Nyuma y’uko ingendo mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo zashyiriweho uburyo bwo kwishyura hifashishijwe ikarita, abagenzi bavuga ko babyungukiyemo mu buryo bunyuranye, cyane cyane ku igabanuka ry’ibiciro.
Abatuye mu Kagari ka Nyeranzi mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko hari insoresore zigize ibihazi zibabuza umutekano, bakibaza n’igihe bazazikirizwa kuko bimaze igihe.
Ku wa Mbere tariki ya 24 Mutarama 2022, ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (FRB), bahuguye abakozi 76 bakora imirimo itandukanye mu isosiyete ishinzwe kureberera inyubako ya Intare Arena iherereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo.
Ibiganiro byabaye hagati y’ishyirahamwe ry’ibigo by’ubuvuzi byigenga, ibigo by’ubwishingizi mu buvuzi, n’inzego za Leta byanzuye ko abishingirwa n’ibigo bya SANLAM, BRITAM na RADIANT bakomeza kuvurwa.
Abatwara ndetse na ba nyirimodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ntibemeranya na Polisi ku mafaranga irimo kubishyuza arimo n’ayo mu myaka umunani ishize.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umuco n’urubyiruko, Bamporiki Edouard, avuga ko Abanyarwanda bari hanze ari yo mahitamo yabo, kuko ntawe ubuzwa kugaruka mu gihugu igihe cyose abishakiye.
Nyuma yo kubona ko umubare w’abana bo mu muhanda ugenda wiyongera aho kugabanuka, ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwiyemeje kubashyira mu itorero baherwamo inyigisho zizatuma noneho baguma mu miryango.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 24 Mutarama 2022, yakiriye muri Village Urugwiro Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ucyuye igihe, Peter H. Vrooman.
Abaturage bari bafite ubutaka bwarenzweho n’amahindure yarutswe n’ikirunga cya Nyiragongo, bavuga ko babayeho nabi, kuko aho bakuraga imibereho bahabuze, kandi n’inkunga bijejwe mu gutabara abangirijwe n’ibirunga ngo ntayo bahawe.
Akarere ka Musanze nka kamwe mu twunganira Umujyi wa Kigali, uko bucya bukira, ntihasiba kugaragara ubwiyongere bw’ibikorwa remezo bikwirakwizwa hirya no hino, haba mu bice by’icyaro ndetse no mu mujyi.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA), iratangaza ko ikiraro cya Mukunguri gihuza uturere twa Kamonyi na Ruhango mu gice cy’Amayaga, kigiye gutangira gusanwa ku ngengo y’imari 2021-2022 ivuguruye.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aratangaza ko ibiganiro hagari ya Perezida Kagame n’umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, bitanga icyizere cyo kongera gutsura umubano w’ibihugu byombi ku kigero cya 60%.
Ishyirahamwe ry’amavuriro yigenga mu Rwanda (RPMFA), riratangaza ko guhera tariki 25 Mutarama 2022, abanyamuryango bafite ubwishingizi bwa Radiant, Sanlam na Britam, batazongera kwakirwa mu mavuriro yigenga bitewe n’umwenda ibi bigo bitarishyura.
Umushinga Green Gicumbi ufite intego yo kurengera ibidukikije mu Karere ka Gicumbi, urimo kubakira inzu abaturage batishoboye batari bafite aho kuba, nyuma yaho inzu zabo zisenyewe n’ibiza kuko zari zubatse mu manegeka.
Kiriziya Gatolika yahimbaje umunsi mpuzamahanga wahariwe Filozofiya (Philosophie), inibuka Musenyeri Alexis Kagame, wagize uruhare mu guteza imbere ubwo bumenyi mu Rwanda, wujuje imyaka 40 yitabye Imana.
Abagore bagize Urugaga rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, bashyikirije imiryango ine itishoboye, inzu bayubakiye hagamijwe kuyifasha gutura heza, zikaba zirimo n’ibikoresho by’ibanze.
Mu Kagari ka Kabushinge mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze haravugwa inkuru y’umusaza witwa Nshimiyimana Janvier w’imyaka 64, ukekwaho kwica umuntu amutemesheje umuhoro, akiregura avuga ko yamwishe ku bw’impanuka.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Yves Mutabazi, hashize icyumweru aburiwe irengero aho yakinaga i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’abarabu (UAE).
Perezida waRepubulika, Paul Kagame, yifurije isabukuru nziza y’amavuko Dr. Salim Ahmed Salim wigeze kuba Minisitiri w’intebe w’igihugu cya Tanzania, wujuje imyaka 80.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yamaganye ibitero by’iterabwoba bikomeje kugabwa n’inyeshyamba za Houthis ku basivili muri Leta Zunze Ubumwe z’abarabu (UAE).
Ku bufatanye bw’Ingabo za Amerika zirwanira mu kirere n’zirwanira mu kirere muri Afurika (USAFE-AFAFRICA), u Rwanda ruzakira inama ngarukamwaka ya 11 y’Abayobozi b’Ingabo zishinzwe umutekano mu kirere (AACS), iyo nama izabera muri Kigali Convention Centre (KCC) kuva kuya 24 kugeza 28 Mutarama 2022.
Imvura nyinshi yaguye mu mujyi wa Gisenyi yatumye amazi atera abaturage mu nzu, ubuyobozi butangaza ko ibikuta icumi by’inzu byangiritse ndetse n’ibikoresho byo mu nzu, abaturage bakaba bafashijwe kuzivamo hirindwa ko zabagwira.
Iryo tsinda ry’abayobozi baturutse muri Leta zunze Ubumwe z’Abongereza (UK) riri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, basuye Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, bashima uburyo Leta y’u Rwanda yita ku baturage bayo.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Claver Gatete, avuga ko uruganda rubyaza amashanyarazi nyiramugengeri ruzaba rukora neza muri Mata 2022.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko bwatangiye gahunda yo kwifashisha ubugeni mu guhindura agace kazwi nka Biryogo, by’umwihariko mu gace kagizwe Cari Free Zone.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, CSP Francis Muheto, arakangurira abamotari kuragwa n’imikorere n’imyitwarire ituma batagongana n’amategeko n’amabwiriza agenga imikorere, kugira ngo umwuga wabo urusheho kugira isura nziza.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramenyesha abawutuye n’abawugenda by’umwihariko abakoresha umuhanda Rwandex-Kimihurura (KK 1 Ave), ko ukomeza gufunga mu gihe cy’ibyumweru bibiri biri imbere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba, bagiranye ibiganiro byiza kandi bitanga icyizere ku mubano hagati y’u Rwanda na Uganda, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu.
Ni ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo ‘Bounce’ bushyira u Rwanda ku mwanya wa gatandatu mu bihugu bitekanye ku isi, by’umwihariko ku bagenzi bagenda ari bonyine, rukaba ari na cyo gihugu cyonyine muri Afurika kigaragara ku rutonde rw’ibihugu 10 bya mbere.
Ku wa Gatanu, tariki ya 21 Mutarama 2022, Dr. Diane Gashumba yashyikirije Umwamikazi Margrethe II wa Denmark, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, ndetse baboneraho kuganira ku mubano hagati y’ibihugu byombi.