Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye guhugura abagenzacyaha ku mahame mbonezamwuga ngenderwaho mu kugenza ibyaha.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, ifatanyije n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze n’iza gisirikari, ku wa Mbere tariki 8 Ugushyingo 2021, bamenye ibiyobyabwenge bigizwe na litiro zisaga 300 za kanyanga, ubwo yari imaze kuzifatira mu Mudugudu wa Karero, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Ugushyingo 2021, abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro bafashe uwitwa Niyomugabo Jean Claude w’imyaka 18, afatanwa ibizingo 58 by’insinga z’amashanyarazi zitwa Senegal zitemewe mu Rwanda, azivanye mu Burundi, akaba yafatiwe mu Karere ka Nyaruguru, Umurenge (…)
Komisiyo y’amatora mu Rwanda (NEC) yatangaje ko abakandida 1641 kujya mu nama njyanama y’akarere hemererwa 1461 bagizwe n’abagabo 903 bangana na 61.8%, mu gihe abagore ari 558 bangana na 38.2%, na ho abakandida180 barangiwe kubera kutuzuza ibisabwa.
Aba Ofisiye baturutse mu Ngabo z’u Rwanda, kuva kuri uyu wa Mbere tariki 8 Ugushyingo 2021, batangiye amahugurwa y’ibyumweru bibiri, agamije kububakira ubushobozi mu birebana no kuba indorerezi za gisirikari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, mu butumwa bwa Loni.
Nyuma y’uko umuyaga w’inkubi uvanze n’imvura wasenyeye abatuye i Byinza mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, n’abafite inzu zasambutse bagahabwa amabati yo kuzisana, abafite izisakaje amategura bavuga ko bishobotse na bo bakwibukwa, kuko na bo ntako bahagaze.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yatangaje ko nta muntu uzajya gutora abajyanama atikingije Covid-19 mu kwirinda kuyikwirakwiza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 07 Ugushyingo 2021, yakiriye mu biro bye, Vilage Urugwiro, umushoramari Howard G. Buffett. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko baganiriye ku ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’umuryango washinzwe n’uwo muherwe, Howard G. Buffett Foundation.
Umujyanama wa Perezida Kagame mu bijyanye n’umutekano, Gen James Kabarebe, yabwiye abanyamuryango ba AERG na GAERG gushyira imbaraga zabo mu kubaka igihugu kuko ibindi ari urusaku rupfuye ubusa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, arahamagarira abo muri AERG na GAERG kujya mu nzego z’ubuyobozi kugira ngo batange umusanzu wabo mu kubanisha Abanyarwanda.
Abajyanama batowe mu byiciro byihariye mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe gukora impinduka zigamije kuzamura iterambere ry’ababagiriye icyizere bakabatora. Babisabwe ku wa Gatandatu tariki ya 06 Ugushyingo 2021, nyuma y’amatora y’abahagarariye ibyiciro byihariye ku rwego rw’imirenge yabaye mu gihugu cyose.
Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Ugushyingo 2021 yitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ishize umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) ubayeho, n’imyaka 18 ishize hashinzwe undi muryango witwa GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe (…)
Abaganga n’abagenzacyaha bakora muri Isange One Stop Center barishimira ko amahugurwa ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina bamaze igihe cy’iminsi ine bahabwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), agiye kurushaho kubafasha mu kazi kabo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yibukije Assumpta Ingabire ko inshingano yahawe zikomeye kuko ari izo gutuma umunyarwanda amera neza akarushaho kugira ubuzima bwiza.
Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abayobozi bakuru barahiriye inshingano nshya, maze abibutsa ko bakwiye kubaha ibyagezweho mu myaka ishize.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi irizeza abahinzi bahuye n’ibiza bitandukanye, ko mu gihe bazahura n’ingaruka zabyo bazagobokwa.
Ingabo za Leta zunze Ubumwe za Amerika zirenga 10,000 zirimo izirwanira mu kirere n’izishinzwe kurinda ibikorwa by’igihugu biri mu isanzure, kugeza ubu ntizirafata urukingo rwa Covid 19, bitewe n’uko harimo ababyanze n’abatanze impamvu batifuza gukingirwa n’ubwo abayobozi babo batabyumva.
Ku wa Kane tariki ya 4 Ugushyingo 2021, nibwo Gen Landry Urlich Depot, Umuyobozi mukuru wa Gendarmerie Nationale yo muri Repubulika ya Santrafurika yasuye ishuri rya Polisi riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari), ashima amahugurwa atangirwa muri iryo shuri ajyanye n’umwuga w’igipolisi.
Régine Niyomukiza w’i Nyamagabe, avuga ko nta mwuga udakiza iyo umuntu awukoze neza, kuko we urugo rwe rwazamuwe n’ububoshyi bw’imipira y’imbeho.
Imwe mu miryango yo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, ivuga ko itewe impungenge n’ahantu ituye hashyira ubuzima bwabo mu kaga, bitewe n’uko ari mu manegeka, bagasaba ubuyobozi kubarwanaho mu maguru mashya bagashakirwa ahandi batuzwa, mu rwego rwo kubarinda ibikomeza gushyira ubuzima bwabo mu kaga.
Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré, avuga ko u Bufaransa bugiye gushyigikira ibikorwa byo guteza imbere uburezi, ikoranabuhanga, siporo, no kurengera ibidukikije mu Rwanda.
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) buratangaza ko bwamaze gufunga abagabo babiri bacyekwaho kwica abana bane mu Murenge wa Bugeshi, Akarere ka Rubavu.
Umujyi wa Kigali watangaje ko umaze kugira serivisi zirenga 100 zitangwa hakoreshejewe ikoranabuhanga, kandi ko ukomeje kongeraho n’irindi uzamenyera mu Ihuriro ubarizwamo ry’Imijyi 11 ya Afurika.
Imiryango 41 yo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, yashyikirijwe ibiribwa nyuma y’aho yaherukaga kwibasirwa n’ibiza, byatewe n’imvura nyinshi yaguye ikangiza imyaka, ndetse ikabakura mu byabo.
Urusobe rw’ibibazo byavutse nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amadeni arenga miliyoni 300 kubera imicungire mibi, koperative y’Abahinzi b’Umuceri mu kibaya cy’Umugezi w’Umuvumba, CODERVAM, yatangiye kubaka sitasiyo ya Lisansi ifite agaciro ka miliyoni 228 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yakiriye mu biro bye Landry Ulrich Depot, Umuyobozi Mukuru wa ’Gendarmerie Nationale’ ya Santrafurika.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwijeje Urwego rushinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), ko bufite gahunda yo kwigisha abaturage barenga 600,000 bakora imirimo iciriritse, kuzigamira izabukuru muri gahunda ya Ejo Heza.
Akarere ka Muhanga keguriye burundu imigabane yako ingana na 6,6% Kompanyi itwara abagenzi ya Jali Investment Ltd, hakurikijwe amasezerano avuguruye akarere kasinyanye n’uwo mushoramari mu mpera z’umwaka wa 2020.
Ku wa Kabiri tariki ya 2 Ugushyingo 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yasoje ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi itanu yahuzaga urubyiruko rw’abakorerabushake.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Béatha, aratangaza ko ubufatanye hagati y’inganda n’abazigemurira umusaruro w’ibyo zitunganya, ari inkingi ya mwamba mu kuzamura ingano y’ibyo zitunganya, bikaba byagira uruhare mu kurinda icyuho kiboneka ku masoko byoherezwaho.