Ikorwa ry’umuhanda uherereye mu gace k’Umujyi wa Byumba kitwa Gashirwe ryatumye insinga z’amashanyarazi zari mu butaka hamwe n’ibitembo bijyana amazi byangirika maze umuriro n’amazi birabura.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bifuza ko ingingo ya 101 mu itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda yavugururwa, maze bakabasha kongera kwitorera Perezida, Paul Kagame nk’umukuru w’igihugu, kandi ko ngo bazakomeza kumutora igihe cyose azaba agihumeka.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abagabo bo muri ako karere gucika ku ngeso yo gukubita abagore babo ngo kuko uzongera gufatwa akubita umugore we azajya ajyanwa mu bigo ngorora muco (Transit Center).
Abasirikare bavuye ku rugerero bibumbiye muri Koperative COPIBU ikora isuku mu Mujyi wa Gisenyi bashyikirije inka ebyiri abacitse ku icumu batishoboye mu Kagari ka Mbugangari ho mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.
Ububiko bw’imifariso (matelas) y’uruganda rwitwa AFRIFOAM buri i Karuruma mu Murenge wa Gatsata, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali bwafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa tanu z’amanywa ku wa kabiri tariki 12 Gicurasi 2015.
Abanyamuryango 350 ba koperatve ihinga ibigori mu Murenge wa Murama(KOREMU) mu Karere ka Ngoma bavuga ko bakurikije iterambere n’umutekano Perezida Paul Kagame agejeje ku Banyarwanda bose, nyuma ya Jenoside,kutavugurura ingingo imubuza izindi mandat byadindiza iteramebere.
Ku wa 11 Gicurasi 2015, abaturage b’utugari tugize Umujyi wa Nyagatare bashyikirije ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagatare impapuro zirimo icyifuzo cy’uko itegeko nshinga ryahindurwa cyane mu ngingo igena umubare wa manda ku mukuru w’igihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arasaba abagize urwego rwa Polisi kubaka ubushobozi mu bumenyi bufasha Polisi kurinda umutekano w’abaturage ariko muri byose bakora bakarangwa n’ikinyabupfura ngo kuko imbaraga zose n’ubushobozi baba bafite, nta cyo byabamarira batagira ikinyabupfura.
Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’igihugu butangaza ko ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’ingabo, abapolisi n’abasivili ari ngombwa mu butumwa bw’amahoro kugira ngo ibikorwa byo kugarura amahoro bigerweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko kuba muri ako karere hakunze kugaragara igikorwa cyo kumena ibiyobyabwenge birimo kanyanga, bigaragaraza ko hashyizwe imbaraga nyinshi mu kubirwanya.
Abahinzi ba Kawa bibumbiye muri Koperative COCAMU bandikiye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basaba ko ingingo y’101 yo mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ivugururwa maze Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akemererwa kongera kwiyamamaza muri manda ya Gatatu.
Inzego zitandukanye mu Karere ka Kayonza ngo zigiye gushaka uko ibibazo by’abafite ubumuga byakemuka nyuma y’ubushakashatsi bwakozwe ku mibereho ya bo na serivisi bahabwa.
Ku wa 8 Gicurasi 2015, Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge wijihije umunsi mpuzahanga wa Croix-Rouge ushyikiriza Akarere ka Nyabihu umudugudu wa Kijyambere ugizwe n’amazu 180 yubakiwe abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, abirukanywe muri Tanzaniya n’abandi batishoboye bari batuye (…)
Imiryango ine ihuriye kuri gahunda y’uburezi bugamije amahoro (Peace Education Program) yahuguye abanyeshuri n’abarezi 160 bo mu Karere ka Musanze ku mahoro arambaye, kuko bizera ko habayeho uburezi bwiza Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza ruri mu Karere ka Musanze rwahamije icyaha cy’ubushoreke Hakizimana Jean Pierre na Umwari Marie Claire rubakatira igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe n’amezi 9 kuri Hakizimana, igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu kuri Umwari, no gutanga ihazabu y’ibihumbi 100 kuri buri wese.
Inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Kamonyi imaze igihe kirenga umwaka yubakwa i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, igiye kuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari ngo ishobora kuzatangirwa gukorerwamo mu mpera za Gicurasi 2015.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ahagarariwe na Minisitiri muri Perezidansi, Tugireyezu Vénantie, yashyikirije impano y’imodoka koperative COCAMU ihinga ikawa yo mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe.
Ministeri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yakiriye inkunga y’umuryango w’ubumwe bw’i Burayi(EU) ingana na miliyoni umunani z’amayero (ahwanye na miliyari 6.3 z’amanyarwanda RwF), igice kimwe cyayo kikazafasha u Rwanda kunoza serivisi z’ubutaka, ikindi kikazaharirwa kongera ubumenyi ku bakozi mu nzego za Leta zitandukanye.
Umuryango Nyarwanda wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural (Isangano ry’Abagore baharanira Amajyambere y’Icyaro) watangije mu Karere ka Nyanza umushinga w’igihe gito ugamije gushishikariza abantu kuvuga no kudahishira ihohoterwa rikorerwa mu ngo.
Théogène Rusanganwa yatorewe kuyobora inama njyanama y’Akarere ka Ruhango mu minsi isigaye kugira ngo manda yayo irangire nyuma y’igihe gisaga ukwezi kumwe itagira umuyobozi, mu matora yabaye ku wa 07 Gicurasi 2015.
Mu nama Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwagiranye n’abakuriye amatorero bo mu Karere ka Musanze kuri uyu wa 06 Gicurasi 2015 babasabye kugira uruhare mu guhindura imyumvire y’abaturage babasobanurira gahunda zitandukanye za Leta kugira ngo bagire imibereho myiza.
Abagize urwego rushinzwe gufasha akarere mu gucunga umutekano (DASSO) mu Karere ka Ngororero bavuga ko Igihugu gifite umutekano, ariko ngo ntibakwicara kuko bafite inshingano zo gufasha abaturage batishoboye gutera intambwe begera abandi babatanze kuzamuka.
Umwari Marie Claire na Hakizimana Jean Pierre, ku wa 06 Gicurasi 2015 bagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze baregwa icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo.
Umuryango w’ Abanyamerika witwa STARKEY HEARING FOUNDATION ukora utwuma twunganira abafite ubumuga bwo kutumva kugira ngo bashobore kumva, kuri uyu wa 06 Gicurasi 2015, waduhaye abafite ubumuga bwo ku tumva bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke.
Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangije igikorwa cyo kwiyamamaza, aho abakandida bane bahatanira gusimbura Dr. Bizimana Jean Damascène mu nteko ishinga amategeko, umutwe wa Sena bahereye mu Karere ka Nyamagabe, ku wa 5 Gicurasi 2015.
Abaturage batuye mu Kagari ka Rugendabari mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza bavuga ko ibigega bifata amazi y’imvura bubakiwe bigiye kuborohereza ku kibazo cy’amazi bari bafite.
Urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri yisumbuye 15 byo mu Karere ka Rubavu rwanenze abaharanira uburenganzira bwabo bakoresheje ibikorwa byo kwigaragambya n’urugomo, kuko basanga umuti ukwiye ari ibiganiro.
Abadepite bagize Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda basabye urwego rw’Umuvunyi kongera ubugenzuzi mu maperereza ikora ku bakurikiranyweho gukoresha nabi no kunyereza umutungo wa Leta kandi rukanabasabira ibihano bibakwiriye.
Kuri uyu 05 Gicurasi 2015, abagize Inama y’Igihugu y’Abagore kuva ku murenge kugera ku rwego rw’akarere ka Nyagatare bakoranye inama aho biyemeje gutangira gukora ibarura ry’abagore babashyira mu byiciro.
Mu bihe bitandukanye mu karere ka Gatsibo hagiye hagararagara ba rwiyemezamirimo bagiye bakoresha abaturage mu bikorwa bitandukanye, ariko bikaza kurangira abo baturage batishyuwe amafarana bakoreye, ubuyobozi bw’akarere kuri ubu bukaba buvuga ko iki kibazo bukigikurikirana kugira ngo abo baturage bishyurwe.