Abapadiri Bera bahagaritse ubutumwa bwabo muri Diyosezi ya Butare bari bamazemo imyaka 117 kuko bari basigaye ari babiri gusa kandi bashaje.
Mbere yo gusoza uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repulika Paul Kagame yahuye n’abahagarariye Abanyarwanda baba mu Bushinwa barimo abanyeshuri biga muri icyo gihugu.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Abambasaderi b’ibihugu bitandukanye byo muri Afurika muri icyo gihugu.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 werurwe 2017, Perezida Kagame arahura na Perezida w’Ubushinwa Xi JinPing, i Beijing mu Bushinwa, aho bazaba baganira ku mubano ushingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu byombi.
Ku itariki ya 26 kugeza ku ya 28 Werurwe 2017, Perezida Kagame azatanga ikiganiro mu nama yiswe “AIPAC Policy Conference”, ihuza abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Abanya-Isiraheri
Umuryango wa Ntawuziyambonye Claude urateganya kuzagwatiriza umurima bafite wa metero 15 kuri 12, kugira ngo babashe kuvana impanga mu bitaro.
Maj Uwimana Jean Claude wari umaze ukwezi afunzwe na FARDC kubera gutoroka FDLR yagejejwe mu Rwanda na MONUSCO.
Mu gikorwa cyahariwe kwita ku bacitse kwicumu batishoboye, no kwitura abagize uruhare mu kurokora abatutsi bicwaga AERG-GAERG WEEK, abanyamuryango b’iyi miryango yombi, bagaragaje umurava muri ibi bikorwa.
Perezida Kagame yagaragaje ko atiyumvisha uburyo hari abatekerereza Abanyarwanda kuri demokarasi mu Rwanda, bikagera n’aho bibwira ko Abanyarwanda batisanzuye ariko batabibona.
Abadepite batanu b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba (EALA) banze kwitabira ibiganiro by’inteko zirimo kubera mu Rwanda kuva ku wa 6 Werurwe 2017.
Mu gicuku cyo kuri iki cyumweru tariki ya 12 Werurwe 2017, Abagizi ba nabi bitwaje imbunda, bateye mu Karere ka Rusizi , mu Murenge wa Bugarama, Akagali ka Ryankana mu Mudugudu wa Kabuga, bica abantu babiri banakomeretsa bikomeye undi.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 11 Werurwe 2017, mu bitaro bya Kigeme mu karere ka Nyamagabe, umubyeyi witwa Mukagasana Martha yibarutse abana batatu, babiri b’abahungu n’umwe w’umukobwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Rose yashimye urukundo n’ubupfura urubyiruko rwa AERG na bakuru babo ba GAERG, badahwema kugaragaza bita ku babyeyi bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye.
Urubyiruko rwa AERG na GAERG rwiyemeje gukora ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buri mwaka, nk’ishimwe kuko barokotse kandi bakaba bakomeye.
Gato Marcelline umukobwa w’imyaka 22, ufite ubumuga bwo kutabona ahamya ko kutabona bitabuza umuntu gukora, ndetse ko we umunsi wira akoze imirimo nk’iy’abantu babona.
Perezida Kagame, kuri uyu wa 10 Werurwe 2017 yagiranye ikiganiro n’abanyeshuri, abarimu n’impuguke mu by’ubukungu muri Kaminuza ya Havard muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Abakobwa 14 bahataniye umwanya wa Nyampinga w’u Rwanda 2017, bizihije umunsi Mpuzamahanga w’abagore, basura abagore barwariye mu bitaro bya Muhima banabaha ubufasha.
Ingabo za UN zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, zagejeje mu Rwanda Brig Gen Semugeshi Cômes washakwaga n’ Ingabo za Congo.
Tariki ya 8 Werurwe 2017 ya buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihizwa ku isi hose.
Madame Jeannette Kagame wifatanyije n’abagore kuri uyu munsi mpuzamahanga wabahariwe, yabasabye kuba intwari bafatira urugero kuri bagenzi babo bafite ibyo bagezeho mu myaka ishize.
Minisitiri w’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu muri Mali Mamadou Ismael Konate avuga ko imikorere y’inkiko Gacaca ari umuco mwiza azajyana iwabo.
Perezida Paul Kagame asanga hakiri kare ko Afurika yabazwa icyo itekereza ku mubano wayo na Donald Trump wa Amerika, mu gihe n’abamutoye ubwabo bataramenya neza icyo azabagezaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangaza ko mbere y’ukwezi kwa Gicurasi 2017 bazataha ibiro bishya by’ako karere bizabafasha kunoza imikorere.
Abasaga 887 bamaze gufashwa n’urubuga rw’abagore kuva mu makimbirane yo mu miryango, nyuma yo kugirwa inama no kwigishwa kubana neza.
Mu gihe kitarambiranye, umukozi wa Leta wese uhembwa umushara uri hagati y’ibihumbi 40 kugera ku bihumbi 600 Frw, azoroherezwa kubaka cyangwa kugura inzu uko abyifuza ave mu bukode.
Inteko y’Ibihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EALA) yemeje Itegeko ry’Uburinganira n’Iterambere hagati y’abagabo n’abagore inasaba ko u Rwanda rwabera ibindi bihugu urugero mu kuryubahiriza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko igishishikaje Abanyarwanda ari uguteza imbere u Rwanda kuko nta wundi uzabibakorera.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (GMO) ruvuga ko uburinganire butubahirizwa muri gahunda nyinshi zishyirwa mu bikorwa.
Minisitiri w’Ubutabera n’uburenganzira bwa muntu wa Mali yashimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka nyuma y’igihe gito ruvuye muri Jenoside, akanasaba abatuye Afurika ko yababera isomo, bagakumira ibikorwa bibi nk’iki.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Werurwe 2017, Perezida Kagame ari mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ku Kimihurura, aho agiye gutangiza imirimo y’ Inteko Ishinga amategeko y’Umuryango w’ibihugu byo muri Afurika y’Uburasirazuba (EALA).