganintwali Pascal, avuga ko MoMo Pay ari serivisi ya MTN atari iya RRA bityo abacuruzi badakwiye gutinya ko ubucuruzi bwabo bukurikiranwa na yo.
Umugaba mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC), Gen Célestin Mbala Munsense uri mu ruzinduko mu Rwanda, yahuye n’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, baganira ku mubano w’ibihugu byombi, ahanini ku bijyanye n’umutekano.
Guverinoma ya Hongria yemereye u Rwanda inguzanyo ihendutse ingana na Miliyoni 52 z’Amadorali ya Amerika azifashishwa mu kwagura uruganda rw’amazi rwa Karenge.
Ku wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi muri iyo Ntara, CP Emmanuel Hatari, bagiranye ibiganiro n’abamotari bagera ku 1000 bakorera mu Karere ka Nyagatare, bigamije kubakangurira kwirinda ibyaha byiganjemo ibyambukiranya imipaka (…)
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yatangaje ko bari mu biganiro na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byatuma abaturage gukoresha Jeto mu kwambukiranya umupaka uhuza ibihugu byombi, kuko gukoresha Pasiporo na Laisser-passer bihenda umuturage.
Itsinda ry’Abayobozi bakuru b’Inzego z’Ubutabera mu gihugu cya Somaliya, riyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rw’icyo gihugu, Bashe Yusuf Ahmed, ryaje mu Rwanda kwiga imikorere y’Ikoranabuhanga ryitwa IECMS rihuza inzego zishinzwe ubutabera mu Rwanda.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA), Bizimana Ruganintwali Pascal, avuga ko imisoro n’amahoro umwaka wa 2020-2021, Intara y’Iburasirazuba yinjije Miliyari 35.74 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu gihe hari hateganyijwe Miliyari 33.7, intego igerwaho ku kigero cya 106%.
Abaturage batuye mu bice bitandukanye by’igihugu by’umwihariko ahagiye hagezwa ibikorwa by’iterambere byagizwemo uruhare n’igihugu cy’u Bushinwa, barishimira ko hari byinshi byabafashije mu iterambere ryabo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, barashima uruhare rw’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu bikorwa bakora, bikagira abo bikura mu bukene, bakajya mu cyiciro cy’abafite imibereho myiza.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), riravuga ko RDF nta ruhare ifite ndetse nta n’inkunga itera umutwe w’abarwanyi wa M23.