Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma y’uko atorewe kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri mbere, ndetse akarahirira kuzuza neza izo nshingano mu jkuhango wabaye ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, ukitabirwa n’abakuru b’ibihugu barenga 22.
BK Group Plc yatangaje ko nyuma y’uko Beata Habyarimana wari Umuyobozi Nshingwabikorwa asezeye, yabonye umuyobozi mushya ari we Dr Uzziel Ndagijimana kuva tariki 14 Kanama 2024.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akimara kurahira ku Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, Guverinoma yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yahise iseswa(ivanwaho), ariko hakazashyirwaho indi bidatinze.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanam 2024 muri Village u Rwanda na Eswatini byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye. Aya masezerano yasinywe nyuma yo kwakirwa k’Umwami Mswati III n’Umwamikazi Inkhosikati LaMashwama na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.
Mu gice cya mbere cy’iyi nkuru ishingiye ku mateka turabagezaho incamake ku bagabo babiri bategetse u Rwanda guhera mu 1961 kugeza mu 1973 nyuma y’ubwigenge igihugu cyari kimaze guhabwa n’Abakoloni b’Ababiligi.
Abafite aho bahuriye n’iterambere ry’ubworozi mu Rwanda, bakangurirwa gukumira ba rushimusi b’amafi no kubafasha mu bituma barushaho kuzamura imyumvire yo gukora uburobyi b’umwuga, kugira ngo bifashe mu kongera umusaruro w’amafi n’isambaza byo mu biyaga, imigezi n’ibyuzi.
Musenyeri Ntagungira Jean Bosco watowe na Papa Francisco kuba umushumba wa Diyosezi ya Butare kuri uyu wa mbere tariki ya 12 Kanama 2024, avuga ko ari inkuru yakiranye ibyishimo bivanze n’igihunga.
Itorero Angilikani ry’u Rwanda Diyoseze ya Byumba, irahamagarira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, inda zitateguwe n’izindi ngeso mbi, kugira ngo mu bihe biri imbere bazigirire akamaro ubwabo n’Igihugu muri rusange.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye anagirana ibiganiro mu biro bye n’abakuru b’Ibihugu barimo Sheikh Hassan Mohamud wa Somalia, Mamadi Doumbouya wa Guinea na Sassou N’Guesso wa Repubulika ya Congo.
Padiri Hagenimana Fabien umwe mu bapadiri barindwi ba Diyosezi ya Ruhengeri bahimbaza Yubile y’imyaka 25 y’Ubusaserudoti muri uyu mwaka wa 2024, yavuze uburyo yishimira umuhamagaro we wo kwiha Imana.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), gishima uruhare rw’ibigo bafatanya mu bushakashatsi kugira ngo ibyo gikora byose bibe bishingiye kuri bwo.
Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umwalimu SACCO, Uwambaje Laurence, avuga ko mu gihe cya vuba, iyi Koperative itangira gutanga inguzanyo z’Ubuhinzi n’Ubworozi nk’uko abanyamuryango benshi bagiye babisaba.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yagiranye ubufatanye n’Igihugu cya Misiri binyuze muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga buzateza imbere ibijyanye n’ubuzima.
Umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri, Musenyeri Vincent Harolimana arishimira uburyo umwaka wa 2024 wabaye uw’uburumbuke bw’Abasaseridoti muri Diyosezi ya Ruhengeri.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC)ishami rya Musanze, Kayiru Desire, arizeza abatuye Akarere ka Musanze ko hari kwigwa uko ikibazo cy’amazi cyakemurwa mu buryo burambye, ahatangijwe umushinga wo kwagura uruganda rw’amazi rwa Mutobo.
Papa Fransisiko kuri uyu wa 12 Kanama 2024 yatoreye Padiri Ntagungira Jean Bosco kuba umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yamenyesheje abakoresha n’abakozi bo mu nzego za Leta ko kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kanama 2024 ari umunsi w’ikiruhuko rusange.
Mu gihe kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024 Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahiriye kongera kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda muri manda y’imyaka itanu, kongera gutorwa n’ibirori byo kurahira kwe, benshi babihuza n’ibimaze kugerwaho n’impinduka mu iterambere ry’impande zitandukanye z’Igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko manda nshya amaze kurahirira ari iyo gukora ibirenze kandi ko bizakorwa bitandukanye no kubirota.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere. Ni mu birori byabereye muri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru, tariki 11 Kanama 2024, byitabirwa n’Abanyarwanda baturutse hirya no hino, inshuti z’u Rwanda, ndetse n’abanyacyubahiro baturutse mu bihugu byo mu mahanga.
Kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, ni umunsi udasanzwe w’ibirori ku Banyarwanda batari bake, ndetse benshi bari bategereje, aho Umukuru w’Igihugu baherutse kwitorera, Perezida Paul Kagame, arahirira kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Abayobozi b’ibihugu n’abandi banyacyubahiro batandukanye bakomeje gusesekara i Kigali aho bitabiriye ibirori byo kurahira kwa Perezida Kagame uherutse gutsindira kuyobora u Rwanda muri Manda y’imyaka itanu.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, ari i Kigali aho yitabiriye ibirori by’Irahira rya Perezida Paul Kagame.
Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, ari mu bakuru b’ibihugu ndetse n’abandi banyacyubahiro ba mbere bageze i Kigali aho bitabiriye irahira rya Perezida Paul Kagame, riba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024.
Mu gihe Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arahirira kuyobora u Rwanda muri manda aherutse gutorerwa, hari urundi rugendo rukomereza ku byakozwe muri iyi myaka 30 ishize u Rwanda rumaze rubohowe.
Kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024 ni umunsi w’amateka ku Rwanda n’Abanyarwanda kuko aribwo Perezida Paul Kagame arahirira kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu, tariki 9 Kanama 2024 yakiriye mu biro bye Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo z’u Bushinwa, Lt Gen Huang Xucong, ari kumwe n’itsinda ayoboye, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye, umuyobozi w’icyubahiro wa Kaminuza y’ubuvuzi ya Butaro, University of Global Health Equity (UGHE), Dr. Jim Yong Kim.
Mu ngingo zidasanzwe z’Itegeko rishya rigenga Abantu n’Umuryango, harimo izibuza umuntu mukuru gutagaguza umutungo w’urugo, ku buryo urukiko ruhita rumushyiriraho umujyanama (cyane cyane uwo bashakanye), akaba ari we ugena uburyo umutungo ukoreshwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abagize Itorero Indangamirwa kurwanya ingengabitekerezo y’abashaka kugarura ubutegetsi bushingiye kuri rubanda nyamwinshi.