Perezida Paul Kagame ari muri Canada aho yitabiriye inama y’ibihugu birindwi bikize ku isi (G7), ariko yanatumiwemo n’abandi bayobozi b’ibihugu batandukanye.
Perezida Paul Kagame avuga ko bikigoye gufata umugore nk’umuntu ushoboye, kuko igihe cyose abarirwa mu ishusho y’umugabo kandi badahuje imbaraga n’imiterere.
Perezida Kagame ari mu Bubiligi aho yitabiriye inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere izwi nka (European Development Days).
Perezida Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gicurasi 2018, uruzinduko rwa kabiri aba ahagiriye nyuma y’imyaka itatu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa kandi kandidatire ye ishyigikiwe na Leta y’u Bufaransa.
Perezida Kagame yavuze ko Kurinda amazi n’ibiyakomokaho, n’amashyamba yo mu Kibaya cy’Uruzi rwa Congo ari ingenzi mu iterambere rirambye ry’umugabane wa Afurika ndetse no mu bindi bice binyuranye by’isi.
"Rwanda the Royal Tour" filime mbarankuru igaragaramo Perezida Paul Kagame yamuritswe bwa mbere mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Mata 2018 mu Mujyi wa Chicago.
kuri uyu wa mbere taliki ya 19 Gashyantare , mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu i Malabo, Perezida wa Guinée Equatorial Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Habyalimana Jean Baptiste guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mu Mujyi wa Munich mu Budage, aho yagiye kwitabira inama ya 54 yiga ku mutekano, izwi nka ‘Munich Security Conference’.
Abanyarwanda baba muri Canada bandikiye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Justin Trudeau bamusaba ko guverinoma ye yahindura uko ifata Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuntu ukekwaho kuba yarakubise umuririmbyi Mowsey Radio bikamuviramo gupfa.
Abanyakenya baba mu Rwanda nabo bitabiriye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu, aho batoreye ku biro by’uhagarariye icyo gihugu mu Rwanda biherereye ku Kacyiru.
Umuyobozi bw’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene aranenga urubyiruko rutegura imihigo itagaragaza impinduka kandi ari zo zikenewe mu irerambere ry’igihugu.
Perezida Paul Kagame yabwiye abakorerabushake bo mu Bwogereza bakoraga mu mushinga Umubano, ko usize umubano w’ibihugu byombi ukomeye.
Perezida Paul Kagame yasuye icyicaro gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, ahura na Perezida wayo Gianni Infantino, ndetse anasura inzu ndangamurage ya yayo.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bateguye irushanwa ryiswe Agaciro Cup rihuza amakipe y’umupira w’amaguru n’aya basket y’abiga muri kaminuza zitandukanye.
Perezida Paul Kagame yabwiye umuryango w’Abayahudi ko amateka ya Jenoside Isiraheri n’u Rwanda byanyuzemo, yatumye habaho ipfundo ry’ubucuti ridasanzwe.
Ku majwi 65.1% Emmanuel Macron atsindiye kuba Perezida w’u Bufaransa, ahigika mugenzi we Marine Le Pen bari bahanganye wegukanye amajwi 34.9%.
Mu Mujyi wa Roma mu Butaliyani hatashywe umuhanda witiriwe inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Perezida Kagame asanga Afurika na Amerika bikwiye gukorana mu bwubahane kugira ngo bigere ku ntego imwe, aho kugira ngo Abanyafurika bahore bumva ko ubukire bwabo, bugomba gushingira ku buyobozi bwa Amerika.
Perezida Kagame na Madamu we Jeannette Kagame, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, bakiriwe na Perezida w’iki gihugu Xi Jinping mu ngoro ye.
Umucamanza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) yahamije Umunyarwanda, Gervais Ngombwa,ibyaha bya Jenoside no kwinjira muri USA yifashishije amakuru y’ibinyoma, amukatira gufungwa imyaka 15.
Abaturage bo mu Bufaransa bifuza ko Barack Obama yakwiyamamariza kuyobora igihugu cyabo bakomeje kwiyongera ku buryo bamaze kurenga ibihumbi 40.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zitangaza ko mu mpeshyi ya 2016 zasenye ambasade ya baringa muri Ghana yari ihamaze imyaka 10.
Fidel Castro wategetse Cuba imyaka 49 akayigira igihugu kigendera ku matwara ya gikominisiti yatabarutse mu ijoro ryo ku wa 25 rishyira ku wa 26 Ugushyingo 2016.
Perezida wa Colombia yatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera imbaraga yashyize mu guhagarika intambara yamaze imyaka 52, icyo gihugu cyarwanaga n’inyeshyamba za FARC.
U Rwanda rwifatanije n’Abanya-Isiraheli mu kababaro batewe n’urupfu rwa Shimon Peres wahoze ari Perezida wa Isiraheli akaza no guhabwa igihembo kitiriwe Nobel.
Abarwanyi bari bashyigikiye Riek Machar muri Sudani y’Epfo, bahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), bagejejwe muri Monusco i Goma.
Abaturage b’u Bwongereza batoye ko igihugu cyabo kiva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), nyuma y’amatora ya kamarampaka.
Abaturage b’ibihugu bigize EAC n’u Rwanda rurimo ntibazongera kwakwa Visa ngo binjire muri Sudani y’Epfo