Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byari bimaze amezi abiri bitangajwe byahindutse. Ibiciro bishya bigaragaza ko litiro ya lisansi ari 1609 Frw ivuye kuri 1460 Frw. Naho litiro ya mazutu yo yashyizwe kuri 1,607 Frw ivuye kuri 1,503 Frw.
Abatuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali ubwo bizihizaga umunsi mukuru w’umuganura bishimiye ibyagezweho mu mwaka ushize w’ingengo y’imari, banahigira gukomeza kwesa imihigo.
Ubwo hirya no hino mu Rwanda habaga ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru w’umuganura, hari abandi bavuga ko batabonye uko bakora ibirori, bakavuga ko byatewe n’ubukene kuko no kubona ibyo kurya bisigaye bigoye.
Kimwe n’ahandi mu gihugu, mu Mirenge yose igize Intara y’Amajyaruguru, ku wa Gatanu tariki 05 Kanama 2022, hizihijwe umunsi w’Umuganura; uyu ukaba ari umunsi, uba buri wa Gatanu w’icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa Kanama.
Abo mu Mujyi na bo ntibasigaye inyuma mu kwizihiza umunsi mukuru w’umuganura wizihijwe hirya no hino mu Gihugu. Uyu munsi wizihirijwe ku rwego rw’Umudugudu, by’umwihariko abo mu Mudugudu wa Kicukiro bakaba bagize amahirwe yo kuwizihiza bari kumwe n’abayobozi bo ku nzego zitandukanye zirimo Umurenge ndetse n’Akarere.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’Umuganura mu bice bitandukanye by’Igihugu, abaturage bo mu Murenge wa Gahanga, Akagari ka Gahanga mu mudugudu wa Rwintanka, baganuye bahigira kwiyubakira umuhanda wa kaburimbo uzatwara miliyoni 700.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente avuga ko mu munsi Mukuru ngarukamwaka w’Umuganura, hazajya habaho gusangira n’abantu batabashije kweza, ariko bitewe n’izindi mpamvu zitarimo ubunebwe.
Imiryango 124 kuri 140 yo mu Murenge wa Nyagihanga yasabwe kuzamura amazu igahabwa isakaro, yatangiye kurihabwa nyuma y’igihe kitari gito bari bamaze baritegereje.
Urwego rw’Ubucamanza rwagaragaje ko ibimenyetso bya gihanga bitangwa na Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga (RFL) bikoreshwa mu butabera, bidakwiye gushidikanywaho kuko biba byakoranywe ubwitonzi n’ubuhanga.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, arasaba inzego zitandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, gufatanya zikagabanya ubuso bw’ubutaka bwangizwa n’isuri, kuko bikomeje kugira uruhare rukomeye mu igabanuka ry’umusaruro w’ubuhinzi, bikoreka ubukungu bw’Igihugu n’iterambere ryacyo ntiryihute uko bikwiye.
U Rwanda rwamaganye raporo yakozwe n’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye (ONU), zivuga ko ngo hari ibimenyetso bikomeye bigaragaza ko hari Ingabo z’u Rwanda zagiye kurwana muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), aho ngo zifatanya n’inyeshyamba za M23 zirwanira mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, ndetse ngo u Rwanda rukaba (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko ikiraro cya Nyabugogo kiba gitangiye gukoreshwa mu bihe bya vuba, kuko imirimo yo kucyubaka yarangiye hakaba harimo gukorwa isuku.
Ahagana saa munani z’amanywa, Polisi ihurujwe n’abakorera mu nyubako ya CHIC mu Mujyi wa Kigali, yatabaye umwana wari wakingiranywe mu modoka kuva mu gitondo.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, yatangaje ko u Rwanda rwishimiye kwakira Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, uzarusura mu cyumweru gitaha.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko mu mpera z’umwaka wa 2020 bwabaruye ibibanza 696 byananiwe kubakwa na ba nyirabyo ku buryo itegeko rishobora gukurikizwa bakaba babyamburwa bigahabwa ababishoboye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Hildebrande Niyomwungeri, avuga ko umwaka w’ingengo y’imari 2022-2023, uzarangira amashanyarazi amaze kugezwa ku baturage 85%, habariyemo abazayafatira ku mirongo migari n’abazaba bafite ay’ingufu zisubira.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko abazunguzayi hafi 4,000 bagiye guhabwa aho bakorera kandi hujuje ibisabwa, mu rwego rwo kubafasha kuva mu muhanda kugira ngo bagire uburyo bacuruzamo busobanutse.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asobanura ko Demokarasi ari imiyoborere ndetse ikaba amahitamo y’abaturage ba buri gihugu, kubera iyo mpamvu Abanyarwanda bakaba ari bo bagomba kwihitiramo batagendeye kuri Demokarasi y’ahandi.
Hari abitegereza ukuntu ahitwa mu Cyarabu mu mujyi wa Huye hari amatongo ahamaze igihe, ugasanga bibaza bati “Kuki abafite ibibanza mu Cyarabu bananiwe kubyubaka batahabwa igihe hanyuma bakabyamburwa?”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro, bwahinduriye ubuzima Habimana Emmanuel wagaragaye atakambira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kubera ubuzima yari abayeho bwo kutagira aho aba bigatuma n’uwo bashakanye amutana abana, none akaba yasubijwe bituma n’ubuzima bwe buhinduka.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kanama 2022, yakiriye itsinda ry’abantu 26 bagize umuryango w’abayobozi bakiri bato (Young Presidents’ Organisation, bari mu rugendo mu Rwanda.
Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu Karere ka Musanze ku bufatanye n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko muri ako Karere, nyuma yo gusura Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko bagasobanurirwa uruhare rw’Ingabo zahoze ari iza RPA zabohoye u Rwanda, biyemeje gutera ikirenge mu cyabo, biyemeza kwicungira umutekano, barinda ibyagezweho.
Izina ‘Bihemu’ rimenyerewe cyane ku bantu bahawe umwenda muri Banki bagatinda kuwishyura, ariko kugeza ubu ibigo byakwita umuntu ‘Bihemu’ ntabwo ari banki gusa.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) kivuga ko uku kwezi kwa Kanama 2022 guteganyijwemo ubushyuhe bwinshi ku manywa ugereranyije n’ubw’ukwezi kurangiye kwa Nyakanga.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Chileshe Kapwepwe, Umunyamabanga mukuru w’Isoko rusange ry’Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Mu gihe ubuyobozi bw’u Rwanda busaba abangavu kuvuga ababasambanyije kugira ngo bahanwe, hari ababikoze bavuga ko baheruka barega, ntibamenye aho ibyabo byarangiriye.
Mu ma saa yine z’igitondo imodoka yo mu bwoko bwa Coaster y’ikigo gitwara abagenzi cya Virunga, yakoze impanuka igonganye n’ikamyo ya Rubis itwara ibikomoka kuri peteroli, abakomeretse bahita bajyanwa mu bitaro bya Gisenyi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere la Muhanga, baravuga ko ibikorwa byo kurwanya isuri byatangiye kubaha umusaruro, kuko basigaye bahinga bakeza mu gihe mbere ubutaka bwabo bwatwarwaga n’amazi menshi y’imvura.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwatangaje ko Habyarimana Uwamaliza Béata uherutse gusimburwa ku mwanya wa Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, yahawe inshingano zo kuyobora BK Group Plc ihuriyemo ibigo bine ari byo Banki ya Kigali (izakomeza kuyoborwa na Dr. Diane Karusisi), BK TechHouse, BK Capital Ltd na BK General Insurance.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burashakisha bitarenze ibyumweru bibiri, abantu bafite imodoka nini za bisi zishobora kunganira izitwara abagenzi muri uyu mujyi, mu rwego rwo kugabanya imirongo miremire y’abantu muri gare.