Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irakangurira abahohoterwa kujya bagana ibigo bya “Isange One Stop Center” bibafasha byihuse batabanje gusiragira.
Majoro Mvuyekure Pierre uvuga ko yari ashinzwe ubutasi no gutegura urugamba muri FDLR, Segiteri Kivu y’amajyaruguru, yatashye mu Rwanda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka aranenga ababyeyi batita ku bana babo kugeza aho babarutisha amatungo baba boroye.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Nyamasheke baranengwa kwambara imyenda ifite umwanda ibatesha agaciro imbere y’abaturage bikanagira n’ingaruka mbi mu miyoborere.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly avuga ko adatewe ubwoba n’abakobwa bazitabira irushanwa rya Nyampinga w’Isi (Miss World),u Rwanda ruzitabira ku nshuro ya mbere.
Abaturage batandukanye batangiye kugira imitekerereze ya Kinyafurika, nyuma yo gusobanurirwa gahunda ya Ndi Umunyafurika yatangijwe n’umuryango utegamiye kuri Leta Panafrican Mouvement.
Umushinga w’Agatare ukorera mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge witezweho guteza imbere abahatuye, uhageza ibikorwa remezo, unaca akajagari.
Ingabo z’u Rwanda zambutse umupaka wa Rusumo zinjira mu Rwanda nyuma yo gusoza imyitozo izwi nka “Ushilikiano Imara” yaberaga muri Kenya.
Padiri Thomas Nahimana ni umuyobozi w’ Ishyaka “Ishema ry’u Rwanda” akaba n’umuyobozi w’ikinyamakuru “Le Prophète.fr”. Azwiho cyane amagambo y’urwango, ivangura rishingiye ku moko, akaba yanga urunuka Abatutsi n’ubuyobozi buriho.
Abashinzwe kwita ku bafite ubumuga butandukanye mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko hakiri byinshi byo gukora ngo ubuzima bwabo burusheho kugenda neza.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ivuga ko bitemewe gufatira cyangwa gukata umushahara w’umukozi mu gihe yakoze amakosa mu kazi.
COPEDU LTD yitabye urukiko rw’ubucuruzi rwa NYARUGENGE ishinjwa na ADFINANCE LTD kuba ikoresha mu buryo butemewe n’amategeko porogaramu yayo yitwa ADBANKING.
Itsinda rihagarariye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ryasuye Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) i Buruseli rigaragaza uburyo ikibazo cy’abahakana Jenoside giteye inkeke.
Imiryango IBUKA na CNLG, irashimira Kiliziya Gaturika imbabazi yasabye kubera uruhare bamwe mu bayoboke bayo bagize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Abanyarwanda bibumbiye muri Diaspora “Isango” yo muri Centrafrique bishyuriye mituweri abaturage 500, bagizweho ingaruka n’ibiza mu karere ka Gakenke.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko gutoza abana bato kumenya imibare igihugu kigenderaho bituma bavamo abayobozi beza b’ahazaza.
Sosiyete mpuzamahanga ikorera mu Rwanda yitwa IHS, yashyikirije umuryango Imbuto Foundation inkunga y’ibihumbi 30 by’amadolari asaga miliyoni hafi 25 Frw.
Abitabiriye amahugurwa mu kigo cy’amahoro cya Nyakinama (Rwanda Peace Academy) bavuga ko batahanye umukoro wo kurinda abasivili mu bihe by’intambara.
Iyi foto yafatiwe mu Muhanda Karongi- Rusizi . Iragaragaza igikundi cy’abakinnyi b’amagare barangajwe imbere na Mugisha Samuel, aho bari mu gace ka Gatatu ka Tour du Rwanda kavaga Karongi kagana Rusizi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) ku buryo abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi, bwerekana ko abaturage benshi batazi Inama Njyanama z’uturere.
Abaturage bo mu Karere ka Ngoma bifuza ko itorero ry’igihugu ryahera ku bana b’incuke kugira ngo bazakurane umuco wo gukunda igihugu.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse arakangurira abayobozi b’uturere tugize iyo ntara gukorera hamwe nk’abagize ikipe y’abatwara amagare bari mu marushanwa.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bari muri Moroc, i Marrakesh aho bitabiriye inama ya 22 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere (COP 22)
Abarangije kaminuza mu mashami atandukanye bahitamo kongeraho ubumenyingiro kugira ngo babashe kubona akazi cyangwa bakihangire bityo bave mu bushomeri.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Akarere ka Rulindo bugaragaza ko abana 170 bo muri aka Karere batujuje imyaka 18, batewe inda imburagihe.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo kubera guharanira iterambere rishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga mu Rwanda no muri Afurika.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo, batoye Guverineri Mureshyankwano Marie Rose nk’ umuyobozi mushya w’uyu muryango muri iyi Ntara.
Amakuru aturuka mu Karere ka Nyamagabe atangaza ko uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa wako, Nshimiyimana Jean Pierre yeguye ku mirimo ye.
Abaturage bimuwe mu birwa biri mu kiyaga cya Ruhondo, mu murenge wa Gashaki muri Musanze, baratiye abanya-Ethiopia ibyiza byo gukoresha Biogaz.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yabwiye abaturage bo muri Kamonyi ko amafaranga y’ingoboka atangwa muri gahunda ya VUP atagenewe abakuze bose.