Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyoseze ya Byumba avuga ko abantu nibahinduka bakumvira Imana aribwo amakimbirane agaragara mu miryango azacika.
Urubyiruko rwiga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare (GSOB) “Indatwa n’Inkesha” biyemeje kuzakora itangazamakuru rizajya riba ikiraro hagati y’ubuyobozi n’abaturage nibamara kugera mu kazi.
Polisi y’igihigu ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abantu bane bakurikiranweho kugurisha inzitiramibu zari zigenewe abaturage.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu Buhinde aho yitabiriye inama ya munani ya "Vibrant Gujarat Global Summit" yiga ku iterambere ry’ubukungu burambye.
Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wakiriye umugogo we, kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2017.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira kuba barakuriweho ikimoteri cyari hagati y’ingo bikababangamira.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Rwamagana bavuga ko muri uwo mujyi hagaragara umwanda kubera ko nta kimoteri rusange bashyiramo imyanda gihari.
Mu butumwa bwifuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire wa 2017, Twagiramungu Faustin uyobora ishyaka RDI ritaremererwa gukorera mu Rwanda, yatangaje ko umwaka wa 2016 wasize ibikorwa by’ingirakamaro, bigomba kongerera u Rwanda ishema mu ruhando rw’amahanga.
Ikigo 94Histudio gikora ibijyanye na filime n’umuziki, cyemeye gutunganya ku buntu indirimbo 20 zo Kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bukuru bwa Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu z’amashanyarazi (EUCL) iramenyesha abafatabuguzi bayo ko kugura amashanyarazi byongeye gukora nkuko byari bisanzwe.
Abatuye umurenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara,baravuga ko iteme n’umuhanda bibahuza n’umurenge wa Mugombwa ryangiritse bikadindiza ubuhahirane.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barishimira amahirwe bahawe yo kwandikisha abana mu gitabo cy’irangamimerere.
Mu mukwabu ngarukamwaka wiswe “Fagia” Polisi y’u Rwanda ifatanije na Polisi mpuzamahanga (Interpol) yafashe ibiciruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka miliyoni 140.6RWf.
Urwego ngenzuramikorere ruzwi nka RURA, rubicishije mu itangazo rwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama 2017, rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peterori mu Rwanda byazamutse.
Bamwe mu bakoze imirimo yo kubaka mu muhanda Save-Mamba-Gikonko mu Karere ka Gisagara bahangayikishijwe no kuba umwaka urangiye batabonye amafaranga bakoreye.
Abaturage bo mu Murenge wa Remara mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kutagira umuriro w’amashanyarazi n’amazi bibadindiza mu iterambere.
Abari mu isengesho ryo gusabira abarwayi kwa Yezu Nyir’Impuhwe mu Ruhango banyagiwe n’imvura irimo amahindu, bayifata nk’umugisha bagendeye k’ukuntu yari yarabuze
Shyaka Kanuma uyobora Ikompanyi yitwa Rwanda Focus Limited, akaba na Nyir’ igitangazamakuru cyitwa The Rwanda Focus giherutse gufunga imiryango, yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu akurikiranyweho ibyaha birimo kutishyura imisoro, ndetse no gukoresha impapuro mpimbano.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Ukuboza rishyira tariki ya 1 Mutarama 2017, Mu Mujyi wa Kigali habaye ibirori bitandukanye bisoza umwaka, byagaragaza ibyishimo n’umunezero abantu binjiranye mu mwaka wa 2017.
Perezida wa Repubulira Paul Kagame arahamagarira Abanyarwanda kurushaho gukora cyane mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’u Rwanda.
Muri uyu mwaka dusoza, u Rwanda rwaranzwe no gufata imyanzuro ikomeye ku bukungu bwarwo ndetse runatsura umubano n’ibindi bihugu byinshi birimo n’iby’ibihangange.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ibicishije mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, yatangaje ko umuganda rusange usoza ukwezi k’Ukuboza uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu uzakorerwa mu ngo, abantu basukura aho batuye.
Abakora isuku mu muhanda Musanze- Cyanika mu rusisiro rwa Kidaho barasaba kongezwa amafaranga y’umushahara kuko bavuga ko ayo bakorera atabatunga.
Ababyeyi basiga abana ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo (DRC) bagiye gucuruza i Goma, bagiye gushyirirwaho amarerero bazajya basigamo abana babo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko urwego rw’imari rwazamutse muri uyu mwaka wa 2016, bikagaragazwa n’uko amabanki, ibigo by’imari n’iby’ubwishingizi byazamuye umutungo wabyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko nubwo hari abakozi bagera kuri 47 beguye, nta cyuho basize kuko ngo hari abo bakoranaga basigaye bakora.
Bamwe mu bakecuru batanze umusanzu bahabwa ku nkunga y’ingoboka mu Karere ka Nyamagabe, bifuzwa gusubizwa amafaranga yabo, kuko batizeye ko bazazibamo kubera izabukuru.
Uwanyirigira Consolée wo mu Karere ka Muhanga yatangaje ko yigiye ku muco wa Perezida Kagame wo gusangira n’abana Noheli n’Ubunani, akabitangiza muri Muhanga.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), riratangaza ko umugororwa witwa Simbarikure Theodore wari ufungiye muri gereza ya Rusizi, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kubera gutoroka.
Nyuma gukorerwa ubuvugizi n’itangazamkuru Surwumwe Fabien utuye mu Karera Kamonyi, yubakiwe inzu ava aho yabaga mu nzu isaje, yamuviraga.