Abanyeshuri 50 biga ibya gisirikare muri Kenya baturutse mu bihugu 10 bya Afurika, ari byo Kenya, u Rwanda, Burundi, Botswana, Egypt, Malawi, Namibia, Tanzania, Uganda na Zambia, bari mu Rwanda guhera tariki 16-21 Werurwe 2015 aho ngo baje kureba ubunararibonye bw’ingabo z’u Rwanda mu gukumira amakimbirane.
Inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mujyi wa Musanze rwagati, mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze hafi y’isoko ry’ibiribwa yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa saba z’ijoro zo ku wa Mbere tariki 16/03/2015 irashya irakongoka.
Imwe mu miryango yo mu turere twa Ruhango na Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo yemeza ko yari ibanye mu buryo bw’amakimbirane ubu iratanga ubuhamya ikavuga ko amahoro aganje iwabo mu miryango kubera inyigisho yahawe n’Umuryango RWAMREC.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Rwamagana barasabwa kwimakaza ukuri mu byo bakora kandi bakirinda ingeso mbi izwi nko “gutekinika” kuko idindiza iterambere ry’abaturage n’ahari ikibazo ntikimenyekane ku gihe.
Abanyehuri 54 b’abakobwa batsinze neza ibizamini bya leta mu mwaka wa 2014, bashyikirijwe ibihembo n’umuryango Imbuto Foundation, mu gikorwa isanzwe ikora buri mwaka hagamijwe kuzamura uburezi bw’umwana w’umukobwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bufatanyije n’abafatanyabikorwa bako bakoze igikorwa cy’umnuganda mu kibanza kiri kubakwamo amazu 48 y’imiryango 48 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzanira giherereye mu murenge wa Jabana.
Ikigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere Imiturire (RHA), kirakangurura Abanyarwanda kubahiriza amategeko agenga imyubakire mu Rwanda, kuko bizabarinda guhura n’ingaruka zo kugwirwa n’amazu no gusenyerwa bitewe no kubaka ahantu hatemewe.
Abanyarwanda 42 bageze mu Rwanda tariki ya 13/3/2014 bavuye mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), aho ingabo za Kongo zivuga ko ziri kurasa abarwanyi ba FDLR.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA: Rwanda Housing Authority) kirasaba abanyarwanda kuba maso ku mikoreshereze y’ubutaka, abashaka kubaka bagatekereza inyubako zigerekeranye mu mijyi naho mu byaro bakubaka ku buso buto kugira ngo ubutaka busigaye bukorerweho ibindi bikorwa, kuko nibidakorwa abanyarwanda (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko bwamaze gutunganya ibishushanyo mbonera by’amazu azubakwa ku byambu binyurwaho n’Abarundi baza mu Rwanda cyangwa abanyarwanda berekeza i Burundi, hagamijwe korohereza abashinzwe umutekano batari bafite aho bakorera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke burasaba abagatuye kumenya uburyo bashobora kubyaza umusaruro ubutaka bwabo, bakurikiza amategeko n’amabwiriza atangwa n’ubuyobozi ku micungire yabwo.
Abagabo babiri; Ndahimana Maurice w’imyaka 42 na Hakizimana Samuel w’imyaka 37 bagwiriwe n’ikirombe bacukuramo Coltan bakitaba Imana bashyinguwe ku wa kane tariki ya 12/03/2015.
Abantu batatu, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015, barohamye mu Ruzi rw’Akagera, ubwo bambukaga bava mu Kagari ka Jarama mu Karere ka Ngoma berekeza mu Kagari ka Mazane mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera maze umwana w’ iminsi 20 aburirwa irengero.
Ishyo Arts Center, umuryango utegamiye kuri Leta, washyizeho umushinga w’ivumburampano mu bana bafite ubumuga, nyuma y’ubushakashatsi bwakorewe mu bigo bitandukanye bibakira bukagaragaza ko bafite impano zihanitse kandi zishobora kubyara umusaruro mu buhanzi no mu bugeni.
Komisiyo ya Sena y’u Rwanda ishinzwe Umutekano n’Ububanyi n’Amahanga, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015 yasuye Akarere ka Nyanza iganira n’abatwara abagenzi ndetse n’abandi bashobora kugira uruhare mu gukumira impanuka zo mu muhanda kugira ngo barebere hamwe icyakorwa kugira ngo impanuka za hato na hato zitwara ubuzima bw’abantu (…)
Nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Kagano n’uwa Cyato mu Karere ka Nyamasheke basenyewe n’imvura ivanze n’umuyaga mu kwezi kwa Gashyantare mu w’2015, ku wa gatatu tariki ya 11/03/2015, Umushinga ADRA-Rwanda wabageneye inkunga y’amabati 60 azabafasha kongera kusakara amazu yabo bagasubira mu buzima busanzwe bari barimo.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukamira, urimo igice cy’umujyi w’Akarere ka Nyabihu bahangayikishijwe no kutagira irimbi rusange, abagize ibyago byo gupfusha bakaba bashyingura mu ngo.
Umuryango wa Baziriwabo Aléxis wo mu Karere ka Huye mu Murenge wa Rwaniro, Akagari ka Cyibiraro, Umudugudu wa Nyarunyinya, umaze umwaka n’amezi atatu mu bitaro, ariko bibaza aho bazataha n’uko bazabaho nibataha. Impamvu ni uko uretse kuba ntacyo bafite cyo kuzabatunga, n’abo bari baturanye bose bimutse.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko ibarura ryakozwe mu mwaka wa 2011 ryerekanye ko Intara y’Amajyepfo yihariye umubare munini w’abasigiwe ubumuga buhoraho na jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu Rwanda.
Abagize komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Ngororero basanga abanyarwanda bari mu gihugu imbere bagomba kubanza kwiyumvisha agaciro ko gutahuka kwa bene wabo bakiri mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuko hari ababaca intege kubera ko bigaruriye imitungo yabo ntibababwize ukuri ku bibera (…)
John Abraham Godson ukuriye itsinda ry’abadepite n’abashomari bo mu gihugu cya Pologne bari mu Rwanda kuva tariki ya 10/3/2015, avuga ko yishimiye u Rwanda kuko rurenze uko ruvugwa bitewe n’uburyo ruhagaze mu guteza imbere ishomari, isuku no kwiyubaka.
Abaturage baturiye inkambi y’impunzi z’abanyekongo ya Kigeme iri mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kwimurwa vuba amazu atarabagwaho bitewe n’amazi y’imvura ndetse n’amazi avanze n’umwanda wo mu bwiherero abatera mu ngo zabo cyane cyane iyo imvura yaguye.
Abari abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge batatu bahinduriwe imirimo hagamijwe gushyira abakozi mu myanya ibakwiriye kandi igendanye n’ibyo bize kugira ngo barusheho kunoza umurimo.
Nyirandayambaje Agnes wo mu Mudugudu wa Ruhinga ya 2, Akagari ka Kagatamu mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yagurishirijwe isambu y’ababyeyi na mukuru wabo wo kwa se wa bo, ndetse agahita amwihakana ko ntacyo bapfana.
Umusaza Murihano Faustin utuye mu Murenge wa Shyogwe, Akarere ka Muhanga avuga ko abana yabyaye ku mugore wa mbere basigaye bamutera hejuru kubera ko yazanye undi mugore.
Ubushakatsi bwakozwe n’Umuryango Handicap International bugaragaza ko abafite ubumuga 1,678 bari mu nkambi eshanu z’impunzi ziri mu Rwanda nta buryo bafite buborohereza kubona serivisi n’ibindi bikenerwa mu buzima bwabo, ugasaba abaterankunga guhagurukira iki kibazo.
Bamwe mu baturage batuye mu Mirenge ya Nemba na Gakenke yo mu Karere ka Gakenke baravuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 ibikorwa byinshi by’iterambere bimaze kugera iwabo ndetse byagiye bibagiraho ingaruka nziza, bitandukanye n’imibereho yabo ya mbere ya Jenoside.
Dr Pierre Damien Habumuremyi, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe intwari, imidari n’impeta z’ishimwe (CHENO) arasaba ko bashakirwa aho gukorera hafite ubwinyagamburiro kuko aho bakorera ubu hadahagije.
Ikigo k’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) cyatanze imashini eshanu zikoresha ikoranabuhanga mu gukora amatafari, zitegerejweho kongerera ubumenyi abanyeshuri ariko zikanafasha igihugu kugera ku ntego yo kubaka amazu aciriritse kandi akomeye.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Kazuya Ogawa yatumiye Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi kuzajya kwitabira inama y’Umuryango w’Abibumbye (UN) yiga ku kwirinda no guhangana n’ibiza, iteganyijwe kubera mu Mujyi wa Sendayi mu Buyapani kuva tariki 15-17/3/2015.