Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ruheru ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba basigaye bahabwa umwanya bakagira uruhare mu kugena ibikorwa bizibandwaho mu mihigo ngo binabafasha gukurikirana bishyirwa mu bikorwa.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Budage, Dr. Frank-Walter Steinmeier, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yijeje ko agiye kugaragaza isura y’ubukungu bw’u Rwanda mu Budage n’ahandi, mu rwego rwo kureshya abashoramari kuza gukorera mu Rwanda no muryango w’Afurika y’uburasirazuba muri rusange.
Bamwe mu bakozi ba Leta basanga komisiyo y’abakozi ba Leta ibafatiye runini cyane mu birebana n’imicungire y’abakozi ndetse no mu bijyanye no kumenya inshingano n’uburenganzira bwa buri wese,yaba umukozi cyangwa umukoresha.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera batangaza ko kuba muri ako karere hagaragara abakobwa bishyingira bakiri bato, bataranuzuza imyaka 18 y’mavuko, biterwa ahanini n’ubukene buba buri mu miryango yabo.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), yatangaje ko irimo gukora ubushakashatsi ku kibazo giteye impungenge cy’Abanyarwanda bakomeje kwica abandi hirya no hino mu gihugu, aho iteganya gusuzuma niba abarimo kuva mu magereza baba atari bo ntandaro y’ubwo bwicanyi.
Frank-Walter Steinmeier, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Budage aragirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Minisitiri Louise Mushikiwabo, nyuma y’uko ageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki 20/2/2015.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe baratangaza ko bacengewe na gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bakanenga abayobozi bacengeje amacakubiri mu baturage ndetse bakanabashishikariza kwicana.
Kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abagororwa b’abagore bose bari bafungiye muri Gereza ya Rusizi bimuriwe muri Gereza Nkuru ya Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo naho abagabo bari muri Gereza ya Nyamagabe bimurirwa mu ya Rusizi, muri gahunda ya politiki y’amagereza yo kudafungira hamwe abagore n’abagabo.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside bijeje ubuvugizi imfungwa n’abagororwa badafite ibyangombwa byuzuye ngo baburanishwe, abarangije ibihano bagomba kurekurwa ndetse n’abafite ibindi bibazo bitandukanye bijyanye n’ifungwa ryabo.
Abadepite bo muri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside baratangaza ko aho ibikorwa byo kubungabunga imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu buryo burambye bigeze hashimishije.
Guverinoma y’u Rwanda iherutse kwiha gahunda y’imyaka irindwi (2010-2017) yo kongerera ubushobozi imiryango itegamiye kuri leta kugira ngo ibashe gutanga umusaruro ufatika mu guteza imbere Abanyarwanda.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Iterambere (UNDP) yo kuva 2007-2013 ivuga ko kwegereza ubuyobozi abaturage byagize uruhare mu guteza imbere gahunda za Leta zo gufasha abaturage kwikura mu bukene nka Gira Inka, Ubudehe, n’Umuganda.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye abagabo babiri bakekwaho guha abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ruswa.
Croix Rouge y’u Rwanda yatangije umushinga ugamije gufasha abatishoboye kuva mu bukene cyane cyane bikemurira bimwe mu bibazo bibangamira iterambere ryabo.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Rulindo baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano wabo, mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka iyo jenoside ku nshuro ya 21.
Abanyarwanda barakangurirwa guhagurukira ikibazo cy’ingutu kijyanye n’imyubakire y’akajagari kandi abo mu mijyi bagaharanira kubaka inzu zo guturamo zigerekeranye, kuko mu gihe baba bakomeje kubaka nk’uko bikorwa ubu, byazagera igihe Abanyarwanda bakabura ubutaka bwo guturaho ndetse n’ubwo gukoreraho ibindi bikorwa birimo (…)
Mu nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi yateranye tariki 18/02/2015, ikibazo cy’inyerezwa ry’amafranga ya VUP ndetse n’ay’ububiko bw’imiti nicyo cyafashe umwanya munini.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka arasaba imiryango nyarwanda itegamiye kuri leta gukora ibikorwa biteza imbere Abanyarwanda aho kuvuga gusa no kunenga ibitagenda.
Musabyemariya Anne, umugore ufite abana 4 wo mu Mudugudu wa Rwumba mu Kagari ka Buvungira mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 18 Gashyantare 2015, ashinjwa n’abaturanyi be gukuramo inda abigambiriye.
Umugabo witwa Rutembesa Alexandre w’imyaka 54 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi 10.
Imvura ivanze n’umuyaga ndetse n’amahindu yaguye kuva saa saba z’amanywa ikomeza ijoro ryose tariki 17-18/02/2015 yasenye igikoni mu Murenge wa Nkotsi kigwira umugore arakomereka, inasakambura amazu kugeza ubu tutarashobora kumenya umubare.
Umuryango La benevolencia uravuga ko kwimakaza amahoro, kwigisha abanyarwanda gukora icyiza kugira ngo gitsinde ikibi no kwirinda kugira ingengabitekerezo iganisha ku kibi ari inshingano zireba buri rwego na sosiyete sivile itavuyemo.
Nyirazaninka Aline w’ imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Kigugu mu Kagari ka Kigoya ho mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, ku mugoroba wo ku wa 17/02/2015 yasanzwe mu nzu yapfuye amanitse mu mugozi.
Imvura ivanze n’umuyaga ndetse n’urubura yaguye mu Murenge wa Sake, Akagari ka Nkanga ho mu Karere ka Ngoma, yasize imiryango ibiri mu macumbi y’abaturanyi nyuma yo gusenyerwa amazu yabo ikangiriza andi mazu 20 n’imyaka irimo insina n’imyumbati.
Raporo yashyizwe ahagaragara na Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Rusizi iragaragaza ko ingo 772 zo muri aka karere zibanye nabi ndetse zirangwa n’amakimbirane.
Abadepite bo muri komisiyo ishinzwe ubuhinzi, ubukerarugendo, n’umutungo kamere mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EALA) barashima aho umushinga wa “Lake Victoria Water Supply and Sanitation” ushinzwe isuku n’isukura no gukwirakwiza amazi ugeze, ariko bakavuga ko hari ibitarakorwa (…)
Umwana witwa Niyonemera Pélagie w’imyaka 14 y’amavuko arashakisha ababyeyi be nyuma yo guteshwa umuntu ngo wari umujyanye mu Mujyi wa Kigali kumushakira akazi.
Abagize urugaga rw’abikorera rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu Karere ka Ruhango, barahamya ko bumva neza akamaro ko gutanga umusanzu w’umunyamuryango kuko iyo bawutanze wongera ukabagarukira mu bikorwa by’iterambere.
Imiryango 378 y’abaturage bo mu Karere ka Rusizi mu Kagari ka Pera, mu Murenge wa Bugarama irasaba ubuyobozi kuyirenganura ku byangombwa by’ubutaka bita ubwabo ariko bukaba bwanditse kuri MINAGRI.