Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umuyobozi mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi yageze ku cyicaro cy’Umuryango giherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Nyuma y’uko bamwe mu batwara imodoka zitwara abagenzi zizwi ku izina rya Twegerane babuze umusanzu bakirukanwa, ubu bemerewe kongera gukora.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abarwayi 34 ba Covid-19 babonetse muri Kigali kuva tariki ya 3 kugeza ku ya 24 Kamena 2020. Muri bo 25 ngo ni abo mu midugudu yasubijwe muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Amabwiriza mashya atangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) aravuga ko imidudugu itandatu yo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ishyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo (lockdown) mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya COVID-19.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagize Charles Habonimana Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibibuga by’Indege (Managing Director of Rwanda Airports Company).
Muri iki gihe u Rwanda ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus, rwashyizeho amabwiriza ajyanye no gukumira ikwirakwira ry’icyo cyorezo. Muri ayo mabwiriza harimo iribuza abantu guhurira hamwe ari benshi, kuko nk’uko bivugwa n’impuguke mu by’ubuzima, cyandura mu buryo bworoshye mu gihe abantu begeranye harimo uwamaze kucyandura.
Ibyiciro by’ubudehe bisanzwe bigenderwaho mu Rwanda byahinduriwe amazina, ubu bikazajya byitwa amazina hakurikijwe inyuguti zikoreshwa mu kwandika, bikaba kandi ari bitanu (5) mu gihe mbere byari bine.
Nyabirasi ni Umurenge umwe w’Akarere ka Rutsiro utagiraga umuriro w’amashanyarazi, ibyo bigatuma ibikorwa byabo byinshi bikenera umuriro bifashisha umuriro uturuka ku mirasire y’izuba, ariko ubu guhera ku itariki 22 Kamena 2020, batangiye gucana umuriro w’amashanyarazi.
Nyuma y’imyaka icyenda (9) ari umupadiri wa Diyosezi ya Cyangugu, tariki ya 3 Ukuboza 2018 nibwo Padiri Nambajimana Donatien yeruye ko asezeye ku mugaragaro umurimo wo kuba umusaserodoti akiyemeza kujya gushaka umugore.
Umuyobozi mukuru w’agateganyo w’ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (RHA), Augustin Kampayana, avuga ko hatagize imbogamizi zindi zivuka, umwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021 wazarangira nta mabati ya asbestos akiri ku nyubako zo mu Rwanda.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo baravuga ko biyemeje gufatanya n’inzego zitandukanye kugira ngo bitarenze ukwezi kwa Nzeri 2020 ibyumba by’amashuri bizabe byuzuye.
Urugaga rw’Abagore n’Urugaga rw’Urubyiruko zombi zishamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, ziri mu gikorwa cyo gufata mu mugongo abakecuru n’abasaza basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, mu kigo cy’amashuri abanza cya Kavumu Adventiste, hagaragaye imibiri itatu ikekwa ko ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umwe uhita umenyekana kubera ikimenyetso cyihariye wari ufite.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko abamotari babiri icyorezo cya COVID-19 cyagaragayeho mu mujyi wa Kigali bakoreraga mu bice (zone) bitandukanye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije isabukuru nziza y’amavuko Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruhengeri, Barikumwe Isaie n’umukunzi we Nyiraneza Evelyne, bari mu byishimo nyuma y’uko basezeranye mu buyobozi (imbere y’amategeko) no muri Kiliziya (imbere y’Imana) ku itariki 20 Kamena 2020, bakaba bishimira uburyo ubukwe bwabo bwagenze muri ibi bihe bitoroshye bya COVID-19.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) ibinyujije kuri Twitter, yifurije umunsi mwiza ababyeyi b’abagabo. Umunsi wahariwe kuzirikana ababyeyi b’abagabo wizihijwe hirya no hino ku isi kuri uyu wa 21 Kamena 2020.
Nkundibiza David utuye mu mudugudu wa Ruhunga mu kagari ka Guriro mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu avuga ko nta pfunwe aterwa no guheka umwana we n’ubwo hari abamwita inganzwa.
Bamwe mu biganjemo abakuze n’abatazi gusoma no kwandika bavuga ko kugira ngo bishyurane hifashishijwe telefone biyambaza abandi bantu kuko bo batashobora kubyikorera.
Kubera icyorezo cya Covid-19 cyugarije isi n’u Rwanda rurimo, hari hashyizweho amabwiriza yo guhagarika ibikorwa bitandukanye harimo n’ibyo gushyingiranwa mu nsengero, byahagaritswe mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyo cyorezo.
Hari abamotari bakorera mu Karere ka Huye bavuga ko bagiye bisanga baraciwe amafaranga ku makosa batakoze, rimwe na rimwe ngo bakabwirwa ko banayakoreye mu turere batarageramo.
Polisi y’u Rwanda yashyizeho gahunda yiswe Ntabe ari njye, yo kwibutsa abantu gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda Coronavirus, ikizera ko iyo gahunda ikurikijwe icyo cyorezo cyahashywa.
Nyuma y’uko Perezida Kagame yemereye abatuye mu Karere ka Nyaruguru ibitaro byiza, bikanatangira kubakwa, icyiciro cya mbere cy’inyubako kigeze kuri 70% cyubakwa.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 16 Kamena 2020 yemeje ko imihango yo gushyingirwa mu nsengero ikomorewe, ariko ikitabirwa n’abantu batarenze 30. Iyo nama yasabye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kuzatanga amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo, ayo mabwiriza akaba yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 18 Kamena 2020.
Mu gihe gahunda yo kwirinda COVID-19 igikomeje, bimwe mu bikorwa byari byafunzwe bikaba byaratangiye gukomorerwa nko gusezerena mu nsengero, gusezerana mu murenge no kwiyakira nyuma y’iyi mihango byemewe na Leta, hari ibindi bigisabwa n’abakomeye ku muco.
Aminimungu Phocas wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko kuba yaratakaje zimwe mu ngingo z’umubiri we bitamuteye ipfunwe, ahubwo ko asanga ari ishema kuri we ryo kuba yararwaniye igihugu cye.
Ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali, Ikigo ’1000 Alternatives Rwanda’ cyahembye imishinga itatu ya mbere y’urubyiruko yifitemo udushya mu mishanga 17 yari yitabiriye irushanwa.
Ku wa Kabiri tariki 16 Kamena 2020, mu Mudugudu wa Kagomasi, Akagari ka Kagomasi mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, abantu bagera kuri 40 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera mu rugo rw’uwitwa Tuyizere Didace ndetse n’urwa Ndikumana Didier.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruratangaza ko Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 23 ryari riteganyijwe kubera i Gikondo kuva tariki ya 21/07/2020 kugeza ku ya 10/08/2020 ryimuriwe kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 31/12/2020.
Abaturage batuye mu Mudugudu w’Intiganda, Akagari ka Tetero, mu Murenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, baratangaza ko babangamiwe n’umwanda uterwa n’abaturage barema n’abakorera mu isoko rihari, bavuga ko ritagira ubwiherero.