Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri gusangiza ibihugu bitandukanye byo ku isi, ubunararibonye mu bya gisirikare bijyanye no kurengera abasivile mu gihe cy’intambara.
Umunyamabanga nshingwabikorwa umwe w’umurenge n’abandi batatu b’utugari bandikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe basaba kwegura ku mirimo yabo k’ubushake.
Abikorera bo muri Rubavu bitabiriye Rwanda Day yabereye i San Fransisco muri Amerika bavuga ko bayungukiyemo byinshi birimo gukora ibiramba.
Perezida Paul Kagame yifurije Perezida Donald Trump amahirwe mu mirimo ye mishya, nyuma yo kwegukana insinzi mu matora y’umukuru w’igihugu ya Leta zunze Ubumwe z’Amerika.
Abanyeshuri batatu bo mu Rwanda batsinze amarushwanwa yo ku rwego rw’isi yo kuvuga no kwandika neza igishinwa.
Mu muhango wo kwakira ku meza Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, yavuze ko Umuryango Imbuto Foundation wamubereye icyitegererezo mu buzima bwe.
Madame Claudine Talon wa Perezida wa Benin, uri mu ruzinduko rw’iminsi itanu rw’akazi mu Rwanda, aherekejwe na Madame Jeanette Kagame basuye ibikorwa bya Isange One Stop Centre iherereye Kacyiru mu Karere ka Gasabo.
Ikibazo cy’amikoro adahagije mu bitangazamakuru ngo kiracyari imbogamizi ikomeye ku iterambere ry’itangazamakuru muri Afurika.
Umuvugizi w’Itorero ADEPR mu Rwanda, Bishop Jean Sibomana atangaza ko ari ngombwa kwita ku burere bw’abana kuko bituma bakurana uburere buzima.
Madame Jeannette Kagame yakiriye Madame Claudine Talon uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.
Raporo ya Banki y’isi ya 2016 muri “Doing Business” yerekana ko u Rwanda rwasubiye inyuma ku bijyanye no gutanga ibibanza byo kubaka.
Abaturage bo muri Gisagara batuye ahagiye kubakwa umudugudu w’icyitegererezo baravuga ko bahangayikishijwe n’amasambu yabo agiye kubakwamo nta ngurane bahawe.
Kuri uyu wa mbere tariki 7 Ugushyingo2016, mu Rwanda harimo kubera ibikorwa byo kwizihiza umunsi Nyafurica w’itangazamakuru.
Abanyeshuri basengera mu itorero rya ADEPR bize n’abiga muri Kaminuza y’u Rwanda batangaza ko kwibumbira mu muryango “CEP” byagiriye akamaro gakomeye Abanyarwanda.
Inteko y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi b’abagore mu Karere ka Kicukiro yiyemeje gushyigikira Perezida Kagame mu matora y’umwaka utaha no kubikangurira abandi.
Guverineri w’Intara y’amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude niwe muyobozi mushya w’umuryango FPR-Inkotanyi muri iyo ntara, asimbuye Bosenibamwe Aimé wayiyoboraga.
Urubyiruko rwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu miryango ya AERG na GAERG rwatangiye urugendo rw’iminsi 18 mu gihugu cy’u Bufaransa, aho rugiye kuzenguruka mu bice bitandukanye by’icyo gihugu ruvuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyarwanda Landry Mayigane uba mu gihugu cya Mali, waje mu rubyiruko 100 rw’indashyikirwa muri Afurika (100 Most Influential Young Africans) 2015, avuga ko aheshwa ishema no kwitwa umunyarwanda.
Minisiteri y’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yahaye ibikoresho bitandukanye abaturage bo muri Rwamagana bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi igwa.
Ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Unit Club umaze wubaka ubumwe mu Banyarwanda, ubuyobozi bw’uyu muryango bwashimiye Abanyarwanda n’abanyamahanga 17 bagaragaje ubutwari bwo kwitangira abandi mu bihe byashize.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abitabiriye isabukuru y’imyaka 20 y’Umuryango Unity Club, kurushaho kuba umwe no kubitoza abo bashinzwe.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mme Seraphine Mukantabana aragereranya abatemera ibyo u Rwanda rwagezeho n’abahanuzi b’amakuba.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko kuzaraga abana igihugu bisanzuyemo, bakorera bakunze kandi cyibahesha ishema n’isheja ari inshingano za buri mubyeyi.
Nyuma yo gusoza amahugurwa yo gusudira mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Tumba(TCT) riherereye muri Rulindo, abanyeshuri bahawe inkunga y’ibikoresho bya Miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Ndaro muri Ngororero baravugwaho kuba nyirabayazana bo gutuma abagabo bata ingo zabo kubera kubahohotera.
Impunzi z’abanyekongo ziba mu nkambi ya Mugombwa muri Gisagara zirifuza kuryama ku mifariso zigaca ukubiri na nyakatsi yo ku buriri.
Mu ma saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa Kane tariki ya 03 Ugushyingo 2016, ni bwo amakuru y’Urupfu rutunguranye rw’ Umunyemari ukomeye mu Rwanda Makuza Bertin yamenyekanye.
Intore z’abanyamakuru zitwa Impamyabigwi zishyuriye miliyoni 1RWf ababyeyi babyariye mu bitaro bya Muhima ariko bakananirwa kubyishyura.
Abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare muri Afurika(ACoC), biyemeje gusenyera umugozi umwe mu gukemura ibibazo by’umutekano muri Afurika.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko babangamiwe na bagenzi babo baboneshereza imyaka ariko ubuyobozi ntibubahane.