Nyuma y’uko amazi atwaye umugore kuri uyu 12 Mata 2015, imvura yaguye mu bice by’ibirunga yatumye amazi amanuka ari menshi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 13 Mata 2015 inzu eshanu zirarengerwa.
Abakecuru n’abasaza bo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye bibumbiye muri Koperative Akabando, barashima ibyo bamaze kugeraho birimo inzu y’ubucuruzi, korora no kuryama heza babikesh inkunga y’ingoboka bahabwa.
Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) buributsa ko abayobozi n’abanyamakuru bafite inshingano zo kuzuzanya mu kubaka igihugu, bakaba bagomba kwirinda urwikweke bakumva ko ari abafatanyabikorwa.
Nyum yo kuvugurura gahunda ya E- Kayi ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagra buravuga ko hagiye gutangira uburyo bwo kwifashisha telefone igendanwa mu gutanga serivisi nziza ku baturage.
Ubuyobozi b’akarere ka Gicumbi n’amadini ahasengera baramagana abakirisitu bajya gusengera ahantu hatazwi hatemewe bita mu “Butayu”, buvuga ko binyuranyije na gahunda yo kubungabunga umutekano w’Abanyarwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Burera baturiye Parike y’Igihugu y’Ibirunga batangaza ko kuva aho hashyiriweho urukuta rukumira inyamaswa ngo izajyaga ziza kubonera zivuye muri pariki zaragabanutse nubwo hatabura izirurenga zikaza mu baturage.
Nyuma y’uko mu Karere ka Ngororero inama y’umutekano yemeje ko hari amakosa mu gutanga inka muri gahunda ya “Gira inka” nk’uko byari byaragaragajwe n’abadepite, abafite uruhare mu kunyereza inka za “Gira inka”, cyangwa abazifta ku buryo bunyuranyijwe n’amategeko batangiye kwishyura cyangwa gusubiza inka bahawe.
Ikigo k’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) kiratangaza ko inzira imwe yo guteza itangazamakuru ryo mu Rwanda imbere ari uko abanyamakuru bakwihuriza hamwe, bikabafasha kwiyongera mu bunyamwuga no kwiteza imbere.
Abantu batandatu bo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Muhanga bamaze kugezwa imbere y’inzego z’umutekano bakurikiranweho gutanga no kugurisha mu buryo butemewe, inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Impunzi z’Abarundi zamaze umunsi umwe mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe zivuga ko zahunze intambara itutumba mu gihugu cyazo, ngo zishimiye uburyo zakiriwe mu Rwanda zigasaba ko bishobotse zahaguma zigatuzwa.
Mu gihe impunzi z’Abarundi zikomeje kwiyongera ku butaka bw’u Rwanda, by’umwihariko mu Ntara y’Iburasirazuba, ubuyobozi bw’iyi ntara burasaba ko habaho ubufatanye bw’inzego zose, zaba iz’ubuyobozi, iz’umutekano ndetse n’abaturage kugira ngo ubuzima n’umutekano by’aba Barundi bahungira mu Rwanda bibashe kwitabwaho uko bikwiye.
Abantu 3 bari mu Bitaro ku Kigo Nderabuzima cya Byumba abandi 7 barwariye ku Kigo Nderabuzima cya Cyumba mu Karere ka Gicumbi nyuma yo kunywa ikigage mu birori byabaye kuri Pasika mu rugo rw’umuturanyi.
Ku itariki ya 27 Mutarama 2015, umunsi wibukwaho Jenoside Yakorewe Abayahudi(Shoah) hamwe n’iyakorewe aba « Roms », mwasuye Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi hamwe n’ahahoze inkambi ya Auschwitz.
Umukobwa w’umwangavu witwa Niyonagira Monique wa Minani Alexis amaze imyaka ibiri avuye iwabo ntawe abwiye kandi akaba ngo yaragiye nta byangombwa afite kuko indangamuntu ye yayisize iwabo.
Abaturage bakoreye rwiyemezamirimo Boniface Riberakurora mu mirimo yo kubakaga ikigega cyo guhunika imyaka mu kagari ka Kabona ,mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bari mu giharahiro cyo kumenya uzabishyura amafaranga miliyoni eshantu bakoreye nyuma y’uko rwiyemezamirimo agendeye atabishyuye.
Ku myaka 69 y’amavuko, Dominiko Nkurikiyinka yagiye kwiga ikoranabuhanga ngo bitewe n’uko yari amaze kurambirwa kutabona inyandiko mvugo y’inama z’abari mu zabukuru yabaga yitabiriye, kuko ababahagarariye ku rwego rw’igihugu bazohererezaga abafite email gusa.
Mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, ku wa 05 Mata 2015 hageze abagore babiri n’abana 4 bahunze bava mu gihugu cy’u Burundi.
Imvura yaguye ku cyumweru tariki 5 Mata 2015, yarimo umuyaga mwinshi usambura inyubako y’Akagari ka Mugina gaherereye mu Mudugudu wa Mugina, mu Murenge wa Mugina inangiza bikoresho byari biri mu biro birimo n’impapuro.
Nyuma y’ aho imiryango 186 ikuriwe muri "ntuye nabi" (mu manegeka no muri nyakatsi), bakubakirwa umudugudu, mu Murenge wa Kibilizi ho mu Karere ka Gisagara, baratangaza ko ubu bashishikariye kurwanya imirire mibi babikesha uturima tw’igikoni bubakiwe.
Umushinga RV3CBA ukorera mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere muri Minisiteri y’Umutungo Kamere ngo ugiye kubakira amazu 200 abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bari batuye mu manegeka.
Uwizeyimana Abdoul Kalim uyobora Akarere ka Rwamagana yatorewe kuba Umukuru w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’aka karere mu matora yakozwe n’inteko rusange y’uyu muryango mu Karere ka Rwamagana, ku wa Gatandatu, tariki 4 Mata 2015 i Rwamagana.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabusanza ho mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, bishimira ko kwibumbira muri “Koperative Duharanire Gufumbira” ihinga imyumbati byabagejeje ku bikorwa bibiri binini ari byo kugurirana inka no kwigurira ishyamba rya hegitari.
Mu gihe inzego z’ubuyobozi n’iz’ubuzima badahwema gukangurira Abanyarwanda ububi bwo gusangirira ku muheha, bamwe mu batuye mu Murenge wa Musambira baracyatsimbaraye kuri uwo muco, aho usanga mu tubari umwe arangiza gusoma agahereza mugenzi we.
Abaturage bakoresha iteme rya Rwankuba rihuza Akarere ka Huye n’aka Gisagara barasaba ko ryakubakwa kuko kuba ryarasenyutse bituma ubuhahirane budashoboka muri utu duce twombi.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa, arasaba Abanyarwanda kwitabira ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, bagaragaza abakora ibyo byaha kugira ngo bicike burundu.
Abakirisitu Gaturika bo mu Karere ka Gicumbi bemeza ko kwizihiza Pasika ari tegeko Yezu Kirisitu yasize ategetse intumwa ze ubwo yasangiraga nazo bwa nyuma.
Intore z’Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba zitangaza ko mu byo zimirije imbere, nyuma yo gusoza itorero, ari ukujya mu mirenge aho zituye zikarwanya icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano w’u Rwanda zitangira amakuru ku gihe.
Mu rwego rwo gukomeza kurwanya kanyanga igaragara cyane mu Karere ka Burera, ubuyobozi bw’ako karere bwafashe gahunda yo kwifashisha bamwe mu bahoze bayicuruza bazwi ku izina ry’Abarembetsi, batanga amakuru ndetse banashishikariza abandi bayicuruza kubireka.
Mugabushaka Pierre Claver wayoboraga Umurenge wa Muyumbu na Mushindaji Gaharaba Fred wayoboraga Umurenge wa Musha, yo mu Karere ka Rwamagana, ntibakiri abayobozi b’iyi mirenge nyuma yo kwegurira rimwe tariki ya 2 Mata 2015 ku mpamvu ziswe “izabo bwite”.
Bamwe mu baturage batuye mu gishanga cya Rwabuye giherereye mu Kagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Mbazi, Akarere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe n’uburyo mu gihe cy’imvura iki gishanga cyuzura amazi, ku buryo anabasanga mu ngo zabo, nyamara kandi ngo akarere karakomeje kubabwira ko kagiye kuhabimura hakaba ntakirakorwa.