Ubuyobozi bwa Jali Investment Ltd butangaza ko icyorezo cya Covid-19 cyagize uruhare mu kudindiza ibikorwa byo kubaka gare ya Gisenyi.
Ikamyo ya rukururana yaturukaga i Nyamagabe yerekeza i Huye yaguye mu iteme ririmo gusanwa ku mugezi wa Nkungu, abari bayirimo barapfa.
Amatsinda 15 akora ibikorwa by’Ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Rubavu, yashyikirijwe inkunga ingana na miliyoni 4.5 z’Amafaranga y’u Rwanda, azabafasha guteza imbere imishinga batangiye mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, nyuma yo kwishakamo ubushobozi bakigurira imodoka y’Umutekano, baratangaza ko igiye kubunganira muri gahunda yo kwibungabungira umutekano, no kujya bayifashisha kugira ngo abawuhungabanya bashyikirizwe byihuse inzego z’ubutabera.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Gasiza, akagari ka Munanira II, Umurenge wa Nyakabanda, bahangayikishijwe n’uko ruhurura ya Kamenge itubakiye ikaba ishobora kubateza ibyago mu gihe hatagize igikorwa vuba, cyane ko muri iyi minsi harimo kugwa imvura nyinshi.
Umuryango Imbuto Foundation ku bufatanye na Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, bifatanyije mu cyumweru cyo kwita ku buzima bw’umwana n’umubyeyi, bikazakorerwa mu Turere twa Nyanza, Rutsiro, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Nyaruguru, Kirehe, Burera, Gicumbi na Musanze.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasabye abajyanama batowe kurushaho kwegera abaturage bakumva ibitekerezo byabo, bamara no gufata ibyemezo muri njyanama bakagaruka kubamenyesha ibikorwa by’iterambere bagiye gukorerwa aho kubiharira abayobozi b’uturere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka (RLMUA), ku wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021, cyatangije ku mugaragaro urubuga ruzajya rufasha mu gutanga amakuru atandukanye ku bijyanye n’ubumenyi bw’isi.
Abanyeshuri 133 basoje amahugurwa y’ibanze mu birebana n’Ubugenzacyaha bakurikiranye mu gihe cy’amezi atandatu, mu Ishuri Rikuru rya Polisi (NPC), riherereye mu Karere ka Musanze, bakaba bitezweho kunoza akazi kabo.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Ugushyingo 2021, Polisi ikorera mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge, yerekanye abagore batatu bakekwaho ibyaha birimo gushungera umuntu, kumukora mu misatsi, kumuseka, ibyatumye uwabikorewe abona ko yabaye igishungero bikamukoza isoni mu bantu bari aho.
Mu turere turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba, kimwe nk’ahandi mu gihugu, batoye abajyanama rusange umunani muri buri Karere, baza biyongera kuri batanu batowe mu cyiciro cya 30% n’abandi bane bahagarariye ibyiciro byihariye, abo bose bakaba ari na bo bazatorwamo batatu bagize komite nyobozi ya buri Karere.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) iratangaza ko amatora y’abajyanama rusange ku rwego rw’akarere yagenze neza kuko amajwi bamaze kubara yerekana ko biri ku kigero kiri hejuru ya 94%.
Amatora yabaye ku wa 16 Ugushyingo 2021 yasigiye uturere two mu Ntara y’Amajyepfo abajyanama bakurikira:
Uturere tw’Intara y’Iburengerazuba twabonye abagize Inama Njyanama zizatorwamo abayobozi b’uturere, muri iyo Ntara ariko hari abari abayobozi b’uturere batatu biyamamaje ntibatorwa, na ho umwe ntiyiyamamaje.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, mu Turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, habaye igikorwa cyo gutora Abajyanama rusange b’Uturere, nk’uko byakozwe no mu zindi Ntara.
Ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021, yagezaga ijambo ku bitabiriye ihuriro rya kane ku bufatanye bw’inzego z’ibanze hagati y’u Bushinwa na Afurika, hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edourd Ngirente, yavuze ko ubufatanye bw’ibihugu byombi bwagize uruhare rukomeye mu bikorwa (…)
Abagore 135 bazahagararira abandi mu Nama Njyanama z’Uturere 27 bamenyekanye nyuma y’amatora yabaye ku wa 13 Ugushyingo 2021.
Nyuma y’uko hasubukuwe gahunda yo guha telefone zigezweho (smart phone) Abanyarwanda badafite ubushobozi bwo kuzigurira, kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2021 mu Karere ka Huye hatanzwe telefone 506 zagenewe umuntu umwe muri buri mudugudu.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, arahakana ko camera zo ku mihanda zaba zandikira abatwara ibinyabiziga habayemo kwibeshya ku byapa, kuko hari abavuga ko bandikirwa kandi bari mu muhanda bemerewe kugendera ku muvuduko wa 60km/h, bagasanga bandikiwe muri 40km/h.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC), kiratangaza ko ubuke bw’amazi hirya no hino mu gihugu buterwa n’umubare ugenda uzamuka w’abayakoresha mu mijyi kandi ibikorwa remezo by’amazi byo muri iyo mijyi bitiyongera.
Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo (MYICT) ifatanyije n’ikigo cy’itumanaho cya MTN n’abafatanyabikorwa batandukanye, basubukuye ibikorwa byo gutanga telefone zigezweho (smartphone) ku baturage batabasha kuzigurira.
Karidinali Antoine Kambanda arasaba abantu bose kujya bafasha abakene, banazirikana ko uko baba bameze imbere yabo babasaba, ari ko na bo baba bameze imbere y’Imana bayisaba.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, arasaba abagize Inama Njyanama kujya batumiza abayobozi bananiranye nk’uko n’abayobozi bakuru b’Igihugu barimo na Perezida wa Repubulika, bitaba Inteko Ishinga Amategeko gusobanura ibitagenda neza.
Imodoka igenewe gutwara abarwayi izwi nk’Imbangukiragutabara, yakoreye impanuka mu Karere ka Musanze, abantu bari bayirimo barakomereka na yo irangirika bikomeye.
Ku wa Gatandatu tariki 13 Ugushyingo 2021, umuryango Kina Rwanda watanze amahugurwa yibanze ku gusobanurira abanyamakuru akamaro gukina bigira mu gufasha abana kwiga byinshi bakiri bato, ibyitwa “Learning through Play” mu rurimi rw’Icyongereza, bikaba bikubiye mu bukangurambaga uwo muryango ukomeje gukora.
Ku wa Gatandatu tariki ya 13 Ugushyingo 2021, inka 13 z’umukecuru witwa Mukansonera Leoncia zarapfuye zizize urupfu rw’amayobera na n’ubu rutaramenyekana, bikaba byarabereye mu Murenge wa Mpanga mu masaha ya mbere ya saa sita.
Mu gicuku cyo ku wa Gatandatu tariki ya 13 Ugushyingo 2021, mu ma saa cyenda, Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe, Turikumwenimana Alphonse w’imyaka 32, Habimana w’imyaka 37 na Umugwaneza Pascaline w’imyaka 25 barimo kwinjiza mu Rwanda magendu y’imyenda ya caguwa amabalo 15, (…)
Nyuma y’uko hafashwe icyemezo cyo kuvugurura isoko rya Rango, hakaboneka n’abiyemeje guhuza imbaraga zo kuryubaka ubu banatunganyije aho riba ryimukiye, abacuruzi bakenera umuriro ntibishimiye kuba barimo gusabwa ibihumbi 30 byo kugira ngo bimurirwe cash power zabo, nyamara ngo rwiyemezamirimo yari yabemereye kubimurira (…)
Ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z’umuriro (FRB), ryahuguye abakozi 60 bo mu kigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku bikomoka ku buhinzi (RICA), bahugurwa ku kurwanya no kwirinda inkongi, igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 12 Ugushyingo 2021.
Abaturage b’Akagari ka Mayange na Kibare mu Murenge wa Nyagihanga Akarere ka Gatsibo, barasaba gusanirwa ikiraro gica mu kirere kuko cyangiritse bigahagarika imigenderanire hagati yabo ndetse n’abandi babagana.