Amadini n’amatorero ahuriye mu Muryango Compassion International ukorera mu Karere ka Burera, yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu bukangurambaga bw’iminsi itatu bwakozwe mu giterane cyiswe ‘Free indeed Campaign’.
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Musenyeri Célestin Hakizimana, aributsa abakirisitu Gatolika ko ari bo bitezweho ubushobozi bwo kugura ubutaka buteganyijwe kuzagurirwaho Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho.
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ashyizeho Guverinoma nshya ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, abashya bayinjiyemo, abayisanzwemo n’abatayigarutsemo, mu butumwa banyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter, buri wese yashimiye Umukuru w’Igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko uku kwezi kwa Kanama kuzarangira imiryango yahuye n’ibiza yasubiye mu buzima busanzwe kuko ubu bamwe bari mu baturanyi abandi bakaba bakodesherejwe n’ubuyobozi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, kivuga ko nyuma y’aho gisabye abantu bose bafite ubutaka kubwiyandikishaho, abatabikoze bukandikwa kuri Leta by’agateganyo, ubutaka bubarirwa muri miliyoni imwe na 400 ari bwo bwanditswe kuri Leta by’agateganyo.
Abazi amateka y’amabonekerwa i Kibeho bavuga ko abakobwa batatu bemewe na Kiliziya ko babonekewe, Bikira Mariya yabageneye ubutumwa bunyuranye, agategeka Anathalie Mukamazimpaka kuguma i Kibeho, kandi ngo n’umubikira wabanje kubimwangira yarabihaniwe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Guverinoma nshya igizwe ahanini n’Abaminisitiri bari bayisanzwemo, ariko muri batatu bashya harimo Amb. Christine Nkulikiyinka wagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA).
Abofisiye barenga 450 baturutse mu ngabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda (RNP), n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora barangije amasomo bari bamazemo amezi atanu azabafasha mu kubongerera ubumenyi n’ubushobozi mu mirimo bashinzwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma n’abandi bayobozi, itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rikaba rigaragaza ko abayobozi Umukuru w"igihugu yashyizeho ari Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 9 n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Abagize inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’ibikorwa by’isanamitima, imibanire myiza n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda bifuza ko abagororwa basoje igihano bakatiwe ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bajya bakirwa n’ubuyobozi mbere yo kugera mu miryango.
Akarere ka Burera kashyize ku isoko amwe mu mavuriro y’ibanze (Health Posts), mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi z’ubuvuzi no kurushaho kuzegereza abaturage.
Abazi iby’amabonekerwa y’i Kibeho kuva yatangira bavuga ko Alphonsine Mumureke, ari na we wabonekewe bwa mbere, abonekerwa haketswe ko yafashwe n’amashitani kuko akomoka i Kibungo ahajyaga havugwa kuba abantu bayakoresha cyane.
Mu Karere ka Musanze abanyamabanga nshingabikorwa b’Imirenge yako, bahinduriwe iyo bayoboraga, bimurirwa mu yindi ariko n’ubundi y’aka Karere.
Imiryango 47 niyo imaze kubarurwa yagizweho ingaruka n’ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga mu Murenge wa Nyagihanga Akagari ka Nyagatabire, ahasambutse amazu ndetse n’imirima y’intoki.
Amakuru atangazwa n’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali hamwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), ni uko amatora y’abajyanama baharagarariye buri Karere kagize uyu Mujyi hamwe n’ay’Abajyanama bayobora Umujyi yasubitswe.
Ushobora kuba unywa amazi ava ku ruganda rwa Nzove cyangwa urwa Kanzenze (Bugesera), ukabona imvura igwa mu Rwanda cyangwa ugahumeka umwuka ukonje utarimo imyotsi iteza indwara, ariko utazi ko ishyamba rya Nyungwe ryabigizemo uruhare.
Umuyobozi w’Ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare, Kayitare Geoffrey, avuga ko bagiye kwifashisha inteko z’abaturage mu gukangurira aborozi kubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze y’inzuri no kuzibyaza umusaruro bakororera mu biraro ahasigaye hagahingwa ibiryo by’abantu n’amatungo.
Mu gihe ku munsi wa Asomusiyo ubusanzwe i Kibeho hateranira ababarirwa mu bihumbi 50, uyu munsi tariki 15 Kanama 2024 haje abikubye hafi kabiri.
Musenyeri Vincent Harolimana, Umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri, ntiyumva impamvu hari Paruwasi zimara imyaka zidatanga umufaratiri mu Iseminari nkuru, agasanga ntacyo Abapadiri bayobora izi Paruwasi bakwiye kwitwaza.
Ni imyitozo yitabiriwe n’abasirikare 100 bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF - Militaly Police) bari bamazemo ibyumweru bitandatu yakozwe ku bufatanye bwa RDF ndetse na Qatar.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko adashyigikiye insengero zigizwe n’abahunuzi bambura abaturage, akaba asaba inzego gukemura ako ‘kajagari’ , hakarebwa n’uko zajya zitanga imisoro.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, waraye wongeye kugirirwa icyizere na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, yarahiriye kuyobora Guverinoma muri Manda ya Perezida wa Repubulika izamara imyaka itanu (2024-2029).
Bamwe mu bagore n’abakobwa by’umwihariko abarangije amashuri makuru na Kaminuza bakoze imenyerezamwuga mu nzego z’ibanze barishimira ko ryabafashije kubonamo akazi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye abayobozi mu nzego zose guharanira gukora bashyira umuturage ku isonga, aho gushaka kwikubira na bike Igihugu kiba cyageneye abaturage.
Depite Kazarwa Gertrude, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2024, yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, n’amajwi 73 kuri atanu ya Nizeyimana Pie watanzwe n’Ishyaka UDPR, bari bahanganye. Amajwi abiri gusa ni yo yabaye imfabusa.
Nyuma yo kongera kugirwa Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na Perezida Kagame, kuri uyu wa Gatatu Dr. Edouard Ngirente, yarahiriye izo nshingano.
Mu itangazo umuyobozi w’ishyaka Green Party Dr Frank Habineza, yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatatu, yamenyesheje Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ko bafashe icyemezo cyo guhinduranya abadepite, bigatuma Maombi Carine wari ku rutonde rw’abagomba kurahira akurwaho agasimburwa na Masozera Icyizanye wamukurikiraga ku rutonde (…)
Nyuma yo kongera kumugira Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yashimiye Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, wongeye kumugirira icyizere.
Mu Murenge wa Kagogo Akarere ka Burera hari igiti cy’inganzamarumbo cyiswe ’Igiti cy’ishaba’ cyangwa ’Igiti cy’umugisha’, aho ngo kizwiho gufasha abakobwa bagumiwe kubona abagabo mu gihe bagihobereye.
Banki ya Kigali (BK) ku bufatanye na Ambasade y’Igihugu cya Israel mu Rwanda bahurije hamwe abafatanyabikorwa b’iyo banki harebwa uko abakora ibijyanye no kubyaza umusaruro ibikomoka ku bworozi mu Rwanda bafashwa kongera umusaruro w’ibibukomokaho.