Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma n’abandi bayobozi, itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rikaba rigaragaza ko abayobozi Umukuru w"igihugu yashyizeho ari Abaminisitiri 21, Abanyamabanga ba Leta 9 n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Abagize inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’ibikorwa by’isanamitima, imibanire myiza n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda bifuza ko abagororwa basoje igihano bakatiwe ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bajya bakirwa n’ubuyobozi mbere yo kugera mu miryango.
Akarere ka Burera kashyize ku isoko amwe mu mavuriro y’ibanze (Health Posts), mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi z’ubuvuzi no kurushaho kuzegereza abaturage.
Abazi iby’amabonekerwa y’i Kibeho kuva yatangira bavuga ko Alphonsine Mumureke, ari na we wabonekewe bwa mbere, abonekerwa haketswe ko yafashwe n’amashitani kuko akomoka i Kibungo ahajyaga havugwa kuba abantu bayakoresha cyane.
Mu Karere ka Musanze abanyamabanga nshingabikorwa b’Imirenge yako, bahinduriwe iyo bayoboraga, bimurirwa mu yindi ariko n’ubundi y’aka Karere.
Imiryango 47 niyo imaze kubarurwa yagizweho ingaruka n’ibiza by’imvura ivanze n’umuyaga mu Murenge wa Nyagihanga Akagari ka Nyagatabire, ahasambutse amazu ndetse n’imirima y’intoki.
Amakuru atangazwa n’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali hamwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), ni uko amatora y’abajyanama baharagarariye buri Karere kagize uyu Mujyi hamwe n’ay’Abajyanama bayobora Umujyi yasubitswe.
Ushobora kuba unywa amazi ava ku ruganda rwa Nzove cyangwa urwa Kanzenze (Bugesera), ukabona imvura igwa mu Rwanda cyangwa ugahumeka umwuka ukonje utarimo imyotsi iteza indwara, ariko utazi ko ishyamba rya Nyungwe ryabigizemo uruhare.
Umuyobozi w’Ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare, Kayitare Geoffrey, avuga ko bagiye kwifashisha inteko z’abaturage mu gukangurira aborozi kubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze y’inzuri no kuzibyaza umusaruro bakororera mu biraro ahasigaye hagahingwa ibiryo by’abantu n’amatungo.
Mu gihe ku munsi wa Asomusiyo ubusanzwe i Kibeho hateranira ababarirwa mu bihumbi 50, uyu munsi tariki 15 Kanama 2024 haje abikubye hafi kabiri.
Musenyeri Vincent Harolimana, Umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri, ntiyumva impamvu hari Paruwasi zimara imyaka zidatanga umufaratiri mu Iseminari nkuru, agasanga ntacyo Abapadiri bayobora izi Paruwasi bakwiye kwitwaza.
Ni imyitozo yitabiriwe n’abasirikare 100 bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF - Militaly Police) bari bamazemo ibyumweru bitandatu yakozwe ku bufatanye bwa RDF ndetse na Qatar.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko adashyigikiye insengero zigizwe n’abahunuzi bambura abaturage, akaba asaba inzego gukemura ako ‘kajagari’ , hakarebwa n’uko zajya zitanga imisoro.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, waraye wongeye kugirirwa icyizere na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, yarahiriye kuyobora Guverinoma muri Manda ya Perezida wa Repubulika izamara imyaka itanu (2024-2029).
Bamwe mu bagore n’abakobwa by’umwihariko abarangije amashuri makuru na Kaminuza bakoze imenyerezamwuga mu nzego z’ibanze barishimira ko ryabafashije kubonamo akazi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye abayobozi mu nzego zose guharanira gukora bashyira umuturage ku isonga, aho gushaka kwikubira na bike Igihugu kiba cyageneye abaturage.
Depite Kazarwa Gertrude, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2024, yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, n’amajwi 73 kuri atanu ya Nizeyimana Pie watanzwe n’Ishyaka UDPR, bari bahanganye. Amajwi abiri gusa ni yo yabaye imfabusa.
Nyuma yo kongera kugirwa Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na Perezida Kagame, kuri uyu wa Gatatu Dr. Edouard Ngirente, yarahiriye izo nshingano.
Mu itangazo umuyobozi w’ishyaka Green Party Dr Frank Habineza, yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatatu, yamenyesheje Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ko bafashe icyemezo cyo guhinduranya abadepite, bigatuma Maombi Carine wari ku rutonde rw’abagomba kurahira akurwaho agasimburwa na Masozera Icyizanye wamukurikiraga ku rutonde (…)
Nyuma yo kongera kumugira Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yashimiye Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, wongeye kumugirira icyizere.
Mu Murenge wa Kagogo Akarere ka Burera hari igiti cy’inganzamarumbo cyiswe ’Igiti cy’ishaba’ cyangwa ’Igiti cy’umugisha’, aho ngo kizwiho gufasha abakobwa bagumiwe kubona abagabo mu gihe bagihobereye.
Banki ya Kigali (BK) ku bufatanye na Ambasade y’Igihugu cya Israel mu Rwanda bahurije hamwe abafatanyabikorwa b’iyo banki harebwa uko abakora ibijyanye no kubyaza umusaruro ibikomoka ku bworozi mu Rwanda bafashwa kongera umusaruro w’ibibukomokaho.
Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma y’uko atorewe kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri mbere, ndetse akarahirira kuzuza neza izo nshingano mu jkuhango wabaye ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, ukitabirwa n’abakuru b’ibihugu barenga 22.
BK Group Plc yatangaje ko nyuma y’uko Beata Habyarimana wari Umuyobozi Nshingwabikorwa asezeye, yabonye umuyobozi mushya ari we Dr Uzziel Ndagijimana kuva tariki 14 Kanama 2024.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akimara kurahira ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, Guverinoma yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yahise iseswa(ivanwaho), ariko hakazashyirwaho indi bidatinze.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanam 2024 muri Village u Rwanda na Eswatini byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye. Aya masezerano yasinywe nyuma yo kwakirwa k’Umwami Mswati III n’Umwamikazi Inkhosikati LaMashwama na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.
Mu gice cya mbere cy’iyi nkuru ishingiye ku mateka turabagezaho incamake ku bagabo babiri bategetse u Rwanda guhera mu 1961 kugeza mu 1973 nyuma y’ubwigenge igihugu cyari kimaze guhabwa n’Abakoloni b’Ababiligi.
Abafite aho bahuriye n’iterambere ry’ubworozi mu Rwanda, bakangurirwa gukumira ba rushimusi b’amafi no kubafasha mu bituma barushaho kuzamura imyumvire yo gukora uburobyi b’umwuga, kugira ngo bifashe mu kongera umusaruro w’amafi n’isambaza byo mu biyaga, imigezi n’ibyuzi.
Musenyeri Ntagungira Jean Bosco watowe na Papa Francisco kuba umushumba wa Diyosezi ya Butare kuri uyu wa mbere tariki ya 12 Kanama 2024, avuga ko ari inkuru yakiranye ibyishimo bivanze n’igihunga.
Itorero Angilikani ry’u Rwanda Diyoseze ya Byumba, irahamagarira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, inda zitateguwe n’izindi ngeso mbi, kugira ngo mu bihe biri imbere bazigirire akamaro ubwabo n’Igihugu muri rusange.