Abaturage bo mu Bufaransa bifuza ko Barack Obama yakwiyamamariza kuyobora igihugu cyabo bakomeje kwiyongera ku buryo bamaze kurenga ibihumbi 40.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zitangaza ko mu mpeshyi ya 2016 zasenye ambasade ya baringa muri Ghana yari ihamaze imyaka 10.
Fidel Castro wategetse Cuba imyaka 49 akayigira igihugu kigendera ku matwara ya gikominisiti yatabarutse mu ijoro ryo ku wa 25 rishyira ku wa 26 Ugushyingo 2016.
Perezida wa Colombia yatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera imbaraga yashyize mu guhagarika intambara yamaze imyaka 52, icyo gihugu cyarwanaga n’inyeshyamba za FARC.
U Rwanda rwifatanije n’Abanya-Isiraheli mu kababaro batewe n’urupfu rwa Shimon Peres wahoze ari Perezida wa Isiraheli akaza no guhabwa igihembo kitiriwe Nobel.
Abarwanyi bari bashyigikiye Riek Machar muri Sudani y’Epfo, bahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), bagejejwe muri Monusco i Goma.
Abaturage b’u Bwongereza batoye ko igihugu cyabo kiva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), nyuma y’amatora ya kamarampaka.
Abaturage b’ibihugu bigize EAC n’u Rwanda rurimo ntibazongera kwakwa Visa ngo binjire muri Sudani y’Epfo
Abanyarwanda baba muri Leta ya North Dakota ho muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bitoyemo ababahagarariye by’agateganyo mu rwego rwo kubyutsa no gushinga umuryango mugari w’Abanyarwanda batuye muri iyo leta.
Umushinwakazi wari warabuze mu myaka 10 ishize, bazi ko yapfuye, bamusanze yibera mu nzu zicuruza murandasi (Cyber Café).
Guverinoma y’u Bufaransa yemeje ko bamwe mu basirikare bayo biyunze ku barwanyi b’umutwe ugendera ku mahame y’idini ya Islam [ISIS].
Iperereza ku bagabye i bitero by’iterabwoba i Paris ryatangiye, abashinzwe umutekano banatangira gufata bamwe mu bakekwaho kugababa ibi bitero.
Abaturage batuye mu nkambi za Hassa Hissa na Hamadia, Zalingei ho muri Darfur, ku itariki ya 02 Ugushyingo 2015, bamurikiwe inzu bubakiwe na RDF.
Ibiro bya Volcano Express Bujumbura byatewe n’abantu batamenyekana muri iri joro basahura ibyarimo byose banahasanga gerenade ebyiri zitaraturika
U Rwanda, Amerika n’u Buholandi bigiye gutangira gahunda yo guhugura abajya mu butumwa bw’amahoro muri Afurika.
Ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye birimo kwerekana ko Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo birimo kohererezanya ibisasu bya misile.
Ahmed al-Tobaïchi wari ukuriye abashinzwe kwita ku mwami wa Arabie Saoudite (chef de Protocole) yirukanywe ku kazi azira gukubita umunyamakuru ufata amafoto.
Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika (USA), Barack Obama arasaba perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila gutegura neza amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2016, hubahirizwa itegeko nshinga no kurengera uburenganzira bw’abaturage b’icyo gihugu.
Mu nama mpuzamahanga y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’ubukungu mu burasirazuba n’amajyepfo ya Afurika (COMESA) irimo kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, abafasha babo nabo bari kuganira ku byateza imbere umugore, Madamu Jeannette Kagame akaba yagaragaje bimwe mu byakozwe ku ruhande rw’u Rwanda bashobora guheraho.
Abanyarwanda batuye muri Canada bahuriye muri Ottawa bizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore ku isi wizihizwa tariki ya 08 werurwe buri mwaka.
Iri shimo perezida Kagame yarihawe mu nama iri kubera i Paris mu Bufaransa, aho yahuriye n’abandi bayobozi bo hirya no hino ku isi, bakaba bari kwiga ku ngamba zafatwa mu guteza imbere ikoranabuhanga n’ihanahanamakuru mu burezi.
Shaquille O’Neal wahoze akinira ikipe ya Basketball ya Miami Heat, kuwa kabiri tariki ya 20/01/2015 yarahiriye kwinjira mu gipolisi cya leta ya Florida, mu muhango wari uyubowe na Donald De Lucca, umuyobozi wa Police mu mujyi wa Doral.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, witabiriye inama ihuza ibikomerezwa mu ishoramari n’ubukungu bw’isi (World Economic Forum) yagiranye ibiganiro byihariye n’abayobozi mu bigo byose bikomeye mu bucuruzi n’imari ku isi, abagaragariza ishusho y’u Rwanda anabereka aho batanga umusanzu.
Umunyarwandakazi Louise-Marie Mukamanzi uba mu Busuwisi yakiriye mu isengesho ryo kwiyambaza Yezu Nyir’Impuhwe none na we yaritangije mu Busuwisi.
Inshuti z’umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC” ziba I Boston muri Leta zunze ubumwe za Amerika ziravuga ko zanyuzwe n’uko igikorwa cyo gucuruza impano zavanye mu Rwanda cyagenze, zikavuga ko ibi bikorwa bizakomeza hagamijwe gushakira inkunga uyu muryango w’urubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Inshuti z’umuryango Rwanda Youth Healing Center (RYHC) ziri Boston muri Leta zunze ubumwe z’Amerika (USA) zigiye kugurisha impano zahawe n’urubyiruko rugize uyu muryango ubwo ziherutse mu Rwanda.
Abanyarwanda n’inshuti zabo bakoze umuganda udasanzwe wakorewe hirya no hino ku isi, aho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 29/03/2014 bakoze icyo bise "Global Umuganda" wakozwe ahaba Abanyarwanda hose ku isi. Abawitabiriye ngo bawuhuje na gahunda yo kwitegura Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20. Abawukoreye mu (…)
Nyuma y’uko urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rukatiye Pascal Simbikangwa wari ukuriye ubutasi mu Rwanda igihano cy’igifungo cy’imyaka 25, abunganira uyu mugabo bashyikirije urukiko ubujurire bwabo kuwa gatatu tariki 18/03/2014.
Mikhail Kalashnikov, umujenerali w’umusoviete (Uburusiya bw’ubu) wakoze imbunda yamamaye cyane yitwa AK-47 yitabye imana kuri uyu wa 23/12/2013 ku myaka 94.
Perezida Kagame kuri icyi cyumweru taliki ya 17/11/2013 yatangiye urugendo rw’akazi aho azitabira inama ihuza ibihugu by’Abarabu na Afurika, inama ibaye ku nshuro ya gatatu mu gihugu cya Koweti.