• Umugabo wo mur Uganda yafatanywe iuduhanga 24 tw

    Umugabo yafatanywe uduhanga 24 tw’abantu

    Muri Uganda, Polisi yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w’Umunya-Uganda bivugwa ko yasanganywe uduhanga 24 tw’abantu ashobora kuba yarabikoreshaga nk’ibitambo by’abantu ndetse ivuga ko ashobora gukatirwa igihano cyo gufungwa burundu naramuka ahamijwe icyo cyaha.



  • Johann Rupert, ukomoka muri Afurika y

    Johann Rupert niwe muherwe wa mbere muri Afurika

    Johann Rupert, ukomoka muri Afurika y’Epfo niwe muherwe wa mbere ku mugabane wa Afurika, umwanya yakuyeho umunyanigeriya Aliko Dangote nk’uko bigaragazwa n’urutonde rwa Bloomberg Billionaires Index.



  • Umuvuzi gakondo muri Tanzaniya akurikiranyweho kwica abantu, kubahamba ari bazima no kubatwika

    Umuvuzi gakondo akurikiranyweho kwica abantu

    Muri Tanzania, nyuma yo gutahura imirambo 10, umuvuzi gakondo yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica abantu, kubahamba ari bazima ndetse no kubatwika mu muriro, nk’uko byemezwa na Polisi y’icyo gihugu, ivuga ko yamufatanye n’abandi batatu.



  • abantu 50 muri 51 bashinjwa kugerageza gukora Coup d

    RDC: Abantu 50 basabiwe igihano cy’urupfu bashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi

    Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abantu 50 muri 51 bashinjwa kugira uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi ku itariki 19 Gicurasi 2024, basabiwe n’ubushinjacyaha bwa gisirikare igihano cyo kwicwa bitewe n’uburemere bw’ibyaha bashinjwa.



  • Ihuriro AFC ryahakanye kugirana amasezerano y

    DRC: AFC yahakanye gukorana n’umutwe wa ADF NALU

    Ubuyobozi bw’ihuriro ry’imitwe irwanya ubutegetsi bwa Kinshasa, Alliance Fleuve Congo (AFC) bwahakanye itangazo bwitiriwe rivuga ko bwagiranye amaseserano n’inyeshyamba zifatwa nk’umutwe w’iterabwoba wa ADF NALU mu kurwanya Leta ya Kinshasa.



  • Abantu batanu bo mu muryango umwe harimo n

    Umugeni yaguye mu mpanuka ikomeye yahitanye n’abandi batanu bo mu muryango umwe

    Muri Kenya, umugeni yaguye mu mpanuka y’imodoka yahitanye abantu batanu (5) bo mu muryango umwe, bitewe n’ikamyo itwara lisansi yari ifite umuvuduko mwinshi yagonganye n’imodoka ikora imihanda (Tractor).



  • Abarenga miliyoni 20 bibasiwe n

    Sudani: Abarenga miliyoni 20 bibasiwe n’inzara

    Muri Sudani abagera kuri miliyoni 23 bangana kimwe cya kabiri cy’abatuye iki gihugu bibasiwe n’inzara ku rwego rwo hejuru ku buryo bakeneye imfashanyo byihutirwa.



  • Israel yatangiye kugaba ibitero kuri Hezbollah mu Majyepfo ya Lebanon

    Israel yagabye ibitero ku birindiro bya Hezbollah muri Lebanon

    Igisirikare cya Israel cyatangaje ko indege zacyo z’intambara zirimo kugaba ibitero ku birindiro by’umutwe wa Hezbollah mu Majyepfo ya Lebanon, nyuma y’uko uyu uyiteyeho ibisasu bya misile na rokete.



  • Abanyeshuri biga ubuvuzi muri Nigeria bari bashimuswe barekuwe

    Nigeria: Abanyeshuri 20 bari bashimuswe barekuwe

    Muri Nigeria, abanyeshuri bari bashimuswe barekuwe bose bose uko ari 20 ari bazima nyuma yo kumara icyumweru baburiwe irengero nk’uko byemejwe na Polisi yo muri Nigeria mu nkuru yatangajwe na Aljazeera.



  • Berhane yapfuye aguye muri gereza ataburanishijwe nyuma y

    Uwahoze ari Minisitiri yaguye muri gereza nyuma y’imyaka itandatu ataburanishwa

    Berhane Abrehe wahoze ari Minisitiri w’imari muri Eritrea ndetse akaba n’umuntu wakunze kunenga cyane Perezida w’icyo gihugu Issaias Afwerki, yapfuye aguye muri gereza nk’uko byatangajwe n’abo mu muryango we ndetse n’umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikorera muri icyo gihugu.



  • Muri Botswana habonetse diyama kabiri mu bunini ku Isi

    Botswana: Habonetse diyama ya kabiri mu bunini ku Isi

    Ibuye rya diyama (Diamond) ya kabiri mu bunini mu mabuye y’ubu bwoko amaze kuboneka ku Isi, ryacukuwe muri Botswana mu kirombe gicukurwamo n’ikigo cy’Abanya-Canada, Lucara Diamond.



  • Zambia: Ibigori birimo uburozi byahitanye imbwa 400

    Muri Zambia, haravugwa imbwa 400 zapfuye mu kwezi kumwe nyuma yo kugaburirwa ibigori byifitemo uburozi bwinshi bwa ‘aflatoxins’ cyangwa se uruhumbu rwinshi, ku buryo bikekwa ko n’abantu baramutse bariye ibyo bigori ubuzima bwabo bwajya mu kaga nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima w’icyo gihugu Elijah Muchimi.



  • Umugabo agiye kumara amezi atatu muri gereza kubera gucungisha camera umugore we mu ibanga

    Umugabo yahanishijwe igifungo cy’amezi atatu kubera gucungisha camera umugore we mu ibanga

    Muri Taiwan, urukiko rwahanishije umugabo igihano cyo gufungwa amezi atatu muri gereza kubera ko yacungishije umugore we camera ihishe mu rugo rwabo atamubwiye kugira ngo ajye agenzura ko amuca inyuma koko, urukiko rwabyise ko uwo mugabo yavogereye ubuzima bwite bw’umugore we.



  • RDC: Hamaze kuboneka abantu 60 muri 300 barohamye mu bwato

    Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko ubwato bunini bwari butwaye abantu 300 bupakiye n’ibicuruzwa burohamye mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 18 Kanama 2024, mu Mugezi wa Lukeni muri Teritwari ya Kutu, mu Ntara ya Maï-Ndombe, kugeza n’ubu hari abari muri ubwo bwato bagikomeje kuburirwa irengero nk’uko (…)



  • Itegeko rya Maroc ryemera ubuhinzi bw

    Maroc: Umwami yahaye imbabazi abahinzi bari bakurikiranyweho icyaha cyo guhinga urumogi

    Umwami wa Maroc yafashe icyemezo cyo guha imbabazi abahinzi 4800 bari bakurikiranywe n’inkiko cyangwa se bari baramaze gukatirwa n’inkiko n’abari baramaze gushyirirwaho impapuro zo kubata muri yombi kubera ibyaha bijyanye n’ubuhinzi bw’igihingwa kitemewe n’amategeko cy’urumogi nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubutabera.



  • Tchad: Abantu 54 bamaze kwicwa n’imyuzure

    Muri Tchad, imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye cyane cyane mu Ntara ya Tibesti, iherereye mu Majyaruguru y’icyo gihugu imaze guhitana abantu 54 kandi nubu iracyakomeje kugwa nk’uko byemejwe n’ubuyobozi.



  • Umunya Kenya Collins Jumaisi Khalusha ushinjwa kwica abagore 42 barimo n

    Kenya: Ukekwaho ubwicanyi ruharwa yatorotse uburoko

    Umuntu ukekwaho kuba umwicanyi ruharwa muri Kenya yatorotse uburoko, none abashinzwe umutekano barimo kumuhigisha uruhindu nk’uko byatangajwe na polisi muri icyo gihugu.



  • U Butaliyani: Habonetse umurambo w’umuntu umwe muri 15 barohamye

    Abashinzwe ubutabazi mu mujyi wa Sicily mu Butaliyani bakomeje guhura n’akazi katoroshye ko kugera mu bice by’imbere by’ubwato bw’abaherwe bwo mu Bwongereza, bwarohamye mu rukerera rwo kuwa Mbere 19 Kanama 2024.



  • Banki Nkuru y

    Libya: Banki Nkuru y’Igihugu yasubukuye ibikorwa byayo

    Banki Nkuru y’Igihugu ya Libya (CBL) yatangaje ko yasubukuye ibikorwa byayo nyuma y’uko umukozi ushinzwe ishami ry’ikoranabuhanga wari warashimushwe abonetse.



  • Mike Lynch, umuherwe w

    U Butaliyani: Umuherwe Mike Lynch mu baburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato

    Umwongereza w’umuherwe mu bijyanye n’ikoranabuhanga Mike Lynch ni umwe mu bantu batandatu batarabonerwa irengero nyuma y’impanuka y’ubwato bw’abaherwe bwarohamye mu nyanja hafi y’umujyi wa Sicily mu rukerara rwo kuri uyu wa mbere.



  • Umujyi wa Bujumbura wibasiwe n

    Burundi: Ubushita bw’inkende bwibasiye Umujyi wa Bujumbura

    Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi yatangaje ko kugera tariki 18 Kanama 2024, abantu bari bamaze kwandura indwara y’ubushita bw’inkende (Mpox) bagera ku 153 barimo 45 bo mu Mujyi wa Bujumbura.



  • Ibyihebe byashimuse abanyeshuri 20 bigaga ubuvuzi muri Kaminuza

    Nigeria: Abanyeshuri 20 bigaga ubuvuzi muri Kaminuza bashimuswe n’ibyihebe

    Muri Nigeria, abanyeshuri 20 bigaga ubuvuzi muri Kaminuza ebyiri zitandukanye zo muri icyo gihugu, bashimuswe n’abantu bo mu mitwe yitwaza intwaro, ubwo bari mu rugendo mu Burasirazuba bw’Igihugu.



  • Banki nkuru ya Libya yahagaritse ibikorwa nyuma yo gushimuta umwe mu bayobozi bayo

    Libya: Banki nkuru yahagaritse ibikorwa nyuma yo gushimuta umwe mu bayobozi

    Banki nkuru ya Libya yatangaje ko ihagaritse ibikorwa byayo byose nyuma y’uko umwe mu bayobozi bayo ashimutiwe mu murwa mukuru Tripoli n’abantu bataramenyekana kugeza ubu.



  • Mu Burayi havuguruwe ingamba zo guhashya no gukumira icyorezo cya Mpox

    Mpox: Abakora ingendo za hato na hato basabwe kwikingiza

    Abantu bakunze gukora ingendo hirya no hino ku isi bagiriwe inama yo kwikingiza mu gihe baba bagiye mu bice by’umugabane wa Afurika byamaze kugaragaramo icyorezo cy’ubushita bw’inkende (Mpox).



  • Perezida Félix Tshisekedi wa DRC na mugenzi we João Lourenço wa Angola bagiranye ibiganiro byihariye ku bibazo by

    DRC: Agahenge kemeranyijweho katangiye kubahirizwa

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Thérèse Kayikwamba yavuze ko bashima intambwe yatewe mu kubahiriza agahenge.



  • Umuganga yategetswe gufasha ababyeyi kurera umwana wavutse kubera amakosa yakoze

    Umuganga yategetswe n’urukiko kuzafasha umwana wavutse ababyeyi batabishaka

    Muri Colombia, umuganga yategetswe n’urukiko kuzafasha mu buryo bw’amikoro (amafaranga) umwana wavutse ababyeyi be batabishaka, kugeza uwo mwana agize nibura imyaka 18 y’amavuko, kuko umubyeyi we yateye inda bigakunda kandi uwo muganga yaramukoreye igikorwa cyo gufunga intanga ngabo kizwi nka ‘Vasectomy’.



  • Inkangu zibasiye ahajugunywa imyanda muri Uganda zihitana ubuzima bw

    Abantu 21 bishwe n’inkangu zibasiye ahajugunywa imyanda muri Kampala

    Muri Uganda, nyuma y’imvura yari imaze ibyumweru bikeya igwa yateye ibiza byatumye inkangu ziriduka mu gace kajugunywamo imyanda mu Mujyi wa Kampala, zihitana abantu bagera kuri 21 nk’uko byemejwe na Polisi yo muri icyo gihugu ndetse ibikorwa byo gushakisha abakorotse cyangwa se abapfuye bakiri munsi y’ibitaka n’ibyondo (…)



  • Perezida Zelensky yemeza ko u Burusiya bugomba kumva ingaruka z

    Perezida Zelensky yashimangiye ko u Burusiya bugomba kumva ingaruka z’intambara bwateje

    Mu gihe ibitero by’Ingabo za Ukraine bikomeje kwibasira agace ko ku mupaka wa Koursk mu Burusiya, Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, yavuze ko u Burusiya nabwo kuri iyi nshuro, bugomba kumva neza ingaruka z’intambara bwatangije muri Gashyantare 2022.



  • Umubyeyi yarakajwe no kuba umukobwa we atabonye umwanya wa mbere mu irushanwa ry

    Umubyeyi ntiyanyuzwe n’irushanwa ry’ubwiza ajya kwihorera ahasiga ubuzima

    Muri Brazil, umwe mu babyeyi wari waje gushyigikira umukobwa we mu irushanwa ry’ubwiza ryaberaga mu gace ka Altamira, ntiyanyuzwe n’umwanya wa Kane uwo mukobwa we yagize, biramurakaza afata imbunda aza kurasa ku bakemurampaka, ntibyamuhira araswa n’inzego z’umutekano zarindaga aho ibirori byaberaga.



  • Guverinoma ya Ruto yasabwe gukemura ibibazo bijyanye n

    Amerika yasabye Kenya gukemura ibibazo bijyanye n’uburenganzira bwa muntu

    Leta zunze Ubumwe z’Amerika zasabye Guverinoma ya Perezida William Ruto wa Kenya kureka gukoresha ingufu z’umurengera ku baturage bigarambya ndetse no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.



Izindi nkuru: