Nyuma y’aho Inama y’Abaminisitiri iteranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 ikemeza ko insengero zongera gufungura, abakuriye amadini n’amatorero bo mu Ntara y’Amajyaruguru bishimiye uyu mwanzuro, baboneraho no kwizeza Abanyarwanda ko biteguye kuba icyitegererezo mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa (…)
Dusengimana Paul uzwi nka Paul w’i Mushubi ni umusore w’imyaka 33. N’ubwo yize amashuri abanza gusa ni we Munyarwanda wa mbere, abyibwirije wandikiye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda asaba ko ingingo 101 mu Itegeko Nshinga ihinduka.
Umukobwa witwa Mukundente Raïlla wo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubutabera nyuma y’uko ashutswe n’umusore ubwo yigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza yamara kumutera inda akamwihakana.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize abakozi n’abayobozi b’amashami bagera kuri 45 muri za Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 yemeje ko ingendo hagati mu Karere ka Rusizi ku bahatuye zemewe, ariko iziva muri ako Karere zijya mu tundi zikaba zitemewe.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yize ku cyorezo cya Coronavirus yanzura ko insengero zemerewe gukora ariko uburenganzira bwo gufungura bugatangwa n’inzego z’ibanze zimaze kugenzura niba zubahirije amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda, cyatangaje ko kuva mu ijoro ryo ku ya 15 kugera ku ya 16 Nyakanga 2020, mu Ntara y’Uburasirazuba n’iy’Amajyepfo, hateganyijwe umuyaga mwinshi, uri ku gipimo cya metero 8 na 13 ku isegonda.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020, Perezida wa Repubulika yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.
Gahunda ya ‘Sanga Umurenge’ ikorwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera, ni igitegekerezo cyabayeho hagamijwe kwegera abaturage ku buryo buruseho, kumenya ahantu ndetse no kureba ibibazo abayobozi ku nzego z’ibanze bahura na byo.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwari bwemereye Cyprien Tegamaso kumuvuza, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 yapfiriye ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), ataragera kuri Faisal ngo avurwe.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga 2020, tumwe mu tugari two mu Turere twa Nyamagabe na Nyamashe twasubijwe muri gahunda ya #GumaMuRugo nibura mu gihe cy’iminsi 15, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase yasabye abayobozi b’uturere tw’Intara y’Amajyepfo kuyoboka Guverineri mushya wagiye kuri uwo mwanya yari asanzwe ayobora akarere nka mugenzi wabo, anaboneraho kwibutsa Guverineri mushya ko atashyiriweho kuza gusimbura abayobozi b’uturere mu nshingano.
Umugabo wo mu Murenge wa Busasama mu Karere Nyanza, ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 13 Nyakanga 2020, ubwo yakataga mu rugo ashaka gusohoka n’imodoka yagonze umwana we w’umwaka umwe ahita apfa.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara Jérôme Rutaburingoga, avuga ko abatujwe mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha uri mu Murenge wa Mamba bagenda batera imbere, ku buryo n’imodoka bazazitunga.
Bamwe mu bakoze imirimo inyuranye yo kubaka gasutamo ya Bweyeye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batigeze bishyurwa amafaranga bakoreye kuva ako kazi katangira mu ntangiriro za 2018, bakavuga ko bari mu gihirahiro kuko batabona aho amafaranga yabo aherereye.
Umushinga ’Baho neza’ ushyirwa mu bikorwa n’Ikigo giteza imbere ubuzima n’uburenganzira bwa muntu Health Development Initiative (HDI) ku bufatanye na Imbuto Foundation ndetse na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ukomeje ubukangurambaga hirya no hino mu gihugu, usobanurira abakobwa babyaye batujuje imyaka y’ubukure (…)
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko Akagari ka Kamatamu n’igice cy’ Akagari ka Kamutwa, mu Murenge wa Kacyiru ndetse n’igice cy’ Akagari ka Kamukina mu Murenge wa Kimihurura, mu Karere ka Gasabo hazaba ibura ry’umuriro w’amashanyarazi kuwa Gatatatu tariki ya 15 Nyakanga 2020, kuva saa tanu za mu gitondo (…)
Mu Murenge wa Mwogo Akarere ka Bugesera, ku itariki 7 Nyakanga 2020, habayeho ibura ry’abana babiri b’abahungu bari mu kigero cy’imyaka hagati y’ine n’itanu.
Mu myaka umunani ishize ubwo gahunda yitwa "Tubarere mu miryango" yatangizwaga, ikigo cyareraga impfubyi cyitwa ’Orphelinat Noel’ cyo ku Nyundo mu Karere ka Rubavu cyasezereye amagana y’abari bakirimo, bamwe bajya kurererwa mu miryango, abandi bajya kwicumbikira.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 11 Nyakanga 2020 inkongi y’umuriro yatwitse inzu y’uwitwa Ndererimana Gaudence na Semanza Anathole batuye mu Mudugudu wa Kanama, Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, ibyarimo birashya birakongoka.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge Musenyeri John Rucyahana asaba Abanyarwanda baba mu mahanga gukomeza kuzirikana Ubunyarwanda aho kwiyumvamo abanyamahanga.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigombe kamwe mutugize Umujyi wa Musanze, bavuga ko igihe kinini bamaze bavoma amazi yanduye bikomeje kubatera ingaruka z’indwara zituruka ku mwanda.
Imiryango yo mu Ntara y’Amajyaruguru ibarizwa mu cyiciro cy’abatishoboye iheruka gusenyerwa n’ibiza byabaye muri Gicurasi 2020 na mbere yaho gato, yatangiye guhabwa isakaro rigizwe n’amabati.
Kugeza ubu abaturage bangana na miliyari ebyiri na miliyoni 400 bahwanye na 1/3 cy’abatuye isi, ni abumva cyangwa basoma amagambo yanditse mu gitabo cyitwa Bibiliya, bakaba bitwa abakirisitu.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Didace Ndindabahizi, avuga ko gushakisha imibiri y’Abatutsi bajugunywe mu cyuzi cya Ruramira mu gihe cya Jenoside byongeye guhagarara kubera ko hari agace karimo amazi n’isayo abaturage batabasha kujyamo.
Abafite ubumuga butandukanye bifuza ko batashyirwa mu byiciro by’ubudehe by’imiryango yabo kuko bibabangamira nko mu gihe hagize ukenera ubuvuzi bwihuse kandi umuryango we wose utarishyura ubwisungane mu kwivuza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kimwe n’abandi bazi agaciro k’ikiremwamuntu, aravuga ko abirabura bahejwe kuva kera ubuzima bwabo bugafatwa nk’ubudafite agaciro imbere y’abazungu, ari yo mpamvu ashyigikiye urugamba rwo guharanira uburenganzira bwabo kandi akemera ko isi ari iya bose mu buryo bungana.
Imyaka 26 irashize u Rwanda rwibohoye, kuri ubu rukaba rukataje mu kwibohora ubukene, hongerwa n’ibikorwa remezo. Akarere ka Rwamagana na ko ntikasigaye inyuma muri urwo ruhando rw’iterambere. Bimwe mu bikorwa remezo bya vuba ako Karere kishimira byagezweho, ni imihanda ya Kaburimbo yubatswe mu Mujyi wa Rwamagana ndetse (…)
Mu kwezi kwa Mata k’umwaka ushize wa 2019 ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwatanze amafaranga y’u Rwanda miliyoni 65 yo guteza imbere umushinga w’ubworozi bw’inkoko zigomba gutunga abatujwe mu mudugudu w’icyegererezo wa Rugendabare muri Mageragere.
Damien Manirakiza bakunze kwita Muzamuzi, yakuye amazi mu birometero bitatu n’igice ayageza aho atuye, none arifuza inkunga y’ibigega kugira ngo we n’abaturanyi be bajye babasha kuhira imyaka bahinga imusozi.