Ku wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, hirya no hino mu mirenge igize uturere tw’u Rwanda, hatangijwe Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 10/2022, rugizwe n’abanyeshuri basoje umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2021/2022, igikorwa cyatangirijwe ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, bifuza ko ibikorwa remezo byakongerwa, ibindi bikavugururwa bijyanye n’igihe babigizemo uruhare rufatika.
Inama yahuje abamotari bo mu Mujyi wa Kigali n’inzego zitandukanye kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2022, yemeje ko imisanzu bakagwa ivaho, ndetse bakibumbira muri koperative 5 aho kuba 41.
Depite Mbonimana Gamariel weguye ku mirimo ye kubera kuvugwaho gutwara imodoka yasinze, yasabye imbabazi Umukuru w’Igihugu n’Abanyarwanda muri rusange.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ku wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, yakiriye indahiro z’Abashinjacyaha 25 bo ku rwego rwisumbuye, urw’ibanze hamwe n’abagengwa n’amasezerano y’umurimo.
Abakora mu marerero yo mu cyayi mu ruganda rwa Rubaya ruherere mu Karere ka Ngororero, baravuga ko amarerero yashinzwe n’uruganda, yatumye bategura abana kwiga amashuri y’incuke, no kuzamura imibereho yabo bakava mu mirire mibi.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi iratangaza ko Leta yafashe umwanzuro wo kongera igihe cyo kwishyura umusoro ku mutungo utimukanwa w’ubutaka, bitarenze itariki ya 31 Mutarama 2023, aho kuba iya 31 Ukuboza 2023.
Kuri uyu wa mbere mu karere ka Rubavu mu murenge wa Mudende hatangirijwe urugerero rudaciye ingando ruzakomeza no mu mirenge yose y’akarere, aho urubyiruko ruzakoramo ibikorwa bitandukanye birimo kubaka imirima y’igikoni, ubwiherero, gufasha gutanga ibyangombwa by’ubutaka n’ibindi binyuranye mu gihe cy’amezi atatu.
Abaturiye igishanga cy’Akanyaru mu gice cyo mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, barishimira umusaruro kibaha nyuma y’uko bacyitunganyirije mu 2016.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu iratangaza ko ibyiciro by’ubudehe bishya bizatangira gukurikizwa umwaka utaha, bizaba bigizwe n’inyuguti eshatu za A, B, na C ku baturage bafite ubushobozi bwo gukora.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ugushyingo 2022, yageze mu mujyi wa Bali muri Indonesia, aho yitabiriye inama ihuza ibihugu bifite ubukungu bukomeye ku Isi, G20.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, bemeza ko baterwa ishema no kuba abanyamuryango, kubera ibikorwa by’iterambere bamaze kwigezaho.
Irene Mizero wavukiye mu murenge wa ngororero mu karere ka Ngororero mu mwaka wa 1985, avuga ko yasobanukiwe neza ko Leta itarobanura ari uko yisanze mu bo yishyuriraga amashuri.
Akingeneye Chantal na Nduhungirehe Félicien bo mu kagari ka Ruyumba mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze, n’ubwo badafite ubumuga bw’uruhu, bishimiye urubyaro rwabo rw’abana icyenda barimo batanu bavukanye ubumuga bw’uruhu.
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Mbonimana Gamariel, yeguye ku mwanya we, wo kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko. Mu ibaruwa y’ubwegure bwe yagejeje kuri Perezida w’Umutwe w’Abadepite, yavugaga ko amaze gusoma, kumva no gushishoza ku byo amategeko ateganya, akanabihuza n’umutimanama we, yeguye ku (…)
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abakene, wizihizwa ku nshuro ya gatandatu, ku itariki ya 13 Ugushyingo 2022, Papa Francisco yagaragaye asangira ifunguro n’abakene batuye i Roma, mu rwego rwo kwisanisha nabo.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau Umaro Sissoco Embaló, baganira ku mubano w’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubuzima bwe bw’ubuhunzi na n’ubu akibwibazaho, kandi hari icyo bwamwigishije cyanabera abandi urugero, n’ubwo kidashimishije ariko bukaba ari inyigisho ikomeye cyane buri wese akwiye guhora yibazaho.
Perezida Paul Kagame yibukije abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri icyo uwo muryango uvuze, kuko ari ikintu gifite agaciro gakomeye. Yabigarutseho mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 uyu muryango umaze ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 12 Ugushyingo 2022, byari bihuriwemo n’abanyamuryango ba Unity Club (…)
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2022, Musenyeri Filipo Rukamba yizihije yubile y’imyaka 25 agizwe umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare. Hari ku itariki ya 12 Mata 1997 ubwo Musenyeri Yozefu Sibomana, akikijwe na Musenyeri Yohani Batisita Gahamanyi na Ferederiko Rubwejanga yamuhaga ubwepiskopi muri Katedarali ya Butare.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Ibizamini no Gutanga Impushya zo gutwara ibinyabiziga, ryatangaje ko kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo (permis provisoire) bizajya bikorwa mu mpera z’icyumweru guhera kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru.
Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri uhuriza hamwe abagize Guverinoma, abigeze kuyibamo ndetse n’abo bashakanye, aravuga ko amahitamo yabo ari yo yatumye mu myaka 28 ishize bashobora kongera gusana umuryango nyarwanda no guteza imbere Igihugu.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana yasobanuye ko kwimura amasaha yo gutangira umurimo akava saa mbili (08h00’) akagera saa tatu (09h00’) za mu gitondo bigamije kongera umusaruro aho korora ubunebwe.
Abantu 10 barimo abanyamahanga batandatu n’Abanyarwanda bane ni bo basabirwa kugirwa Abarinzi b’Igihango bo muri 2022. Barindwi muri aba bitabye Imana, harimo umwe wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umwe amakuru ye ya vuba ntiyabashije kumenyekana, mu gihe abandi babiri bakiriho.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022, yemeje amasaha y’amasomo mu mashuri n’amasaha y’akazi ku bakozi bo mu Rwanda, hagamijwe guteza imbere ireme ry’uburezi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu mugoroba tariki ya 11 Ugushyingo 2022 ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye.
Kuvukira mu rugo rw’Abapasiteri ntibyabujije Byiringiro kujya mu biyobyabwenge, ariko ubu yishimira ko ubu yabivuyemo. Ababyeyi ba Byiringiro Épaphrodite, bavuga ko umwana wabo yabyirutse ari umwana usanzwe, warezwe nk’uko abandi barerwa, ndetse bamutoza gusenga, binagaragara ko abikunda, nyuma ageze mu mashuri yisumbuye, (…)
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda (Traffic Police), SSP Réné Irere, yatangaje ko mu byumweru bibiri biri imbere ubukangurambaga bwiswe ’Gerayo Amahoro’, bugiye gutangira gukorwa hirya no hino mu Gihugu.
Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro ya Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, amwibutsa ko inshingano ze zikwiye kuba zishyigikira ibikorwa biteza imbere umuturage.
Abayobozi mu nzego z’ibanze ku rwego rw’Uturere n’Intara y’Amajyaruguru, abahagarariye amadini n’amatorero, baremeza ko bagiye kurushaho gufatanya, mu kugabanya umubare w’ingo zibana mu makimbirane n’ababana batarasezeranye, n’ibindi bibazo bikibangamiye imibereho y’abaturage.