Fred Gisa Rwigema yavutse ku itariki 10 Mata 1957, avukira ahahoze ari muri perefegitura ya Gitarama mu Majyepfo y’u Rwanda, ubu ni mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyamiyaga.
Umuturage wo mu Karere ka Ruhango wakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaza gufungurwa nyuma yo kurangiza igihano, arasaba ko yafashwa kugera muri za gereze n’ahandi hahurira abantu benshi, agatanga ubuhamya ku bagifunze, bakabohoka bakavugisha ukuri bagasaba imbabazi abo bahemukiye.
Abagabo babarirwa mu 3,856 gusa ni bo baboneje urubyaro kugera mu 2021 barakoresheje uburyo bwo kwifungisha burundu, nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC), bagashishikarizwa gukomeza kwitabira ubwo buryo kuko nta ngaruka bubagiraho.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Nyagatare wungirije, Basabira Laurent, avuga ko bagiye kwihuza bagakorera hamwe ibikorwa binini, bigaragaza Akarere nk’akunganira Umujyi wa Kigali.
Ku wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attaché), bahawe ikiganiro ku bijyanye n’ibikorwa by’umutekano by’Ingabo z’u Rwanda (RDF) cyabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, ku Kimihurura, bagaragarizwa uruhare rwazo mu kubungabunga (…)
Mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya IPRC Musanze, harimo kubera amahugurwa (Summer School) y’icyumweru, yiga uburyo hashyirwaho ikoranabuhanga ryifashishwa mu kurwanya inkangu hafatwa neza ubutaka.
Abaturage b’Akarere ka Gakenke n’aka Nyabihu barasaba ko amapoto y’amashanyarazi yashaje yasimbuzwa, aho bemeza ko akomeje kubagwira ibyo bikabatera impungenge k’umutekano wabo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kuba Akarere gasigaye kabonekamo imihanda ya kaburimbo, inganda ndetse n’ibikorwa by’imyidagaduro nyamara karahoze inyuma, bivuze ikintu kinini cyane mu rugendo rwo kwibohora.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangira gushyira mu bikorwa gahunda yo kwishyura mbere (Capitation Model) amavuriro, amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweri).
Abatuye mu mudugudu wa Gitima mu Kagari ka Tyazo mu Murenge wa Muhanga, baravuga ko biyemeje kwiyubakira umuhanda, mu rwego rwo kwisukurira amasibo no koroshya imigenderanire yari igoranye, kubera ko umuhanda wabo warangwagamo isuri ikabije, uwo barimo gukora ukaba ukoze mu isima, umucanga n’amabuye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Biruta Vincent, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 11 Nyakanga 2022, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Armenia.
Ambasaderi Claver Gatete, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga 2022, yashyikirije Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu. Ni mu muhango wabereye mu ngoro ya Perezida Maduro, iherereye i Miraflores.
Abize n’abakoze mu ishuri ryisumbuye rya Nyagatare (Nyagatare Secondary School), bahaye uwari Umuyobozi w’iryo shuri impano y’imodoka, bamwifuriza ikiruhuko cyiza cy’izabukuru yagiyemo.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Nyakanga 2022, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ikigo cyo mu karere gishinzwe imicungire y’imbunda ntoya n’amasasu (RECSA), n’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’Ubushakashatsi (UNITAR), bafunguye ku mugaragaro amahugurwa ajyanye n’amabwiriza y’Umuryango wa Afurika yunze (…)
Abatuye Umurenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, barishimira ikiraro bubakiwe, aho bemeza ko kigiye kubarinda impanuka bajyaga bahura nazo mu kwambuka umugezi, aho bagiriraga impungenge nyuma y’uko hari n’abahaburiye ubuzima.
Bamwe mu baturage bagezweho na gahunda ya Bandebereho, barishimira ko yabafashije gutuma basezerera amakimbirane yahoraga mu miryango yabo, kubera ibyo bigiyemo, byafashije abagize umuryango kumvikana.
Imwe mu myanzuro yafatiwe mu ihuriro ry’abagore bari mu Nteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie), bari bamaze iminsi mu Rwanda aho bari bitabiriye Inteko Rusange ya 47 y’iryo huriro, bafatiyemo imyanzuro ijyanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 13.7% muri Kamena 2022 ugereranyije na Kamena 2021. Ibiciro byo mu mijyi ni byo byifashishwa nk’igipimo ngenderwaho mu bukungu bw’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasohoye itangazo ribuza kwamamaza ibikorwa byose by’ubuvuzi mu gihe baba batabiherwe uburenganzira n’iyo Minisiteri.
Mu rwego rwo guhangana n’ingaruka za Covid-19, Leta y’u Rwanda yashyizeho Ikigega nzahurabukungu cyo kunganira abahuye n’ingaruka zatewe n’icyo cyorezo, kugira ngo bongererwe ubushobozi bwo gukora no kwiyubaka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Madamu Patricie Uwase, yatashye ku mugaragaro sitasiyo nshya y’amashanyarazi ya Nyabihu (110/30kV) ndetse n’umuyoboro w’amashanyarazi (110kV) uyihuza n’urugomero rwa Mukungwa ya mbere ruherereye mu Karere ka Musanze. Intego y’uyu mushinga ikaba ari ukuvugurura no (…)
Senateri Uwizeyimana Evode arasaba Abanyarwanda kugira imyumvire ingana kuri ‘Ndi Umunyarwanda’ no ku gukunda u Rwanda, kuko iyo imitekerereze isumbanye, bigoranye kugera ku bumwe burambye.
Abatuye Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, barishimira inyubako nshya y’ibiro by’umurenge wabo, aho bemeza ko imitangire ya serivisi igiye kurushaho kunoga, ikaba yuzuye itwaye Miliyoni 333 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Abanyarwanda batuye mu Bwongereza, inshuti zabo ndetse n’abayobozi batandukanye, bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 28, umuhango wabereye i Stockport mu mujyi wa Manchester, witabirwa na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Nyakanga 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, APF, bari mu Rwanda bitabiriye Inteko Rusange ya 47.
Abayisilamu bo mu Rwanda n’abo ku Isi yose muri rusange kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Nyakanga 2022, bongeye kwizihiza umunsi mukuru w’igitambo (EId Al Adha), nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri utizihizwa kubera icyorezo cya Covid-19 cyari cyibasiye isi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard, asaba urubyiruko kumva ko kwizigamira bitareba abakuru cyangwa abafite umushahara gusa, ahubwo n’umwana yabikora kandi akiteza imbere.
Ku wa 8 Nyakanga 2022, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye umusangiro wo kwishimira isabukuru y’imyaka 25, habayeho Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga Amategeko (FFRP), abashimira uruhare bagize mu iterambere ry’Igihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aragenga ibihugu n’imiryango mpuzamahanga nka MONUSCO, kuba bikomeza kugereka ibibazo bya Congo ku Rwanda kandi nyamara umuti wabyo woroshye kuboneka, igihe habaho uburyo buhamye bwo kubikemura.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu, by’umwihariko mu bice bibarizwa mu mu Mujyi wa Gisenyi, bavuga ko umwaka ushize batandukanye no kubura amazi nyuma y’aho Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), cyongereye amazi n’imiyoboro y’amazi giha abatuye umujyi wa Gisenyi.