Madame Jeannette Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Djibouti, aho yaherekeje Perezida Kagame, yeretswe uburyo abagore bo muri icyo gihugu biteza imbere.
Akanama k’umutekano n’amahoro k’Afurika Yunze Ubumwe (AU) karahamagarira ibihugu byo muri Afurika bicumbukiye abakoze ibyaha bya Jenoside kubacira imanza cyangwa bikabohereza mu Rwanda.
Kuva KT Radio yatangira kumvikana mu gace k’Iburengerazuba bw’igihugu, abagaturiye bemeza ko batangiye kumva ibiganiro n’amakuru bishya batari basanzwe bamenyereye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Abaturage bo mu Murenge wa Save muri Gisagara bafite umuyoboro w’amazi mu ngo bavuga ko bahangayikishijwe n’igiciro cy’amazi cyazamuwe batabimenyeshejwe.
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero yitabye Imana azize indwara.
Abambasaderi b’u Bushinwa n’u Buhinde biyemeje gutanga umusanzu wabo ku iterambere ry’u Rwanda, bagendeye ku mibanire ibihugu byabo bisanzwe bifitanye n’u Rwanda.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko umunyamakuru u Rwanda rukeneye ari uharanira inyungu z’igihugu kandi agaharanira ukuri.
Umuryango w’Abanyamategeko barangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa 1999, washumbushije Mukulira Ferdinand warokotse Jenoside, inka nkuru ihaka.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko gukorera ibikorwa by’amasengesho ku kazi ka Leta bihagaritswe burundu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Umugabo witwa Tujyinama Silas ufite imyaka 64 yemereye imbere y’abaturage ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari mu gitero cyishe abantu 10, we ku giti cye akaba yarishe babiri muri bo.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe avuga ko kuba abasirikare b’Abafaransa baragambaniye Abasesero bakicwa, babikoze bagamije kwihimura kuko bari baratsinzwe.
Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rugiye kongera kwakira inama yiswe “Transform Africa” igamije kongera umuvuduko w’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri Afurika.
Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) Prof. Shyaka Anastase, atangaza ko imiyoborere myiza ari cyo gisubizo kirambye cy’iterambere ry’u Rwanda na Afurika.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Mata 2017, Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki .
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Paul Kagame yazamuye mu ntera aba-ofisiye bato 407 ba RDF.
Abarangije amahugurwa yo gufotora bahabwaga n’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd bavuga ko yabunguye byinshi batari bazi mu mwuga wabo wo gufotora.
Hirya no hino mu gihugu Abanyarwanda batangiye icyumweru ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Amakuru dukesha Urubuga rwa Interineti rw’Umuryango w’Abibumbye (U.N), aratangaza ko Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi, yagizwe Umugaba w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Sudani y’Amajyepfo zizwi nka (UNMISS).
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yayoboye inama nkuru ihuza abayobozi b’ingabo z’u Rwanda.
Col. Chance Ndagano yagizwe umuyobozi w’agateganyo wa sosiyete y’ingendo zo mu kirere RwandAir, asimbuye John Mirenge wari umaze imyaka irindwi ayiyobora.
Senateri Gakuba Jeanne D’arc yatorewe kuba muri biro y’ihuriro rihuza abagore bari mu Nteko Zishinga Amategeko ku isi ahagarariye igice cy’Afurika.
U Rwanda na Congo basinye amasezerano azamara imyaka itanu yo gufatanya gushaka Peterori mu Kiyaga cya Kivu.
Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda barasaba guverinoma gushyiraho ingamba zihamye zigabanya umuvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage kuko uhangayikishije.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba Papa Francis yaremeye ko Kiriziya Gatolika yakoze amakosa muri Jenoside ari igikorwa cyo kwishimirwa.
Perezida Paul Kagame yasabye Papa Francis kuzasura u Rwanda, nyuma y’uko nawe yari yamutumiye i Vatican mu minsi ishize.
Abantu bafite ubumuga bwo kutabona bifuza ko bashyirirwaho uburyo bw’amajwi bwakoreshwa kugira ngo bamenye abakandida bityo bitorere ubwabo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro imirimo y’Ikigo gikomeye giteza imbere imibare n’ubumenyi muri Afurika (AIMS) kimuriye icyicaro cyacyo mu Rwanda.
Urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na kaminuza rweretswe uburyo Afurika yava mu gisa n’ubukoroni, ikigira idategereje ibiva hanze yayo.
Urubyiruko rurahamagarirwa guhangana n’abagishaka kurubibamo ingengabitekerezo ya Jenoside kandi rukabwiza ukuri isi ku mateka y’u Rwanda.