Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zari ziri muri Niger, zigiye gusubira mu gihugu cyazo ndetse na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Niger agasubira i Paris bitarenze impera z’uyu mwaka wa 2023.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RDF) zahuriye mu gikorwa cy’umuganda n’Ingabo za Mozambique (FADM), cyibanze ku bikorwa bitandukanye mu mijyi ya Palma na Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.
Umupolisi wo muri Tanzania witwa Patrick Kimaro, w’imyaka 60 y’amavuko, umwaka ushize wa 2022 yakoresheje Amadalori y’Amerika ibihumbi bitatu ($3.000), mu gucukura no kubakira imva azashyingurwamo napfa, ubu akaba yaguze isanduku azashyingurwamo ya Miliyoni eshatu z’Amashilingi ya Tanzania (asaga 1,400,000Frw).
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko i Marseille mu gihugu cy’u Bufaransa, Papa Francis yunamiye impunzi n’abimukira baburiye ubuzima mu Nyanja ya Méditerrané.
Niger yanze kwakira imfashanyo y’ibiribwa n’imiti byanyujijwe muri Bénin, ku busabe bw’Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo muri Afurika y’u Burengerazuba (CEDEAO), yasabye ibihugu bya Bénin, Togo na Nigeria kureka imodoka zitwaye imfashanyo zigatambuka.
Muri Sudani abana basaga 1,200 bafite munsi y’imyaka itanu, bapfiriye mu nkambi y’impunzi hagati y’itariki 15 Gicurasi na 14 Nzeri 2023, mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi bari mu kaga.
Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), watangaje ko abimukira bagera kuri 400 bibasiwe n’ibiza by’inkubi y’umuyaga uvanzemo n’imvura, biherutse guhitana abantu benshi muri Libya.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Mujyi wa New York, aho yitabiriye Inama y’Inteko rusange ya 78 ya Loni, tariki ya 18 Nzeri 2023 yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye ku bikorwa bigamije iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.
Igisirikare cya Leta zunze Ubumwe za Amarika cyasabye abaturage kugifasha kubona indege yacyo y’intambara yaburiwe irengero.
Inzu y’umuturirwa izwi ku izina rya ‘Greater Nile Petroleum Oil Company Tower’, ifatwa nka kimwe mu biranga iterambere ry’Umujyi wa Khartoum muri Sudani, yafashwe n’inkongi y’umuriro guhera ku Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023.
Muri Mali imirwano yongeye kubura hagati y’ingabo z’icyo gihugu n’abarwanyi bibumbiye mu mutwe wa CMA utavuga rumwe n’ubutegetsi, ukaba utangaza ko hari ibice wamaze kwigarurira mu Majyaruguru ya Mali.
Muri Libya, imyuzure yibasiye ibice bitandukanye by’uburasirazuba bw’icyo gihugu, ihitana abantu basaga 2000, abandi baburirwa irengero nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.
Umukinnyi w’ikirangirire mu mupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, Cristiano Ronaldo, yatanze ubutabazi ku barokotse umutingito w’Isi, wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, aho yatanze Hoteli ye ngo icumbikire abarokotse umutingito badafitse aho baba.
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yeguye ku nshingano ze, nyuma y’uko yemejwe ku mugaragaro nk’umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ateganyijwe tariki 9 Ugushyingo 2023.
Muri Maroc, imibare y’abishwe n’umutingito waje ufite ubukana bwa 7, ikomeje kuzamuka, nk’uko bitangazwa na Guverinoma y’icyo gihugu, ivuga ko ubu hamaze gupfa abantu 1037, mu gihe abakomeretse bagera ku 1204, harimo 721 bakomeretse ku buryo bukomeye.
Muri Maroc, umutingito wishe abantu bagera kuri 632 mu Ntara ya Al-Haouz, mu Majyepfo y’uburengerazuba bw’Umujyi w’ubukerarugendo wa Marrakech.
Mu gihugu cya Mali ibitero by’ibyihebe byahitanye abantu 64 barimo abasivili 49 n’abasirikare 15.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Ihuriro nyafurika ku ruhererekane rw’ibiribwa (AGRF), ririmo kubera mu gihugu cya Tanzania, biyemeje gukomeza kubaka ubushobozi bw’urubyiruko hamwe n’abagore no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hagamijwe kongera umusaruro w’ubuhinzi no gufasha umugabane wa Afurika kwihaza mu biribwa.
Urukiko rwo muri Nigeria rwemeje ko Bola Tinubu ari we Perezida watsinze amatora muri icyo gihugu, yabaye mu mpera za Gashyantare uyu mwaka wa 2023, nubwo abo bari bahanganye mu matora bari batanze ikirego bavuga ko ibyayavuyemo byateshwa agaciro, kuko bitanyuze mu mucyo.
Ali Bongo uherutse gukorerwa Coup d’état mu cyumweru gishize, ubu ngo yarekuwe kandi yemerewe no kujya mu mahanga, nk’uko byemejwe mu itangazo ryasohowe n’ubutegetsi bwa gisirikare buriho muri Gabon.
Abasirikare 17 ba Burkina Faso n’abarwanyi b’abakorerabushake 36, baguye mu mirwano yabereye mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Mu ruzinduko Perezida Kagame yagiriye i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika, yagiranye ibiganiro na bagenzi be harimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo ndetse n’uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio.
Imyigaragambyo yabaye tariki 30 Kanama 2023 mu mujyi wa Goma, biravugwa ko yaguyemo abaturage 43 barashwe n’ingabo za Congo (FARDC) ndetse abarenga 150 barafungwa, ibi bikaba byabaye intandaro yo gukuraho uwayoboraga iyo ntara, hashyirwaho Gen Nduru Chaligonza wari ukuriye Polisi.
Muri Sudani, imirwano irakomeje ikaba yaraguyemo abantu basaga 20 mu minsi ine ishize, ahanini akaba ari abasivili.
Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ntazitabira inama y’ibihugu bifite ubukungu bukomeye ku Isi ‘G20’, izabera mu Buhinde.
Polisi yo muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, yatangaje ko amabandi yinjiye mu Misigiti ibiri itandukanye yica abantu barindwi barimo basenga.
Gen Brice Clotaire Oligui Nguema uherutse guhirika ubutegetsi muri Gabon, yarahiriye kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’inzibacyuho, umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nzeri 2023.
Muri Ukraine amashuri yongeye gufungura kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Nzeri 2023, nyuma y’umwaka intambara itangiye muri icyo gihugu, ariko umwana umwe muri batatu, ni we uzajya ku ishuri, kubera ko intambara igihari ndetse n’ibibazo bitandukanye, nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryangi w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF).
Nyuma yo guhirika ku butegetsi Perezida Ali Bongo, agatsiko k’abasirikare katangaje ko kashyizeho Gen Brice Oligui Nguema, nka Perezida w’inzibacyuho w’iki gihugu.
Umuyobozi ushinzwe Politiki y’Ububanyi n’Amahanga mu Bumwe bw’u Burayi (EU), Josep Borrell, yatangaje ko Abaminisitiri bashinzwe Ingabo kuri uyu mugabane, barimo kwiga kuri za Coup d’Etat zirimo kubera muri Afurika, kuko ngo ziteje impungenge.