Mu kwizihiza ibirori by’umunsi w’abasora, ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyahaye inkunga ya mudasobwa 10, Ishuri ryisumbuye ryitiriwe Rose Mystica ryo ku Kamonyi.
Biteganyijwe ko Minisitiri w’imibereho myiza y’abaturage n’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, azatangiza ku mugaragaro ikigega “Agaciro Development Fund” mu karere ka Ruhango tariki 30/08/2012.
Nyuma y’amezi hafi abiri yongeye kumvikana ku murongo wa FM, radiyo Salus yongeye gupfa. Kuva tariki 26/08/2012, iyi radiyo ntabwo icyumvikana ndetse n’abakozi bayo ubu ntibarimo gukora.
Perezida wa Mozambique, Armando Guebuza, ari mu ruzinduko mu Rwanda aho yaje kuganira na mugezi we, Paul Kagame, icyakorwa ngo amakimbirane yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ahoshe.
Abaturage bo mu Karere ka Rwamagana bakusanyije miliyoni 74 n’ibihumbi 446 mu kigega Agaciro Development Fund mu muhango wabaye uyu munsi tariki 28/8/2012.
Imbaga y’abaturage b’Akarere ka Rwamagana yakubise yuzuye ahitwa ku kibuga cya Police mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, aho bitabiriye inama yitwa iy’Inteko y’Akarere bari bunakoreremo igikorwa cyo gushyigikira Agaciro Development Fund.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, ari muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku kicaro cy’umuryango w’abibumbye aho atanga ibisobanuro kuri raporo yakozwe n’impugucye z’uyu muryango ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe urwanya Leta ya Kongo.
Impunzi z’abanyamahanga ziri mu Rwanda guhera mu 1995 zigeze ku 57.641. Abanyekongo nibo bihariye igice kinini kuko bagera ku bihumbi 57.216, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) ibigaragaza.
Ubwo yari yitabiriye igiterane cyo gushima Imana cyabereye kuri sitade Amahoro mu mujyi wa Kigali, Minisitiri w’Intebe yasabye Abanyarwanda gushima Imana ku bw’agaciro kabo kari karazimiye kakaba karagarutse.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma burakangurira abaturage batuye mu mbago z’umujyi ndetse n’abandi bashaka kubaka kwifashisha amatafari akorwa n’imashini ya hydroform.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yakiriye imodoka imwe na moto zirindwi yahawe n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere (UNDP), zizakoreshwa n’abakozi bashinzwe imicungire y’ibiza mu turere.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Gicumbi, mu rwego rwo kureba intambwe bamaze kugeraho no kubashimira ibimaze gushyirwa mu bikorwa, Perezida Kagame yasabye abaturage batuye ako karere kugira umwete wo gukora bakiteza imbere.
Nyuma y’umuganda wabaye tariki 25/08/2012, abaturage bo mu karere ka Ngororero batashye ikiraro kimanitse mu kirere gifite metero 50 cyambukanya umugezi wa Kibirira kigahuza umurenge wa Bwira na Gatumba mu tugari twa Ruhindage na Kamasiga.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubudage imaze gushyikiriza u Rwanda inyubako eshatu zigezweho zizifashishwa mu kwigisha abapolisi gukomeza kunonosora ubumenyi n’imyiteguro mu butumwa bwo kubungabunga amahoro polisi y’u Rwanda imaze kumyenyekanaho hirya no hino ku isi.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yahuye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’igihugu cy’Ubudage M. Guido Westerwelle, tariki 15/08/2012, baganira ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Kongo.
Mu gihe hategurwa kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, umusaza Kayonga Zakayo uvuka mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke atangaza ko imiyoborere myiza umuryango FPR-Inkotanyi wazanye mu Rwanda imaze kugeza byinshi ku baturage.
Umukozi ushinzwe gukurikirana ibarura mu karere ka Kirehe, Njamahoro Basile, arasaba abaturage ko nibigera tariki 28/08/2012 bataragenrwaho n’abakarani b’ibarura byaba byiza yibukije umukuru w’umudugudu ko we bataramubarura cyangwa se akaba akabimenyesha abantu baca mu mudugudu babarura.
Inzego z’ubuyobozi zitandukanye mu karere ka Nyamasheke zirasabwa kwegera abaturage cyane cyane abatuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza (high risk zone) bakabasobanurira ibyiza byo bagatura ku midugudu.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwali, arihanangiriza abayobozi bo mu ntara abereye umuyobozi, kwirinda gukubirana abaturage kubyo basabwe gukora, kugira ngo babone kubaha serivisi baje gusaba.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’Ububirigi, Didier Reynders, uri mu Rwanda kugeza kuri iki cyumweru tariki ya 26/8/2012, yavuze ko yishimiye ubushake bwa Leta y’u Rwanda bwo gukomeza guharanira ko amahoro yagaruka mu burasirazuba bwa Kongo Kinshasa.
Bitewe n’uko imiyoborere myiza imaze kwiganza mu gihugu, biratanga ikizere ko abana bazahagararira abandi bazagera ku nshingano zabo batorewe nta kabuza.
Abanyarwanda 12 barimo umugabo umwe, abagore batatu n’abana umunani bageze mu murenge wa Kamembe tariki 25/08/2012 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo aho bari bamaze imyaka myinshi mu buhungiro.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, Didier Reynders yunamiye imibiri y’abazize Jenoside ishyinguye mu rwibutso rwa Gisozi mu mujyi wa Kigali, aho yatangaje ko amateka agaragara muri urwo rwibutso ateye agahinda kandi yigisha kugira ngo ibyabaye bitazasubira.
Polisi y’igihugu iri mu karere ka Nyamasheke mu gihe cy’iminsi 10 mu gikorwa cyo gupima agakoko ka Sida mu bafatanyabikorwa bayo mu gucunga umutekano, aribo rokodifensi (local defense), inkeragutabara n’urwego rwa community policing n’abaturage.
Bamwe mu bakarani b’ibarura rya Kane ry’abaturage mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, baratangaza ko ikibazo cy’imbwa zo mu ngo no kubura ababaha amakuru nyayo bitangiye kuba imbogamizi kuri bo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere Kirehe, Jean de Dieu Tihabyona, yakoze impanuka imodoka ye igonga ibiti bibiri birarimbuka nawe arakomereka bidakabije, ubwo yajyaga mu muganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/08/2012.
Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda gukora cyane bakirinda incyuro z’abanyamahanga bacyurira u Rwanda bitwaje imfashanyo baruha.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububiligi akaba n’uwungirije Minisitiri w’intebe w’iki gihugu, aratangaza ko ababajwe n’ihohoterwa rishingiye kw’ivangura ry’amoko rikorerwa Abakongomani bavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa Congo.
Bamwe mu bashigashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi, bavuga ko badakunze kwitabira amahugurwa, bityo ubumenyi bwabo ntibutere imbere, mu gihe ariyo yabafasha kwiyungura bwenge bwo kwiteza imbere.
Kunywa ibiyobyabwenge biza ku isonga mu bihungabanya umutekano w’akarere ka Gicumbi, nk’uko byagaragaye muri raporo zitangwa n’inzego z’umutekano zikorera muri ako Karere, mu nama mu nama y’umutekano yaguye yahuje uturere twose tugize intara y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatanu tariki 24/8/2012.