Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali busaba ba nyir’ibibanza bitababaruyeho bigera kuri 23,606 kwitabira iyo serivisi, kugira ngo bibaheshe umutekano w’uko ari ibyabo.
Bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’uturere, biravugwa ko bavanwe mu turere basanzwe bakoreramo bimurirwa mu tundi.
Umuhanzikazi Bulelwa Mkutukana, wamamaye ku izina ry’ubuhanzi rya Zahara, wo muri Afurika y’Epfo, yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 11 Ukuboza 2023, aguye mu bitaro by’i Johannesburg muri icyo gihugu, akaba yari afite imyaka 35 y’amavuko.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Ngororero baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza ubufatanye mu kazi ka buri munsi, kugira ngo bagere ku musaruro ushimishije, mu gihe bitegura amatora y’Umukandida wa RPF Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu mwaka utaha wa 2024.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Dr Vincent Biruta, yaganiriye na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman Al-Thani, bagaruka ku mibanire y’ibihugu byombi.
Abagore babiri bo mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke, biyemereye ko baba ari bo babaye intandaro y’urupfu rw’umwana w’umukobwa, nyuma yo kumuha ibihumanya(uburozi) babishyize mu byo yarimo anywa.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) cyatangaje ko impamvu zatumye mu ijoro ryo ku itariki 10 Ukuboza 2023 habaho ibura ry’umuriro mu gihugu hose byaturutse ku miyoboro migari u Rwanda ruhuriyeho n’ibihugu byo muri aka Karere birimo Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko guteka imboga ukazihisha cyane bituma bitakaza imyunyu ngugu na vitamini byifitemo.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Lt General Mubarakh MUGANGA, ni umwe mu bagabo bafite ibigwi ntagereranywa mu gisirikare cy’u Rwanda uhereye ku mateka y’urugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’ibindi bikorwa by’indashyikirwa yakomeje gukora na nyuma yaho.
Nyuma y’imyaka ibiri n’amezi arindwi Diyosezi y’Abangirikani ya Butare iyoborwa na Archbishop w’Abangilikani w’i Kigali, ku Cyumweru tariki 10 Ukuboza 2023 yahawe umushumba mushya, ari we Christophe Nshimyimana.
Iyo umuntu avuze izina Kanyarira buri wese ahita yumva umusozi muremure uherereye mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Kamonyi ukunze guhurirwaho n’abakirisitu batandukanye bajya kuwusengeraho ngo basubizwe bimwe mu bibazo bafite.
Abagize Umuryango RPF-Inkotanyi mu Karere ka Rubavu, batangiye ibikorwa byo kwitegura ubukwe bafite mu 2024, mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite bazahagararira uyu muryango mu Nteko Ishinga Amategeko.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera barishimira ko imiyoborere myiza yabafashije kwiteza imbere, atari ku giti cyabo gusa ahubwo no kwegerezwa ibikorwa remezo biborohereza kurigeraho.
Mugabowagahunde Maurice usanzwe ari na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, ni we watorewe kuyobora Umuryango RPF-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, aho yijeje kubakira ku bufatanye bw’abanyamuryango mu kuzamura Imibereho n’iterambere ry’abatuye iyi Ntara.
Mukamana Soline watorewe kuyobora Akarere ka Burera ku wa Kane tariki 07 Ukuboza 2023, mu byo ashyize imbere ni ugufatanya na bagenzi be gukorera abaturage, yemeza ko Akarere ka Burera kagomba kuva ku myanya mibi kariho kakaza mu myanya itatu ya mbere.
Abakoresha Gera y’Umujyi wa Muhanga barinubira kuba yaracukutsemo ibinogo byinshi birekamo amazi y’imvura, imodoka zikayatera abaje kugura amatike, mu gihe cy’izuba bwo hakaba haba huzuye ivumbi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije akaba n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi y’u Budage, Madamu Katja Keul, yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu mujyi wa Palma.
Igisirikare cy’u Rwanda cyakiriye ku mugaragaro abasirikare bashya mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), basoje imyitozo y’amezi arindwi yaberaga mu kigo cy’imyitozo cya Gisirikare cya Nasho mu Karere ka Kirehe.
Nsengimana Claudien yatorewe kuba Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Musanze, we na bagenzi be biyemeza kwihutisha imikorere inoze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Dr Vincent Biruta, mu ruzinduko yagiriraga mu Buhinde rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi, yagaragaje ko ubucuruzi bw’u Rwanda n’u Buhinde bukomeje kwiyongera.
Ikigo cy’Igihugu cya Tekiniki Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), cyatanze impamyabushobozi ku bantu ibihumbi bibiri basanzwe bakora umwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ariko batarabyize, bakaba babyishimiye kuko byabongereye agaciro.
Ahagana saa tanu z’amanywa kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Ukuboza 2023, imodoka y’abashinzwe umutekano mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo yarenze umuhanda ikora impanuka, abari bayirimo bakekwaho ibyaha n’abari babaherekeje barakomereka.
Telefone zigezweho za (Smart Phones) zatangiye guhabwa Abanyarwanda hirya no hino mu Gihugu, aho izigera kuri Miliyoni n’ibihumbi 200, ari zo zizahabwa abazifuza bishyuye ikiguzi gito.
Ambasaderi Ernest Rwamucyo yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), António Guterres, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uwo muryango.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice, yahamagariye abayobozi bashya batowe gushyira imbaraga mu gukemura ibibazo byadindiye, kugira ngo iterambere ry’abaturage ryifuzwa riboneke mu buryo bwihuse.
Kominote ya Emanweri ifatanyije na CECYDAR umuryango washinzwe na Rugamba Sipiriyani n’umugore we Daphroze Mukansanga bagamije kwita ku bana batishoboye bajya mu muhanda n’imiryango yabo, bateguye icyumweru cyahariwe Rugamba Sipiriyani na Daforoza Mukansanga mu rwego rwo gutanga inyigisho ku miryango bifashishije urugero (…)
Kuri uyu wa kane tariki ya 07 Ukuboza 2023, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB cyatangaje ko hashyizweho akato k’amatungo mu Mirenge ya Gahini, Mwiri na Murundi, mu rwego rwo guhangana n’indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu nka.
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’amwe mu mazina y’ahantu hatandukanye mu bice bigize igihugu cyacu yabakusanyirije inkomoko y’Izina Cyasemakamba.
Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko politiki y’u Rwanda y’imiyoborere ishingiye ku kubaza buri wese ibyo ashinzwe ari narwo rufunguzo rwagejeje igihugu ku iterambere kigezeho uyu munsi.
Mu mudugudu w’Umutekano, Akagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Muhima mu Mujyi wa Kigali, habonetse imibiri irenga 15 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatabwe mu nkengero z’umuhanda werekeza kuri gare ya Nyabugogo, imbere y’isoko ryo kwa Mutangana.