Umuhanzi w’icyamamare Alpha Blondy, uvuka muri Côte d’Ivoire, akaba na Ambasaderi w’amahoro muri icyo gihugu yatanze ubutumwa mu buryo bwa videwo, asaba umuryango w’Ubukungu bw’ibihugu bya Afurika y’Uburengerazuba CEDEAO, kudashoza intambara ku gihugu cya Niger, anongeraho ko uwo muryango uramutse ubirenzeho waba ukoze ikosa (…)
Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida wa Madagascar witwa Romy Andrianarisoa ari kumwe n’Umufaransa witwa Philippe Tabuteau, yafatiwe mu Bwongereza akekwaho kuba yaratse ruswa kugira ngo atange ibyangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro, aho bikekwa iyo ruswa yayatse itsinda rya sosiyete zo mu Bwongereza zicukura amabuye (…)
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangije ibiganiro by’iminsi ibiri byo kugenzura umusaruro watanzwe n’ubuyobozi bwa Gisirikare mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri kuva Gicurasi 2021.
Masai Ujiri washinze umuryango Giants of Africa ufite intego yo guteza imbere impano z’urubyiruko rwa Afurika muri basketball, ni Umunyakanada ukomoka ku mubyeyi w’Umunyanigeriya Michael Ujiri n’Umunyakenyakazi Paula Grace, bombi bafite ubwenegihugu bw’U Bwongereza.
Imibare yatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, yerekana ko abamaze kwicwa n’inkongi z’umuriro zimaze iminsi zibasiye Hawaï ari 96. Ariko uwo mubare ngo ukaba ushobora kwiyongera, kuko igice gito ari cyo kimaze gukorerwamo ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abishwe n’inkongi.
Ubutegetsi bw’igisirikare buyoboye Niger muri iki gihe nyuma ya Coup d’Etat yabaye mu Kwezi gushize kwa Nyakanga 2023, bwatanze ibirego by’ibyaha Perezida Mohamed Bazoum ashinjwa nyuma y’amasaha makeya itsinda ry’abantu bari baturutse muri Nigeria ritangaje ko ubwo butegetsi buyoboye Niger, bwiteguye kuyoboka inzira ya (…)
Inzego z’umutekano muri Uganda zatangaje ko abantu batatu baguye mu mpanuka ya bisi y’ikompanyi itwara abagenzi ya Jaguar, yari ivuye mu Rwanda yerekeza muri icyo gihugu, igeze mu gace ka Kajumiro.
Abantu barindwi bapfuye bagwiriwe n’ibikuta by’umusigiti, wari wuzuyemo abantu baje mu isengesho, mu Mujyi wa Zaria muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, mu gihe abandi benshi bakomeretse, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.
Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, akaba n’umuyobozi w’ishyaka ‘Azimio La Umoja’, yatangaje ko mu myigaragambyo y’ubutaha, abaturage bazaguma mu nzu zabo. Yagize ati "Ntimuzasohoke hanze, muzagume mu ngo zanyu”.
Mu nama idasanzwe yahuje Abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu by’Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS), tariki 10 Kanama 2023, i Abuja iyobowe na Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, bemeje ko hagomba koherezwa umutwe w’ingabo ushinzwe gutabara, uhuriweho n’ibi bihugu kugira ngo usubize ku butegetsi Perezida Bazoum, (…)
Muri Equador umukandida wahabwaga amahirwe mu matora ya Perezida wa Repubulika, Fernando Villavicencio, yarashwe ahita apfa ubwo yari asohotse mu nama ijyanye n’amatora ahitwa i Quito, nk’uko byatangajwe na Perezida w’icyo gihugu, Guillermo Lasso.
Abimukira 41 nibo baburiye ubuzima mu bwato bwarohamye hafi y’Ikirwa cya Lampedusa (mu Butaliyani), nk’uko byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’u Butaliyani ‘Ansa’.
Muri Kenya, Umupolisi wakoreraga muri Kawunti ya Nakuru yarashe umuyobozi we isasu aramwica, mu buryo buteye urujijo, bituma hahita hatangizwa iperereza nk’uko byatangajwe na Komanda wa Polisi muri Nakuru Samuel Ndanyi.
Abantu batatu bapfuye ubwo indege ebyiri zo mu bwoko bwa kajugujugu zagonganaga ziri mu gikorwa cyo kuzimya inkongi y’umuriro mu Majyepfo ya Leta ya California nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru cya CNN.
Abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu by’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS), batangaje ko bazongera bagahurira mu nama idasanzwe ku wa Kane tariki 10 Kanama 2023, bakiga ku kibazo cya Niger, nyuma y’uko igihe ntarengwa cyo kuba abakoze Coup d’Etat basubije ubutegetsi mu maboko ya Perezida Mohamed Bazoum cyarangije ku (…)
Ubuyobozi bwa Vietnam bwatangaje ko abantu umunani (8) bapfuye bishwe n’imyuzure n’inkangu byaje bitunguranye.
Abantu 28 baguye mu mpanuka ya Gariyamoshi yabereye mu Majyepfo y’igihugu cya Pakistan, abandi benshi barakomereka, ikaba yabaye Cyumweru tariki 6 Kanama 2023, nk’uko byatangajwe na Minisitiri Khawaja Saad Rafique, ushinzwe ibya za Gariyamoshi muri cyo gihugu, aho yanemeje ko ibitaro biri hafi y’aho impanuka yabereye (…)
Perezida Mohamed Bazoum wayoboraga Niger, yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’amahanga muri rusange, kumufasha gusubira ku butegetsi nyuma yo guhirikwa n’agatsiko k’abasirikare bamurindaga.
Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau w’imyaka 51, yatangaje ko yatandukanye n’umugore we Sophie Grégoire Trudeau w’imyaka 48 y’amavuko.
Gen. Abdourahamane Tchiani uyoboye Niger nyuma ya Coup d’état, yavuze ko adatewe ubwoba n’igitutu cy’abashaka gusubiza Perezida Mohamed Bazoum ku butegetsi, anenga ibihano byafashwe n’Umuryango wa ECOWAS, ko binyuranyije n’amategeko kandi bigaragaza kubura ubumuntu, ahamagarira abaturage ba Niger, kwitegura kurwana ku (…)
Henri Konan Bédié wayoboye igihugu cya Côte d’Ivoire, yitabye Imana afite imyaka 89 y’amavuko, aho yari amaze iminsi ari mu bitaro nyuma yo kumva atameze neza.
Ubutegetsi buyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso no muri Mali, bwatangaje ko igikorwa cya gisirikare icyo ari cyo cyose cyakorwa kuri Niger, hagamijwe gusubiza ubutegetsi mu maboko ya Perezida Mohamed Bazoum uherutse gukorerwa Coup d’état, cyafatwa nko gutangiza intambara no muri ibyo bihugu byombi.
Umwiyahuzi mu gihugu cya Pakistan, yaturikije igisasu (bombe) gihitana abantu 44 bari bateraniye mu nama y’ishyaka rya politiki, abandi babarirwa muri 200 barakomereka, bikaba byarabaye ku Cyumweru tariki 30 Nyakanga 2023
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yifurije urubyiruko rwitabiriye imikino ngororamubiri ya La Francophonie, kwisanga muri ayo marushanwa ndetse no gusangira indangagaciro zinyuranye.
Muri Tanzania, umugabo witwa Goodluck Chang’a w’imyaka 42 y’amavuko, yajyanywe imbere y’urikiko rubanza rwa Kariakoo, mu Mujyi wa Dar es Salaam, ashinjwa kuba yarakiriye Miliyoni 2.6 z’Amashilingi ya Tanzania y’uwitwa Godfrey Jacob, akamwemerera ko azamudodera amakote umunani ya kigabo, nyuma agahita abura ajyanye n’ayo (…)
Muri Senegal umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta, Ousmane Sonko, yafatiwe iwe mu rugo ajya gufungwa nk’uko byemejwe n’umwe mu bamwunganira mu mategeko.
Uwahoze ari Perezida wa Amerika Donald Trump, yongeye kuregwa ikirego gishya aho akurikiranyweho gusiba amashusho ya Camera ziri iwe mu rugo, zagombaga kugaragaza uburyo yakoze ibyaha by’imicungire mibi y’impapuro z’akazi z’ibanga zo mu biro by’Umukuru w’igihugu cy’Amarika ubwo yari Perezida.
Gen. Abdourahamane Tchiani umaze imyaka 12 ayobora umutwe w’abasirikare bashinzwe umukuru w’Igihugu, ni we wagiye ku butegetsi nyuma ya coup d’état.
Abashyigikiye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Niger, tariki ya 27 Nyakanga 2023 bagabye igitero ku biro bikuru by’ishyaka riri ku butegetsi (Parti Nigérien pour la Démocratie et le Socialisme), rya Perezida Mohamed Bazoum wahiritswe, barabitwika, banatwika imodoka zari ziparitse hanze y’iyo nyubako.
Raila Odinga utavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Leta ya Kenya, yatangaje ko agiye gutangiza ikigega cyo gufasha imiryango yaburiye ababo mu myigaragambyo, imaze iminsi ibera muri iki gihugu.