Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA), kiraburira uzafatwa acuruza inyama zitujuje ubuziranenge, gisaba n’abaguzi kuba maso cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yasabye ababyeyi ndetse n’abandi bantu bose kwirinda guha abana ibisindisha by’umwihariko muri ibi bihe by’iminsi mikuru kuko bitemewe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro, mu mpera z’icyumweru bwateguye Inteko y’Abahizi, Akarere gashimira Imirenge yabaye indashyikirwa mu bikorwa byimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda n’Imirenge yahize indi mu kurwanya ruswa n’akarengane.
Mu nsengero zitandukanye Abakristu bizihije Noheli, yaba abo muri Kiliziya Gatolika, ADEPR, Regina Pacis, Zion Temple n’ahandi.
Ababyeyi n’abayobozi b’ishuri ryitwa Les Petits Pionniers mu Karere ka Muhanga, baravuga ko gutegura umunsi mukuru w’abana mu bihe bya Noheli, ari ukubaha urugero bisanisha na rwo ruzwi ku Isi hose, kandi bibafasha kwiremamo icyizere cyo kugirira Igihugu n’Isi yose akamaro.
Buri tariki 25 Ukuboza hirya no hino ku isi hizihizwa umunsi mukuru wa Noheli wahariwe kuzirikana ivuka rya Yezu n’ubwo n’abandi batandukanye batitaye ku by’imyemerere usanga batabura kuwizihiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko butangira umwaka wa 2023 bufite ahategerwa imodoka hashya nyuma y’imyaka imodoka zitwara abagenzi zicumbikirwa.
Mu bice bitandukanye by’Igihugu harimbishijwe mu rwego rwo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, no kwitegura kwinjira mu mwaka mushya wa 2023.
Guverinoma y’u Rwanda, yongereye iminsi y’ikiruhuko yagenwe nyuma y’umunsi mukuru wa Noheli n’Ubunani, aho yavuye kuri ibiri igirwa ine. Byari bimenyerewe ko, Umunsi ukurikira Noheli (Boxing day) n’umunsi ukurikira Ubunani, ari yo ifatwa nk’ikiruhuko, ariko hagaragaye impinduk,a iyo minsi igirwa ibiri kuri buri munsi mukuru.
Mu gihe habura igihe gito ngo umunsi wa Noheli wizihizwa n’abatari bake ugere, ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi baturutse i Kigali bajya mu Ntara cyongeye kuba ingorabahizi.
Ikigo cy’Abashinwa gicuruza ifatabuguzi ryo kureba televiziyo(Star Times), cyahaye uwitwa Nzigamasabo Saidi moto nshya yatsindiye muri poromosiyo yo muri izi mpera z’umwaka, yagenewe abagura televiziyo cyangwa ifatabuguzi rya buri kwezi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kivuga ko muri Mutarama 2023, imirimo yo kubaka umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare izaba yarangiye, abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bahahirana n’abo mu Ntara y’Iburasirazuba, cyane Uturere twa Gatsibo na Nyagatare.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ishishikariza abangavu babyaye bakeneye ubufasha burimo ubwo gusubira kwiga, kwegera inzego z’ibanze zikabarangira uko bashobora gufashwa.
Umusore witwa Nsengiyumva Pusuri wo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gahengeri, Akagari ka Mutamwa mu mudugudu wa Nyabagaza, ku mugoroba wa tariki ya 23 Ukuboza 2022, bamusanze ku ipoto y’amashanyarazi yapfuye.
Abaturage bagana ibitaro by’Akarere bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga, barifuza ko byahabwa abakozi bahagije kugira ngo bitange serivisi zuzuye kandi zinoze, kandi hakanashyirwa iz’ububyaza.
Mu rwego rwo kurushaho gukumira no kwirinda impanuka, Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), igiye gutangira kujya ipima ibiyobyabwenge abatarwa ibinyabiziga.
Abana basaga 6,000 basangiye Noheli na Antoine Cardinal Kambanda, ku itariki ya 22 Ukuboza 2022 kuri Paruwasi Regina Pacis Remera.
Polisi y’Igihugu Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, riratangaza ko kugeza tariki 21 Ukuboza 2022, abantu barenga 500 bahitanywe n’impanuka muri uyu mwaka wa 2022.
Umukozi w’Umurenge wa Nzige ushinzwe serivisi z’ubutaka, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Nzige, akekwaho kwaka abaturage ruswa kugira ngo abahe serivisi.
Abaturage b’Akarere ka Burera bagera kuri 43.1% ntabwo bagerwaho n’amazi meza, ubuyobozi bw’aka karere bukaba buherutse kugeza iki kibazo ku Badepite ubwo bagiriragayo uruzinduko, bareba ibibazo abaturage bafite ndetse n’uburyo byakorerwa ubuvugizi bigakemu.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Ron Adam, yemeranyijwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru ko bagiye kubafasha guhugura abayobora abakerarugendo i Kibeho, binyujijwe mu rugendoshuri muri Israel.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, buratangaza ko ku bufatanye n’abaturage, abajyanama b’isuku n’ab’ubuzima ndetse n’abafatanyabikorwa, biyemeje kugira isuku umuco no guca igwingira burundu mu bana, kuko babonye ko bishoboka.
Amashanyarazi kuri bose ni imwe mu ntego z’iterambere u Rwanda rwiyemeje kuba rwagezeho bitarenze umwaka wa 2024. Ni urugendo rutoroshye ariko rushoboka nk’uko byemezwa n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano iyi ntego.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), kiratangaza ko kimaze kugaruza Amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 200 y’igihombo cyaterwaga n’abacuruzi badatanga inyemezabishyu ya EBM.
Urubyiruko mu Karere ka Rwamagana rwasabwe gukunda Igihugu rutizigamye, gukora cyane no kwigira ku mateka y’Inkotanyi zabohoye Igihugu bagakora ibibateza imbere ubwabo n’Igihugu muri rusange.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), cyatangaje ko icika (irangira) ry’imvura y’iki gihembwe ryari riteganyijwe mu mpera z’Ukuboza 2022 ritakibayeho, bitewe n’uko ubushyuhe bwo mu nyanja (aho imvura ituruka) ngo bukomeje kwiyongera.
Joyce Nyirahabineza ubu ufite imyaka 42, nyuma y’imyaka 25 aba mu mashyamba ya Congo yaratahutse, none ubu ashima ko yakiriwe neza akaba yaranubakiwe.
Beata Nibagwire utuye mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, avuga ko yiyemeje kwigisha ubudozi n’ububoshyi abaturanyi babyifuza ku buntu, mu gihe cy’umwaka, ashimira FPR-Inkotanyi.
Nyirandinganire Denyse wubakiwe inzu hamwe na bagenzi be b’abanyamurango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, barahamya ko uyu muryango kuva ubayeho, imibereho n’ubukungu bya benshi byiyongera umunsi ku wundi; ibyo bikaba igihamya cy’iterambere rirambye no mu hazaza.
Abahanga mu by’amateka bo mu Bufaransa kuva tariki ya 20 Ukuboza 2022 bari mu Rwanda mu mahugurwa y’iminsi ibiri, baha abakozi ba Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (Minubumwe), mu bijyanye no kubungabunga inzibutso n’ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.