Perezida Paul Kagame yambitswe umudari w’icyubahiro uruta indi muri Guinea Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
Ubuyapani bwahaye u Rwanda inkunga ingana na miliyoni 18.4 z’amadorari y’Amerika azarufasha kongera amashanyarazi mu gace kahariwe inganda kari i Masoro mu Mujyi wa Kigali.
Perezida Kagame avuga ko abakiri bato ari bo Afurika itezeho ejo hazaza, ariko akemeza ko bitazagerwaho igikoresha ibiturutse hanze gusa.
Abagabo bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze baratangaza ko kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore bibafasha kurushaho gusabana n’abagore.
Abashoramari n’abajyanama ku iterambere ry’umugore bibumbiye mu Nama y’Abagore ku Isi (Global Women’s Summits) bagiye guteranira i Kigali basangize ubunararibonye Abanyarwandakazi.
Bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Ntwali ho mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru barasaba ubuyobozi kububakira inzu zabasenyukiyeho.
Urubyiruko rugomba kujya ku rugerero mu Karere ka Karongi rukomeje kugararagaza ubushake buke mu kwitabira ibikorwa biba biteganyijwe.
Abatuye i Nzige mu Karere ka Rwamagana bavuga ko inzira zubakwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro ari zo ziteza impanuka.
Komisiyo ihuriweho n’íbihugu by’u Rwanda na Congo mu gusubizaho imipaka yashyizweho n’Abakoloni 1911 yamuritse imipaka yasubijeho yari yarasibanganye.
Abarokotse Jenoside bo mu Kagari ka Bitare, Umurenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru bahuje amateka n’abanya Bisesero bose bagerageje kwirwanaho hagira abarokoka.
Miss Rwanda 2016 Mutesi Jolly avuga ko n’ubwo u Rwanda rudafite amabuye y’agaciro menshi rufite uburanga rukwiye kubyaza umusaruro.
Abakuriye inama y’igihugu y’abagore barahamagarirwa kwegera abo bahagarariye kuva ku rwego rw’umudugudu kugira ngo babafashe kwitabira gahunda za Leta.
Igihugu cya Suwede kibinyujije mu mushinga witwa “RCN Justice & Democratie”, kirimo gutanga ibikoresho n’amahugurwa kuri Komite z’Abunzi mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame, yigishije abikorera uko babyaza umusaruro (“gutabira”) amahirwe akomeye ariko atarakorwaho y’ikibanza cy’ubutaka u Rwanda rwahawe ku Nyanja Itukura.
Abana 56% bakwiye gufata imiti igabanya ubukana bwa Sida,ntabwo ibageraho kuko babuzwa uburenganzira n’ababyeyi babo banga kubapimisha ngo bamenye uko bahagaze.
Koperative ibyiza biri imbere yo muri Ndora, ikora imbabura za cana rumwe irasaba gufashwa kumenyekanisha ibyo ikora ikabona isoko
Mu muhango wo kwakira Perezida wa Djibuti Ismail Omar Guelleh,Perezida Kagame yamushimiye impano y’ubutaka bwa Hegitare 20 igihugu cye cyahaye u Rwanda.
Inama y’Abagore ku rwego rw’Isi (Global Women’s Summits) igiye guteranira mu Rwanda ku nshuro ya mbere yizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore, uzaba tariki 8 Werurwe 2016.
Ikigo cy’u Rwanda cy’Iterambere (RDB) n’icya African Parks bifatanya gucunga Pariki y’Akagera na Guverinoma y’Ubuholandi, bamuritse umushinga wo kugarura inkura (Rhinoceros) mu Rwanda.
Umuryango w’Abanyeshuri n’Abahoze ari Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, watangije gahunda ngarukamwaka y’ibikorwa bitegura kwibuka ku nshuro ya 22.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 4 Werurwe 2016, Perezida wa Djibouti Ismail Omar, yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ibiri. Akaba ari bwakirwe na Perezida Kagame.
Umuyobozi Mukuru wa Rotary International, Ravi Ravindran, yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame, anatangaza ko ashimishijwe cyane n’intambwe u Rwanda rwateye nyuma y’igihe gito rubayemo Jenoside.
Akarere ka Nyarugenge kashyikirijwe n’inkeragutabara ibikorwa binyuranye zagakoreye bihwanye na miliyoni 420 z’amafaranga y’u Rwanda kandi kishimira uko byakozwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abahinzi kugira uruhare mu kurinda uburwayi bw’imbuto nshya y’imyumbati bari guhabwa.
Abanyeshuri bane n’Umuyobozi ushinzwe Amasomo mu Kigo cy’Amashuri Yisumbuye cya Miyove muri Gicumbi batawe muri yombi kubera urupapuro ruriho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Mutesi Jolly, Nyampinga w’u Rwanda 2016, kuri uyu wa 3 Werurwe 2016, yasinyanye amasezerano y’imikoranire na COGEBANQUE.
Televiziyo y’u Rwanda (RTV) yamaze kuba imwe mu masheni ya televiziyo mpuzamahanga zigize sosiyete ya DSTV, igaragara kuri sheni ya 299.
Abarimu bigishaga mu ishuri ry’imyuga rya VTC Rusasa, mu Murenge wa Rusasa, Mu Karere ka Gakenke, barasaba kwishyurwa miliyoni 4frw.
Abanyeshuri biga ku Ishuri Ribanza rya Saint Paul Tyazo ry’i Kanjongo Karere ka Nyamasheke, basobanuriwe uko bagenda neza mu muhanda, maze basabwa kwirinda impanuka.