Major General (Rtd) Amb Frank Mugambage, wari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yahererekanyije ububasha kuri izo nshingano na Maj Gen Alex Kagame wamusimbuye.
Abatembereza ibicuruzwa mu mihanda yo mu mujyi wa Musanze bazwi nk’Abazunguzayi, bavuga ko bari barijejwe guhabwa imyanya yo gucururizamo mu isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze, kugira ngo bave muri ubwo bucuruzi butemewe, none ubu bahangayikishijwe n’uko ntayo bigeze bahabwa, ndetse ubu birasa n’aho batagifite icyizere cyo (…)
Urwego rutsura ubuziranenge, Rwanda Standards Board (RSB) rwamaze kubaka Labaratwari ipima ubuziranenge bw’ingofero z’abagenda kuri moto (Kasike), ndetse abakozi barwo bakaba bamaze igihe bitoza gukora uwo murimo nyuma yo kubona ko mu ngofero abamotari bafite, inyinshi zitarinda abantu gukomereka umutwe.
Umugabo wakoraga muri Farumasi mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, arakekwaho kwica umugore we bari bafitanye abana batatu akamukingirana mu nzu, akajya abeshya abantu ko uwo mugore yagiye mu Gihugu cya Uganda.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’amategeko muri za Kaminuza zo mu Rwanda ndetse n’abanyamategeko, bagaragaza ko ari ngombwa ko mu bihe by’intambara amategeko mpuzamahanga ku kurengera abasivili yubahirizwa uko ameze, kuko iyo bidakozwe abo basivili baba bari hagati y’urupfu no gukira.
Mu rwego rwo kwihutisha ibikorwa by’iterambere by’umwihariko mu duce tw’icyitegererezo mu Mujyi wa Kigali, ubuyobozi bw’uwo Mujyi, bwasabye abatuye mu nkengero za Stade amahoro bagera kuri 52, kugaragaza imishinga ijyanye no kuvugurura inyubako zabo, bakayigaragaza mu gihe kitarenze amezi abiri.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasuye ahari kubakwa uruganda rukora inkingo rw’Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, ruherereye mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Cyabingo Akarere ka Gakenke, haravugwa impanuka y’abasore batatu bagwiriwe n’ibiti ubwo bari mu kazi ko kubakira ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro, umwe ahasiga ubuzima.
Perezida Kagame yibukije abayobozi muri rusange n’abarahiye by’umwihariko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, kubahiriza inshingano baba barahiriye, abasaba gukorera Abanyarwanda bose nta n’umwe basize inyuma.
Mu marushanwa amaze iminsi abera mu Karere ka Burera ku kwimakaza umuco w’isuku n’isukura ndetse no kurwanya imirire mibi, Umurenge wa Butaro wahize indi, unegukana igihembo cya Moto ndetse n’amafaranga angana na miliyoni imwe yashyikirijwe Akagari ka Rusumo, nk’akahize utundi ku rwego rw’utugize Akarere ka Burera.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), buratangaza ko umumotari yemerewe gufata cyangwa gukura umugenzi kuri moto aho ari hose hadashobora kubangamira urujya n’uruza mu muhanda.
Mu gusoza Inama Mpuzamahanga y’Abenjeniyeri, bamwe mu ba Injeniyeri baturutse hirya no hino ku Isi bagaragaje ko kugira ngo iterambere rirambye rigerweho, bisaba kuzamura urwego rw’uburezi, ndetse n’ubufatanye mu nzego zose.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abantu 32 barimo Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko na CG (Rtd) Emmanuel Gasana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda akaba na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, ari mu ruzinduko mu Rwanda aho aje kureba kureba ishusho y’icyorezo cya Marburg n’uburyo Igihugu gikomeje gushyira imbaraga mu kugihashya.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize Dr. Patrice Mugenzi Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr. Marc Cyubahiro Bagabe agirwa Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Munyangaju Aurore Mimosa wahoze ari Minisitiri wa Siporo, yagizwe yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu MINUBUMWE, itangaza ko hari abahunze Igihugu kubera ibyaha by’ingengabitekereo ya Jenoside, no gushaka kugirira nabi ubuyobozi buriho n’Abanyarwanda muri rusange, bakiyobya bene wabo basize mu Rwanda n’ahandi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu gihe cy’iminsi ine hagiye kugwa imvura nyinshi ugereranyije ni isanzwe igwa mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko amakuru yasohotse mu bitangazamakuru birimo The New Humanitarian na Le Monde, yashinjaga ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santrafurika, ibikorwa birimo gufata ku ngufu n’ihohotera rishingiye ku gitsina, ari ikinyoma no gukomeza guharabika u Rwanda.
Abasenateri batangiye umwiherero w’iminsi ibiri aho bari kungurana ibitekerezo ku nshingano za Sena n’ishyirwa mu bikorwa ryazo ndetse n’imikoranire yayo n’izindi nzego.
Biri mu byo Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yagarutseho ubwo yagaragazaga ko mu mezi atatu ashize mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana, hafashwe abakekwaho kwiba inka 58 n’abandi 32 bakekwaho kuzibagira mu nzuri bakagurisha inyama.
Nyuma y’uko igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyo ku rwego rw’Igihugu cyemejwe mu Nama y’Abaminisitiri yo muri Nyakanga 2020, hakozwe ibishushanyo mbonera by’Uturere bishyira mu bikorwa icyo gishushanyo mbonera mu byiciro bito bito.
Major General Alex Kagame, ni we Mugaba Mukuru w’Inkeragutabara kuva kuwa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, aho yasimbuye Major General (Rtd) Frank Mugambage, wari uri muri uwo mwanya nk’umusigire.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arahumuriza abaturage cyane abo mu Karere ka Nyagatare ko nta bacengezi bari ku butaka bw’u Rwanda ahubwo abamaze iminsi bakora urugomo ari abafutuzi bagamije gucecekesha ababangamira ubucuruzi bwabo butemewe bwo kwinjiza ibiyobyabwenge mu Gihugu.
Mu irimbi rya Gisirikare i Kanombe, niho habereye umuhango wo gusezera bwa nyuma no gushyingura Amb Col (Rtd) Dr Joseph Karemera.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko bagiye gukora igenzura rigamije kureba ko aborozi b’imbwa bubahiriza amabwiriza ajyanye n’ubu bworozi.
Mu muhango wo guherekeza mu cyubahiro Amb Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024 mu Nteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yavuze uburyo Ambasaderi Colonel (Rtd) Joseph Karemera yitangaga muri byose ndetse akaba ari umwe mu bazanye igitekerezo cyo gutangiza urugamba rwo (…)
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, bitabiriye umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Amb Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera uherutse kwitaba Imana. Amakuru y’urupfu rwa Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yamenyekanye ku wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024.
Umukobwa w’imyaka 37 wo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga witwa Hagenimana Agathe, amaze imyaka 37 aryamye kuko kuva yavuka atigeze yicara cyangwa ngo ahagarare kubera ubumuga bw’ingingo.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2024, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arasura Akarere ka Nyagatare aho agirana ikiganiro n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bikorera muri aka Karere.