Abashyigikiye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Niger, tariki ya 27 Nyakanga 2023 bagabye igitero ku biro bikuru by’ishyaka riri ku butegetsi (Parti Nigérien pour la Démocratie et le Socialisme), rya Perezida Mohamed Bazoum wahiritswe, barabitwika, banatwika imodoka zari ziparitse hanze y’iyo nyubako.
Raila Odinga utavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Leta ya Kenya, yatangaje ko agiye gutangiza ikigega cyo gufasha imiryango yaburiye ababo mu myigaragambyo, imaze iminsi ibera muri iki gihugu.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), rirahamagarira amahanga kwita ku mpunzi zo muri Sudani kuko ubuzima bwazo bwugarijwe n’ibibazo bitandukanye, birimo indwara ndetse n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yiteguye kugirana ibiganiro na Raila Odinga, Umuyobozi wa Azimio la Umoja itavuga rumwe na Leta, ndetse ikaba imaze iminsi mu myigaragambyo yo kurwanya ubutegetsi buriho, yamagana izamuka ry’imisoro ndetse n’ikibazo cy’ubuzima buhenze cyane.
Abashinzwe kurinda umutekano wa Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum bamufashe bugwate, banafunga imihanda ijya mu rugo rwe n’iyerekeza kuri za Minisiteri.
Abantu 17 b’abimukira bari baturutse muri Senegal barohamye, nyuma 15 muri bo barohorwa bamaze gupfa mu gihe 2 bo batabawe bakiri bazima, nk’uko byatangajwe na Samba Kandji, umuyobozi wungirije wa Ouakam District, aganira n’Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.
Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin avuga ko igihugu cye gifite ubushobozi bwo gusimbura ingano zoherezwaga muri Afurika ziturutse muri Ukraine nyuma y’uko u Burusiya busheshe amasezerano yari agamije kubungabunga ubwikorezi bwazo mu Nyanja y’Umukara.
Leta y’Ubushinwa yakuye Qin Gang ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga ataramara n’amezi arindwi agiye kuri uwo mwanyai.
Mu Bugiriki, inkongi y’umuriro yatumye abantu ibihumbi 30, harimo abanyamahanga n’abenegihugu bahunga ndetse n’ibirori byo kwizihiza umunsi wa Demokarasi wizihihizwa guhera mu 1974 bisubikwa.
Minisitiri w’ubutabera wa Nouvelle-Zélande Kiritapu Allan yeguye ku mirimo ye kuri uyu wa mbere tariki 24 Nyakanga 2023, nyuma yo gukora impanuka y’imodoka, yapimwa bikagaragara ko yari yanyoye inzoga zirengeje urugero rwemewe ku bantu batwaye imodoka.
Igisirikare cya Sudani cyatangaje ko indege ya gisivili yahitanye abantu icyenda harimo abasirikare bane, nyuma y’uko ikoze impanuka biturutse ku kibazo cya tekiniki.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine yamaganye ibyatangajwe n’u Burusiya, buburira ubwato bwose bunyura mu Nyanja y’umukara bujya muri Ukraine, ko buzajya bufatwa nk’aho bushobora kuba butwaye ibikoresho bya gisirikare.
Tanzania yatumiye sosiyete 15 zo mu Misiri, hagamijwe kugira ngo mu myaka mikeya iri imbere, icyo gihugu kizatangire gukora imodoka na za moto bikoreshwa n’amashanyarazi, kandi bidakenera ababitwara.
Nyuma yo kugaragaza ko yifuza kongera kwiyamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US), Donald Trump yahishuye umugambi afite, ahamya ko ushobora kurangiza intambara y’u Burusiya na Ukraine mu masaha 24.
Muri Kenya, imyigaragambyo y’abantu baturuka mu ihuriro rya ‘Azimio la Umoja’ bamagana ubuzima buhenze, bahangana na Polisi ishaka kubabuza gukomeza kwigaragambya, imaze kugwamo abantu 12 kugeza mu mpera z’iki cyumweru.
Umudepite witwa Chérubin Okende yasanzwe mu modoka yapfuye, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, ngo bigaragara ko umurambo we wariho ibikomere by’amasasu, nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru ‘Le monde’.
Urukiko rukuru rw’amatora muri Brazil (Brazil’s highest electoral court), rwakumiriye Bolsonaro wahoze ari Perezida w’icyo gihugu muri Politiki yacyo mu myaka umunani, kubera ko ibirego yatanze mbere gato y’uko atsindwa mu matora ya Perezida wa Repubulika, yabaye mu mwaka ushize wa 2022, bitari bifite ishingiro.
Muri Kenya, umupadiri wo muri Kiliziya Gatolika muri Paruwasi ya Ruai, yapfuye ubwo yari muri Hoteli ari kumwe n’umugore bivugwa ko yari umukunzi we.
Perezida wa Bagon Ali Bongo yatangarije abaturage b’iki gihugu ko agiye kongera kwiyamamariza gukomeza kuyobora Gabon muri manda ya gatatu.
Minisiteri isihinzwe Itangazamakuru muri Syria yatangaje ko yahagaritse igitangzamakuru cy’Abongereza, BBC, kubera icyo yise ‘amakuru ayobya’ abakurikira iki gitangazamakuru.
Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda batuye muri Mali, bamwe mu bahagarariye ibihugu n’Imiryango mpuzamahanga muri icyo gihugu basaga 300, bitabiriye umugoroba wo kwizihiza ku nshuro ya 29 umunsi mukuru wo Kwibohora k’u Rwanda n’Abanyarwanda, ibirori byabaye ku ya 08 Nyakanga 2023, kuri CICB i Bamako.
Muri Pakisatan, imyuzure yatewe n’imvura imaze ibyumweru bibiri igwa idahagarara, imaze guhitana abantu bagera kuri 55, nk’uko byatangajwe n’abayobozi bo muri icyo gihugu, mu gihe bavuga ko impungenge zikiri zose, kubera iteganyagihe rigaragaza ko imyuzure ishobora kwiyongera.
Ku wa 04 Nyakanga 2023, Ambasade y’u Rwanda mu Buhinde yizihije ku nshuro ya 29 umunsi Mukuru wo Kwibohora. Ni ibirori byitabiriwe n’abasaga 600 barimo Abayobozi Bakuru muri Leta y’u Buhinde, abahagarariye ibihugu byabo mu Buhinde basaga 140, Abashoramari mu nzego zitandukanye, ndetse n’Abanyarwanda baba mu Buhinde.
Leta ya Kenya yatangaje ko yahagaritse gufungura umupaka uyihuza n’igihugu cya Somalia, kubera umutekano muke watewe n’umutwe wa al-Shabab.
Sosiyete ya Meta, ifite urubuga rwa Facebook na Instagram, yitangije urubuga rwa Threads, abantu bagera kuri Miliyoni 10 bamaze kwiyandikisha kurukoresha nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’iyo Sosiyete, Mark Zuckerberg.
Abanyarwanda baba i Brazzaville muri Repubulika ya Congo hamwe n’inshuti zabo, ku wa Kabiri tariki 4 Kamena 2023, bizihije umunsi wo Kwihora, igikorwa kibaye ku nshuro ya 29.
Tariki ya 4 Nyakanga 2023, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 29, ubwo Ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, zikabohora u Rwanda n’Abanyarwanda.
Perezida Joe Biden wa Amerika yatangaje ko hagomba kugira igikorwa mu kurwanya ikoreshwa ry’intwaro mu buryo bunyiranyije n’amategeko,’ gun violence’ rikomeje gutwara ubuzima bw’abantu.
Abantu 25 baguye mu mpanuka y’imodoka yahirimye igahita ifatwa n’inkongi y’umuriro, mu gihe abandi 8 ari bo bakomerekeye muri iyo mpanuka yabereye muri Leta ya Maharashtra,mu Burengerazuba bw’u Buhinde, nk’uko byatangajwe na Polisi yaho.
Umunyamideri akaba n’umumurika mideri w’Umwongereza, Naomi Campbell, ari mu byishimo byo kwibaruka umwana wa kabiri ku myaka 53.