Ikibazo cy’abana b’inzererezi si gishya, kuko kimaze igihe cyumvikana hirya no hino mu gihugu, hagafatwa ingamba zitandukanye zo kukirwanya, ariko ntikirangira bitewe n’impamvu zitanudakanye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizwe ku rutonde rw’abayobozi bo ku isi, bari gukoresha cyane urubuga rwa Twitter muri iki gihe isi ihanganye in’icyorezo cya Covid-19.
Ubuyobozi bw’ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santarafurika (MINUSCA), bwatangaje ko umusirikare w’u Rwanda uherutse kugwa mu gitero cyagabwe kuri izo ngabo, yasezeweho kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2020.
Barore Cleophas ni umugabo w’igikwerere umaze imyaka isaga 25 mu mwuga w’itangazamakuru, akaba yarakoze muri Orinfor yaje kuba RBA kuva yatangira akazi k’ubunyamakuru kugeza magingo aya.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko (imitwe yombi) imiterere y’icyorezo cya Covid-19 nyuma y’amezi ane kimaze kigeze mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwahagaritse kwakira ibibazo by’abaturage guhera kuri uyu wa kabiri tariki 21 Nyakanga 2020.
Colonel Nizeyimana Mark, umwe mu barwanyi b’umutwe wa FLN uherutse gufatirwa mu mashyamba ya Kongo Kinshasa, atangaza ko abakiri muri ayo mashyamba bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagowe.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2020, umudugudu Kidobogo wo mu Kagari ka Kigali mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge ukuwe muri gahunda ya #GumaMuRugo (Lockdown).
Abagize Sendika y’abakora mu buhinzi n’ubworozi mu Rwanda (SYNATRAEL) bavuga ko uwari perezida wayo, Emmanuel Ngendambizi yayisubije inyuma kubera kuyicunga nabi, ari yo mpamvu bamweguje aranasimburwa, gusa we ibyo ntabikozwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, arasaba abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 barenga 500 batarayitaba kwihutira kujyayo batarafatwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko kuva ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2020, umuryango we wishimiye kuba babonye umwuzukuru.
Abakirisitu basengera muri ADEPR-Muhoza mu Karere ka Musanze, barishimira umuhigo besheje wo kubaka urusengero rujyanye n’igihe, aho rugiye kuzura rutwaye amafaranga agera kuri miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.
Abagiye bahohoterwa mu ngo bakaza gufashwa bakiyunga n’ababahohoteraga, bavuga ko babanye neza na bagenzi babo, ariko ko nubwo babababariye batabura kugira inkomanga ku mutima.
Abaturage bo muri imwe mu midugudu itaragezwamo amashanyarazi yo mu Karere ka Musanze bavuga ko bamaze igihe mu gihirahiro batewe no kuba bataragezwaho umuriro w’amashanyarazi, nyamara abo mu yindi midugudu bihana imbibi bo baramaze kuyabona.
Mu gihe siporo, byumwihariko umupira w’amaguru itarakomorerwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, bamwe mu rubyiruko ku bibuga binyuranye hirya no hino mu Karere ka Musanze bakomeje gukina.
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 19 Nyakanga 2020, abagenzi bagera muri 30 bavaga mu Karere ka Gatsibo berekeza i Gicumbi, barokotse impanuka ya Bisi ya Sosiyete itwara abagenzi ya Ritco, nyuma y’uko iguye mu mugezi.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal, aratangaza ko mu nsengero zibarizwa muri aka Karere, rumwe rwonyine ari rwo rwujuje ibisabwa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, rukaba ari na rwo rwahawe uburenganzira bwo gufungura imiryango.
Kuri iki cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2020, hirya no hino mu gihugu zimwe mu nsengero zamaze kugaragaza ko zujuje ibisabwa kugira ngo zemererwe kongera gufungura, kandi zikabiherwa icyemezo, abayoboke bazo batangiye kwitabira amateraniro.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Nyakanga 2020, imodoka yari irimo Sembagare Samuel wahoze ayobora Akarere ka Burera yakoze impanuka, we n’abo bari kumwe barakomereka ariko ntawitabye Imana.
Kiliziya ya Paruwasi Gatolika ya Saint André Gitarama yo mu Mujyi wa Muhanga ikaba ibarizwa muri Diyosezi ya Kabgayi, ni imwe muzitegura gufungura nk’uko n’ahandi bimeze, ariko ngo ikazakira abakirisitu 300 muri misa imwe mu gihe yajyaga yakiraga abagera ku 2,000 mbere ya Covid-19.
Itsinda rikora igenzura mu nsengero rireba izujuje ibisabwa kugira ngo zikore mu Karere ka Nyagatare, zasanze 13 kuri 326 ari zo zakoze ibishoboka ku buryo kuri iki cyumweru zitangira gukora.
Hashize amezi arenga ane icyorezo cya Coronavirus kigeze mu Rwanda. Icyo cyorezo cyahungabanije ibintu byinshi ku buzima bw’abatuye isi ndetse n’Abanyarwanda by’umwihariko.
Nyinawandwi Epiphanie wo mu Mudugudu wa Mirama ya kabiri Akagari ka Nyagatare Nmurenge wa Nyagatare avuga ko umwana we yavukanye ubumuga bw’ururimi ruteguka ndetse n’ahanyura umwanda hato ariko yabuze ubushobozi bumuvuza.
Inzego zishinzwe ubwikorezi mu kirere n’inzego z’ubuzima ziratangaza ko u Rwanda rwiteguye neza gusubukura ingendo zo mu kirere tariki 1 Kanama 2020.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) kiratangaza ko umubyeyi wagaragaweho ubwandu bwa Covid-19, yabyariye umwana w’umuhungu mu kigo nderabuzima cya Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho yavurirwaga iyo ndwara.
Abaturage 300 batishoboye bo mu Kagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, bishimira kuba barishyuriwe ubwisungane mu kwivuza kuko ngo bumvaga ntaho bazakura amafaranga yo kwiyishyurira.
Abatuye mu Kagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, tariki 2 Nyakanga 2020 bari bamaze kwishyura imisanzu ya mituweli 2020-2021 bose.
Nyuma y’aho Inama y’Abaminisitiri iteranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 ikemeza ko insengero zongera gufungura, abakuriye amadini n’amatorero bo mu Ntara y’Amajyaruguru bishimiye uyu mwanzuro, baboneraho no kwizeza Abanyarwanda ko biteguye kuba icyitegererezo mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa (…)
Dusengimana Paul uzwi nka Paul w’i Mushubi ni umusore w’imyaka 33. N’ubwo yize amashuri abanza gusa ni we Munyarwanda wa mbere, abyibwirije wandikiye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda asaba ko ingingo 101 mu Itegeko Nshinga ihinduka.
Umukobwa witwa Mukundente Raïlla wo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubutabera nyuma y’uko ashutswe n’umusore ubwo yigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza yamara kumutera inda akamwihakana.