Inzu y’u Rwanda y’Ibiro by’Abinjira n’Abasohoka ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi yagwiriwe n’ikamyo irangirika ariko ntihagira ukomereka.
Abahagarariye abafite ubumuga mu Nama Njyanama y’Umurenge wa Nyabinoni w’Akarere ka Muhanga, baravuga ko abana bafite ubumuga bwihariye bagihura n’inzitizi zituma batiga.
Guhera muri Kamena 2016, servisi za Gasutamo z’u Rwanda ngo zizatangira gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha kugenzura imizigo ituruka ku byambu kugera mu gihugu.
Imiryango icyenda y’abahejejwe inyuma n’amateka ituye mu Kagari ka Mubuga, Umurenge wa Kibeho muri Nyaruguru irasaba gusanirwa inzu kuko zigiye kubagwaho.
Abafite ubumuga bo mu murenge wa Kimisagara bavuga ko abo bitoreye bazabahagararira muri njyanama y’umurenge babatezeho ibisubizo by’ibibazo bafite.
Abanyarwanda 68 biganjemo abagore n’abana batahutse ku wa 12/2/2015 bavuye mu burasirazuba bwa Congo bavuga ko bari bafashwe bugwate na FDLR.
Perezida Kagame yaraye atanze ikiganiro ubwo yahuraga n’abayobozi hamwe n’abakinnyi b’ikipe ya Basketball ya Toronto Raptors ikinwamo na bamwe mu bakomoka muri Afurika.
Ku wa 12/02/2016 mu Murenge wa Ntarabana hangijwe hanamenwa ibiyobyabwenge bifite agaciro ka Miliyoni 1 129 500Frw.
Impuzamiryango iharanira uburinganire n’uruhare rw’umugore mu iterambere, Pro-Femmes Twese Hamwe, irakusanya inkunga yo kubaka ikigo ntangarugero mu karere, ibifashijwemo n’uwakumva abyishimiye wese.
Umuyobozi wa FDLR-RUD Gen Maj Ndibabaje yishwe n’abarwanyi ba Maï-Maï bamusanze ahitwa Mashuta mu mashyamba ya Congo.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Julienne Uwacu, avuga ko gahunda yo kwimurira imibiri y’Intwari z’i Nyange mu gicumbi zirimo kubakirwa itakibaye.
Uwari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR, kuri uyu wa 12 Gashyantare 2016, yatashye mu Rwanda nyuma y’imyaka isaga 20 abaho kinyeshyamba.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Canada yakiriwe n’ishyirahamwe ry’abaperezida b’ibigo bakiri bato (Young President Organizaton -YPO), aho yahuye n’abanyamuryango baryo umunani.
Abaturage bp mu Kagari ka Muzingira mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma, biyujurije ibiro by’akagari ngo bajye baherwa serivise aheza.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yahisemo gukomeza gushaka abafatanyabikorwa bakwakira impunzi z’Abarundi icumbikiye, mu rwego rwo gucunga neza imibanire n’amahanga.
Intumwa za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zashimye ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda zirinda amahoro muri Sudani y’Amajyepfo.
Urubyiruko rwo mu bihugu bikoresha icyongereza (Commonwealth) ngo rurashaka gukomeza kubaka amahoro ku isi, rushingiye ku bunararibonye bwa buri gihugu.
Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko (RLRC) ivuga ko ivugurura ry’igitabo cy’amategeko hari abo rizarenganura bakoraga icyaha kimwe bagahanwa mu buryo butandukanye.
Hagiye kubakwa amacumbi azafasha abakozi bahembwa guhera ku bihumbi 35Frw kuyegukana, mu gihe bashobora kuyishyura byibura ibihumbi 10Frw ku kwezi.
Itsinda ry’Abadepite bo mu gihugu cya Malawi banyuzwe n’uburyo “Isange One Stop Center” ya Polisi y’u Rwanda yita ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abashoramari b’Abanyaturukiya bagiye gukora umushinga w’amashanyarazi aturuka kuri nyiramugengeri uzatanga Megawatt (MW) 80 ziziyongera ku yari asanzwe akoreshwa mu Rwanda.
Intumwa za Loni zishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro, zashimye ingufu u Rwanda rushyira mu gutegura abajya kubungabunga amahoro ku isi.
Bamwe mu Banyarwanda bavuye mu mashyamba ya DR Congo bavuga ko ntawe utinyuka guhingutsa ko atashye kubera gutinya ko yagirirwa nabi.
Kamayanja Therese w’imyaka 100 y’amavuko, wo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, arasaba abatowe gukurikiza imiyoborere ya Perezida Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari barasaba ubufasha nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 7 na 8 Gashyantare 2016 ikangiza imyaka y’abaturage, igasenya n’inzu 21.
Perezida Paul Kagame uri mu Mujyi wa Dubai mu nama mpuzamahanga yiswe "World Government Summit", yatanze ikiganiro ku iterambere n’ahazaza h’u Rwanda.
Abiganjemo abagore batuye mu Mudugudu wa Magonde mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye w’Akarere ka Huye bafite ibibazo mu ngo, ntibishimiye ugutorwa kwa Jacqueline Mukeshimana.
Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, bongeye kugirirwa icyizere n’abaturage bakongera kubatora, barasaba bagenzi babo kwicisha bugufi.
Abayobozi b’inzego z’ibanze batowe mu Murenge wa Ndora, bijeje abaturage kuzabafasha kumva ibyiza bya koperative no kuzigana maze bakiteza imbere.
Kwitonda Youssuf, yatorewe kongera kuyobora Umudugudu wa Nyagacaca nyuma y’uko yari yahakaniye abaturage ariko yabona banze kugira undi batora akabyemera.