Abitabiriye inama ya Transform Africa iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatatu bakiriwe baranataramirwa mu birori bigaragaza umuco Nyarwanda.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou na Perezida wa Djibuti Ismaïl Omar Guelleh, bakiriwe ku kibuga cy’indege cy’i Kanombe, aho baje kwitabira inama ya Transform Africa iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatatu.
Minisiteri y’Urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yamuritse igitabo gikubiyemo ishusho mbonera y’ibizagira umujyi uboneye uzaba uri muri gahunda yiswe “Smart Cities”.
Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ba Afurika ko guhindura Afurika kwiza bigomba kujyana no gushyiraho uburyo buha abaturage imitekerereze ishaka ibisubizo.
Amatsinda ane y’urubyiruko yahize abandi mu irushanwa rya iAccelerator, yamurikiye abashoramari batandukanye aho iterambere ry’imishinga mu gukemura ibibazo ku buzima bw’imyororokere igeze ishyirwa mu bikorwa.
Bamwe mu baturage bo muri Kamonyi bavuga ko kubura amafaranga yo kwishyura mu ihererekanywa ry’ubutaka bituma batunga ubutaka butabanditseho.
Gen Romeo Dallaire yasabye ingabo zo mu karere u Rwanda ruherereyemo gushaka uburyo bushya bwo gukumira intambara n’ubwicanyi bitaraba.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rusizi batagiraga aho baba bashyikirijwe inzu bubakiwe.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itangaza ko igiye kujya ifatira ibihano ba rwiyemezamirimo batishyura abakozi baba bakoresheje.
Perezida Paul Kagame yasabye abagize komisiyo ishinzwe ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, guca imvugo y’uko Abanyafurika ari bo bitera ibyago.
Mu gitondo cya kuri iki cyumweru imwe nzu za Hotel La Palisse iherereye mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Abakozi ba UAE Exchange ikigo mpuzazamahanga cy’imari gifite ishami mu Rwanda, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bunamira Abatusi basaga ibihumbi 250 bahashyinguye.
Ababyeyi babiri bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Karere ka Nyagatare, borojwe inka na East African University Rwanda, zifite agaciro ka 500,000Frw.
Icyamamare mu gukina ikinamico no kwamamaza Mukeshabatware Dismas yatangaje uburyo kwamamaza ipamba byari bitumye afungwa.
Madame Jeannette Kagame ahamya ko guha uburezi umwana w’umukobwa ari ingirakamaro mu kurwanya ihohoterwa aho riva rikagera.
Abaturage bo mu murenge wa Jarama muri Ngoma bubakiwe inzu na Croix-Rouge batangaza ko bongeye kugira icyizere cyo kubaho.
Kiliziya gatorika mu Rwanda yavuye ku izima yemerera mu ruhame abihayimana bayo gutobora bakavuga ku ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hagamijwe gukomeza kubaka ubumwe Abanyarwanda bamaze imyaka baharanira.
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu, ingabo zahoze ari iza RPF Inkotanyi zamazemo imyaka ine zikarutsinda, ubu ngo zashyize imbaraga mu gufatanya n’abaturage bakiyubakira igihugu, babicishije muri Gahunda ngarukamwaka yiswe Army Week.
Abagize Akanama gashinzwe amahoro n’umutekano ka Afurika yunze ubumwe (AU) bavuga ko Perezida Kagame yabagiriye inama yo gukomeza kuganira ku bibazo byugarije uyu mugabane.
Imibare itangazwa n’ikigo cya Iwawa igaragaza ko abangana na 293 mu barenga 1800 barangije muri icyo kigo badafite aho bataha.
Mu gutangiza Army week, mu Murenge wa Huye bashije banacukura umusingi w’ahazubakwa ivuriro (poste de santé) mu Kagari ka Nyakagezi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiye kwakira abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu 54 bya Afurika kugira ngo baganire ku ishyirwa mu bikorwa ry’ivugururwa rya Afurika yunze Ubumwe.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi mu Rwanda (EU) wafunguriye amarembo Abanyarwanda bose babyifuza kuzaza kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 umaze ubayeho.
Abahwituzi b’imirenge itandukanye yo mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko akazi bakora bagakunze ariko bifuza ko bajya bagenerwa agahimbazmusyi buri kwezi.
Umugenzuzi w’imari ya Leta yatahuye ko hari abantu n’ibigo bakoresha amazi abarirwa ikiguzi cya miliyari zikabakaba 9RWf buri mwaka kandi ntibishyure.
Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EALA) igiye gutangira gukoresha gahunda y’iya kure (Video Conference) mu nama zayo, hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’amikoro make.
Impunzi z’Abanyarwanda 10 ziri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije kureba isura nyayo y’u Rwanda nyuma y’imyaka 23 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Abaturage bo muri Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba basanga gahunda yo kugayira mu ruhame abagabo bahohotera abagore izagabanya amakimbirane mu miryango.
Nyuma y’uko muri 2007 nta nkura y’umukara yari isigaye muri Parike y’Akagera, kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017 zongeye kuhaba ziturutse muri Afurika y’Epfo.
Babiri muri ba bana bane bavutse batagejeje igihe bitabye Imana; nkuko amakuru aturuka mu bitaro bya Kaminuza i Butare (CHUB) abisobanura.