Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Kamena 2022, mu Turere dutandukanye tw’Intara y’Iburasirazuba hakozwe umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kamena, wibanze ku gukorera ibiti by’imbuto bihinze ku buso bwa hegitari 1150, no gusibura imirwanyasuri.
Depite Izabiriza Marie Mediatrice aratangaza ko ashingiye ku bibazo bikigaragara mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, no kuba hari Abanyarwanda benshi badafite iby’ibanze, bigoye kwemeza ko ubumwe n’ubwiyunge bwagerwaho uko bikwiriye.
Igikomangoma Charles cya Wales n’umugore we Camilla wa Cornwall, birebeye ubwiza bw’imideri ya Afurika n’iy’u Burayi mu gihe cy’inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma (CHOGM), irimo kubera i Kigali mu Rwanda, bikaba byarabaye ku wa 23 Kamena 2022.
Mu Kagari ka Nyamiyaga mu Murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi, hagiye kuzura umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango 40 yari ituye mu manegeka.
Abaturage batishoboye 287 barangije kwiga imyuga mu Karere ka Ngororero, barimo 74 bo mu Murenge wa Nyange, baratangaza ko bishimiye ibikoresho by’imyuga bahawe kuko bigiye kubafasha kwihangira imirimo no gukomeza guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, bityo nabo babashe kugera ku iterambere rirambye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu ihuriro ry’abavuzi gakondo, AGA Rwanda Network, bitoyemo Komite y’Umuryango ku rwego rw’Akarere, igikorwa cyabaye ku wa Gatatu tariki ya 22 Kamena 2022, bakemeza ko bagize agaciro ari uko uwo Muryango umaze kubohora Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangiye gusaba abafite ibibanza mu mujyi wa Gisenyi, kuzamura imiturirwa mu gihe bamwe batangiye gufungirwa imiryango basabwa kubaka, ngo bakaba batagomba kurenza umwaka badatangiye kuzamura izo nyubako.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, bifatanije n’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth hamwe n’abafasha babo, mu birori by’umusangiro w’Umwamikazi w’u Bwongereza.
Banki ya Kigali (BK Plc) yatangaje abakiliya batatu batsindiye ibihembo biciye muri poromosiyo yagenewe abakiriya baba mu mahanga, "BK Diaspora Banking - Bank Home & Win Big", igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022.
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byo mu Muryango wa Commonwealth bahuye ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, nyuma y’imyaka hafi itatu bidakunda, bakaba baganiriye ku buryo bwo guhangana n’ingaruka za Covid-19 no kugera ku iterambere rirambye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA), cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa mu gihugu cya Ghana (Ghana FDA), azafasha impande zombi guhanahana ubumenyi.
Mu birori byo gufungura ku mugaragaro inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye CHOGM, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yavuze ko ashimishijwe no kuba nk’uhagarariye u Bwongereza, agiye gukora umurimo wa nyuma mu rwego rw’ubuyobozi bwa Commonwealth, (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda ruhawe kuyobora Umuryango Commonwealth nyuma y’imyaka 13 rumaze ruwinjiyemo, ari Igihugu cyahindutse mu buryo bwose.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2022/2023 irenga miliyari 4,658Frw na miliyoni 442Frw, harimo ayagenewe kubaka ibimoteri by’imyanda i Kigali n’inganda ziyibyaza umusaruro hirya no hino mu Gihugu.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, bateguye ibirori mu rwego rwo kwakira no guha icyubahiro abakuru b’ibihugu bo mu muryango wa Commonwealth, bitabiriye Inama ya CHOGM irimo kubera mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko guhera mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, mu Rwanda hatangira gukorwa ibarura rusange ry’abantu bafite ubumuga, rikazatangirana n’ingengo y’imari y’umwaka utaha.
Perezida Paul Kagame hamwe n’abanyacyubahiro batandukanye bitabiriye inama ya CHOGM, kuri uyu wa Kane tari 23 Kamena 2022, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rw’inkingo, i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Leta ya Canada ifite gahunda yo gufungura ibiro by’uzayihagararira mu Rwanda, nk’imwe mu nzira zo kwagura umubano w’icyo gihugu n’amahanga, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu, Mélanie Joly.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, yageze mu Rwanda aho aje kwitabira Inama ya CHOGM, ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa commonwealth.
U Rwanda rwasinye amasezerano azarufasha kubaka ubushobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa (RFDA), yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije hamwe na Amb. Nicholas Bellomo, uhagarariye Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’ Uburayi (EU).
Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Boris Johnson, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza uri i Kigali, aho yitabiriye inama ya CHOGM2022.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Intumwa ya Papa mu Rwanda, Arikiyepiskopi Alnardo Sanchez Catalan, wanamugejejeho ibyangombwa bimwemerera guhagararira Papa mu Rwanda.
Abatuye umujyi wa Nyagatare, cyane cyane abataha ahitwa Barija, bavuga ko bahangayikishijwe n’abajura babategera mu muhanda bakabambura telefone n’ibindi bafite, kubera ko amatara yabamurikiraga amenshi atacyaka, bagasaba ko yakorwa hakagaruka urumuri ntibongere kwibwa.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi batandukanye guhagararira inyungu z’Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo n’intumwa ya Papa mu Rwanda.
Muri iki gihe bikomeje kugaragara ko hari abasengera mu bihuru, amashyamba, mu buvumo, mu bitare, ku nkengero z’imigezi n’biyaga n’ahandi hitaruye insengero, hamenyerewe ku izina ryo mu ’Butayu’; bamwe mu bakunze kuhagana bavuga ko bajya kuhasengera bagamije kuhabonera ibitangaza n’imigisha baba bamaze imyaka n’imyaka (…)
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, avuga ko ibikorwa by’imyidagaduro n’amamurikagurisha birimo kubera hirya no hino mu Rwanda muri iyi minsi y’Inama ya CHOGM, bizakomeza na nyuma yaho, abashyitsi bamaze kugenda.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, bakiriye Igikomangoma cya Wales, Charles Philip n’umugore we Camilla.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko hari abana bageze igihe cy’ubwangavu bahishira ababasambanya, nabo ubwabo bakaba badashobora guhingutsa ko babikora, bigatuma kurwanya ibyaha byo gusambanya abana bikomeza kuba ikibazo gikomeye.
Innocent Nsanzabarinda w’i Rutobwe mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, wize umwuga w’ubudozi akanawukora, avuga ko agiye gushinga uruganda rudoda imyenda, kuko kudoda kamwe kamwe ngo yabonye byambika bake.
Ikiraro cyo ku mugezi wa Rwebeya mu Murenge wa Cyuve, kimaze amezi abiri giciwe n’amazi y’uwo mugezi wuzura aturutse mu Birunga, bikaba byarahagaritse imigenderanire ku batuye Umurenge wa Musanze, Muhoza na Cyuve mu Karere ka Musanze, by’umwihariko abatuye imidugudu ikikije icyo kiraro, bagasaba ko cyakongera kigakorwa.